Mu gihe amakipe yo mu Rwanda akomeje kwiyubaka agura abakinnyi hirya no hino, ubu amakuru avugwa cyane ni umukinnyi Jules Ulimwengu bivugwa ko ashobora kwerekeza muri APR FC.

Uyu rutahizamu ugifitiye Rayon Sports amaseserano y’umwaka umwe, byavugwaga ko ashobora kwerekeza muri APR FC mu buryo busa n’ubwo Manishimwe Djabel yakoresheje ajya muri APR FC, aho yabanje kuvuga ko agiye muri Gor Mahia yamara kubona urupapuro rumurekura agahita ajya muri APR FC.
Mu kiganiro twagiranye na Jules Ulimwengu nyuma y’imyitozo yo kuri uyu wa mbere, yadutangarije ko atigeze avugana na rimwe n’umuntu wo muri APR FC, usibye kubyuma mu itangazamakuru.
"Nta na rimwe ndavugana n’umuntu wo muri APR FC, iyo gahunda ntayo mfite nanjye nabyumvise mu itangazamakuru, nkabona n’abantu babinyoherereza"
"Hari amakipe yanyifuje ariko nta kipe yo mu Rwanda kuko ndacyafite amasezerano y’umwaka umwe, ubu icyo nshyize imbere ni ugufatanya na Rayon Sports tukitwara neza mu mikino ya CAF Champions League"

Kuri Jules Ulimwengu, bivugwa ko hari ikipe yo muri Maroc yamwifuzaga, nyuma Rayon Sports ibaca ibihumbi 200 $, ndetse bayimenyesha ko ku rupapuro rumurekura hazandikwaho ko iyi kipe itemerewe kumugurusha mu Rwanda mbere y’imyaka ibiri, usibye igihe yaba agarutse gukinira Rayon Sports.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Uwashyize ako gaclose muri contract ya jule ulimwengu ambipe ndamuhamagara kandi abikore yageretse akaguru kukandi aho afatira rimwe bill ni iyange,I like that!!
Nimwiturize murebe champions igiye kuza aho ngukubitira umukeba akanya yasobanukirwa amakosa yakoze!
Guys,ntabeshye kimenyi na muhadjili nibo bandwazaga umutima kuri ubu baraje babakumbure!
Kugira natera mu izamu akabona igitego mu irushanwa iryo ariryo ryose mbere y’imyaka 3 bazamuhe ballon d’or
APR Fc mutyaze amenyo ngo muzarya Ruhaya!
Jire ulimwengu nirutahizamu mw,iza Aprfc iramutse imusinyishije yaba ariby,iza cyne