Umuhanzi w’icyamamare mu muziki wa Afurika, David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido, yageze mu Rwanda aho aje mu gitaramo kizasoza Iserukiramuco rya ‘Giants of Africa Festival’.
Hashize iminsi itari mike Abanyarwanda batandukanye bibaza imyambarire ikwiye n’idakwiye aho abantu bamwe bakumiriwe bazira kwambara nabi ariko ntihasobanurwe imyambarire ikwiye n’idakwiye.
Ikipe ya Rayon Sports yabonye umutoza mushya wungirije, Mohamed Wade, ugiye gusimbura Rwaka Claude wajyanywe mu ikipe y’abagore.
Inteko Rusange ya Sena yemeje Mugabowagahunde Maurice ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla ku mwanya wa Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari Abasirikare na Dr. Mugenzi Patrice ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’Ikigo gishinzwe amakoperative mu Rwanda.
Abaturage batuye mu Kagari ka Makurizo ho mu Mudugudu wa Nyamugari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavumbuye ibisasu byari bihishwe muri ako gace.
John Mirenge yashyikirije Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, H.H. Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda nka Ambasaderi mushya mu bihugu by’Abarabu.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, ntiyahiriwe n’umunsi wa mbere w’Igikombe cy’Afurika CAVB NATIONS CHAMPIONSHIP 2023, nyuma yo gutsindwa na Kenya ameti 3 ku busa.
Urukiko rw’ibanze rwa Muhanga rwahamije Ndababonye Jean Pierre Alias Kazehe, icyaha cyo kwica bidaturutse ku bushake, abana 10 barohamye muri Nyabarongo mu Murenge wa Mushishiro.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Kanama 2023, kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo, habereye inama yahuje ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, abamotari bawukoreramo, urwego ngenzuramikorere (RURA) na Polisi y’u Rwanda, baganira ku bibazo by’umutekano, isuku ndetse n’imikorere iboneye igomba kuranga abamotari.
Abantu 27 baguye mu mirwano yabereye i Tripoli muri Libya, mu gihe abandi 106 ari bo bakomeretse. Ni imirwano yatangiye nyuma y’uko Colonel Mahmoud Hamza, uyobora Brigade ya 444, atawe muri yombi bikozwe n’ingabo zihariye za Radaa ‘la Force al-Radaa’.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Kanama 2023, Ambasaderi Einat Weiss yashyikirije Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Biruta Vincent, impapuro zimwemerera guhagararira Israel mu Rwanda.
Nkurunziza Augustin uzwi kwizina rya Producer Papito, akaba umwe mu batunganya indirimbo mu Rwanda, yagaragaje ko abahanzi Nyarwanda kugira ngo batere imbere bagomba kwigira ku bo mu bindi bihugu.
Bruce Melodie, Knowless na Nel Ngabo begukanye ibihembo bya ‘East Africa Arts Entertainment Awards (EAEA)’, byatangiwe i Nairobi muri Kenya ku wa Mbere tariki 14 Kanama 2023.
Ikinyamakuru ‘Tuko’ cyandikirwa muri Kenya cyatangaje ko byari nk’igihu cy’agahinda cyabuditse ku Mudugudu umwe wo muri Kawunti ya Kilifi, ubwo imbaga y’abantu bari baje kwifatanya n’umuryango wapfushije abana bawo batanu bapfuye umunsi umwe bishwe n’ibihumyo.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yasabye amakoperative y’abatwara abantu n’ibintu ku igare ndetse n’ubuyobozi bwite bwa Leta gufasha abatwara abantu ku magare koroherezwa kwiga amategeko y’umuhanda.
Gen (Rtd) Romeo Dallaire wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, n’umwanditsi w’ibitabo, Ishmael Beah, basabye urubyiruko rw’Abanyarwanda gukoresha amahirwe yose bafite mu kugera ku iterambere ryose rishoboka.
Umunyarwenya ukomoka muri Uganda, Patrick Salvado Idringi uri no mu bafite izina rikomeye mu karere ka Afurika y’iburasirazuba, yavuze ko inzozi ahorana mu buzima ari uguhura na Perezida Paul Kagame.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abaturage baturiye imirenge ya Rugerero, Kanama na Nyundo aharimo kwimurwa abaturage bari baturiye umugezi wa Sebeya kutabahenda ahubwo bakabafasha kubona aho kuba kuko bakeneye gufashwa aho guhendwa.
Mu Karere ka Kamonyi Umurenge wa Gacurabwenge Akagari ka Kigembe Umudugudu wa Buhoro, tariki 16 Kamena 2023 habereye impanuka y’imodoka ebyiri zagonganye abantu 5 barakomereka bikomeye, abandi 13 bakomereka byoroheje.
Nyuma y’iminsi abakunzi b’umuziki muri Tanzaniya bategereje kumenya gahunda y’iserukiramuco ngarukamwaka rya ‘Wasafi Festival’, Wasafi Media yasohoye urutinde rw’abahanzi bazaririmba muri iryo serukiramuco.
Ku wa 10 Kanama 2023, nibwo urukiko rw’ibanze rwa Kabarondo, rwemeje ko abagabo batatu Ubushinjacyaha bukurikiranyeho icyaha cyo kwica umwana w’umukobwa bamaze kumusambanya, bakurikiranwa bafunze.
Umuhanzi w’icyamamare Alpha Blondy, uvuka muri Côte d’Ivoire, akaba na Ambasaderi w’amahoro muri icyo gihugu yatanze ubutumwa mu buryo bwa videwo, asaba umuryango w’Ubukungu bw’ibihugu bya Afurika y’Uburengerazuba CEDEAO, kudashoza intambara ku gihugu cya Niger, anongeraho ko uwo muryango uramutse ubirenzeho waba ukoze ikosa (…)
Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefoni n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony J. Blinken, byibanze ku bibazo by’umutekano muke muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, yashoje Imurikagurisha(Expo) rya 26 ryari rimaze ibyumweru bibiri birenga ribera i Kigali, yemeza ko rizimurwa aho risanzwe ribera i Gikondo mu gihe kiri imbere.
Kuri uyu wa Kabiri ariki 15 Kanama 2023, Polisi y’u Rwanda Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yerekanye ibinyabiziga birimo moto 164 n’imodoka 39 byafashwe ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 14 Kanama, abayobozi babyo badacanye amatara. Iki gikorwa cyabereye mu Gatsata mu Karere ka Nyarugenge ahitwa ku Bigega bya Essence.
Akenshi muri sosiyete nyarwanda, ufite ubumuga bwo mu mutwe baramwitaza, kabone nubwo yaba nta mahane afite, nyamara afashijwe aho guhabwa akato, yigirira icyizere akaba yakora ibiri mu bushobozi bwe byamufasha mu mibereho ye.
Abantu 20 mu biyise imparata bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nibo bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kwangiza ibidukikije n’ibikorwa remezo.
Mu gihe abakunze kujya i Kibeho bahakura amazi yo ku Isoko ya Bikira Mariya, bavuga ko yagiye abakiza byinshi, hari n’abahakura ibumba bavuga ko baryifashisha iyo barwaye bagakira.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Kanama 2023, yakiriye Gen (Rtd) Roméo Dallaire, washinze Dallaire Institute for Children, Peace and Security uharanira kurwanya ikoreshwa ry’abana mu gisirikare, ndetse no kugarura amahoro n’umutekano.
Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ukinwa umuntu agenda bisanzwe, ugakinwa n’abakuze, igiye kwitabira Igikombe cy’Isi (World Nations Cup) kizabera mu Bwongereza, kikaba kizaba kibaye bwa mbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye kwegurira abikorera amavuriro mato (Postes de Santé) adakora neza, mu rwego rwo kuyashakira abakozi bashoboye kandi bavura abaturage buri munsi.
Leta y’u Rwanda yajyanye impunzi z’Abanyekongo 1,007 bari mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira, mu nkambi ya Kiziba iri mu Karere ka Karongi mu kugabanya ubucucike.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo-Rwanda, cyari cyatangaje ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Kanama 2023 hagati ya saa sita(12:00) na saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18:00) hateganyijwe imvura mu turere twose tw’Igihugu.
Muri gahunda yo kongera umusaruro hagendewe ku makuru y’iteganyagihe, abafite ubuhinzi n’ubworozi mu nshingano (abafashamyumvire) bo mu mirenge yose igize Akarere ka Burera, bashyikirijwe impano ya telefoni bagenewe n’Umukuru w’igihugu.
Umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida wa Madagascar witwa Romy Andrianarisoa ari kumwe n’Umufaransa witwa Philippe Tabuteau, yafatiwe mu Bwongereza akekwaho kuba yaratse ruswa kugira ngo atange ibyangombwa byo gucukura amabuye y’agaciro, aho bikekwa iyo ruswa yayatse itsinda rya sosiyete zo mu Bwongereza zicukura amabuye (…)
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangije ibiganiro by’iminsi ibiri byo kugenzura umusaruro watanzwe n’ubuyobozi bwa Gisirikare mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri kuva Gicurasi 2021.
Abaraperi bakomoka muri Afurika y’Epfo, Nasty C na Cassper Nyovest bagiye guhurira mu gitaramo cyiswe ‘Ferwaba All Star Game Concert’ kizabera muri BK Arena tariki 23 Nzeri 2023.
Mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze, hadutse ubujura budasanzwe, aho abajura bamara kwiba ibitoki bagatwara n’imitumba y’insina, aho ngo bayifata nk’imari ikomeye bagurisha aborozi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yasabye abikorera guhanga imirimo ishingiye ku ikoranabuhanga no gukora mu buryo budasanzwe hagamijwe gukemura ikibazo cy’ibura ry’imirimo.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yatangaje ko bifuza ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabera isomo amahanga n’Isi yose, mu gukumira ibindi byaha n’ubwicanyi bufite isura nk’iyayo, aho bushobora kuba.
Umunyarwandakazi Denyse Uwimana wapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko nyuma yo kubura umugabo we n’abagize umuryango we yahuye n’igikomere gikomeye cyo kumva atakongera kuvugana n’abamwiciye n’abafitanye amasano nabo, ariko aza gukira icyo gikomere.
Mu bugenzuzi buri gukorwa n’intara y’Iburasirazuba mu bigendanye n’isuku bwasize ba gitifu 3 b’ibirenge ndetse n’abagitifu b’utugari gahagaritswe by’agateganyo kubera kutubahiriza neza inshingano z’akazi.
Itsinda ry’abaririmbyi bakora umuziki uhimbaza Imana, basusurukije abitabiriye igitaramo kibanziriza umunsi w‘Ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya uzwi nka Asomusiyo, wizihizwa buri tariki ya 15 Kanama mu myizerere Gatolika.
Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée avuga ko imibare igaragaza igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda cya 94% atayemera kubera ingengabitekerezo ya Jenoside ikigaragara haba mu bakuru no mu bana.
Masai Ujiri washinze umuryango Giants of Africa ufite intego yo guteza imbere impano z’urubyiruko rwa Afurika muri basketball, ni Umunyakanada ukomoka ku mubyeyi w’Umunyanigeriya Michael Ujiri n’Umunyakenyakazi Paula Grace, bombi bafite ubwenegihugu bw’U Bwongereza.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga, bakiriye Lt Gen (Rtd) Roméo Dallaire n’itsinda bari kumwe.
Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Kanama 2023, abakirisitu Gatolika baturutse mu bihugu bitandukanye ndetse no mu bice bitandukanye by’u Rwanda, bamaze kugera ku butaka butagatifu i Kibeho, kwizihiza umunsi mukuru w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya (Assumption).
Ihuriro Nyafurika riteza imbere Ubuhinzi (AGRA), ririzeza Guverinoma y’u Rwanda n’urubyiruko ruri mu buhinzi rugera ku bihumbi 132 rwiganjemo abagore bato n’abakobwa, igishoro kingana na Miliyoni 50 z’Amadolari ya Amerika, kuva muri 2023-2027 (asaga Miliyari 60Frw).
Abagore bacururiza imbuto n’imboga mu isoko ry’ibiribwa rya Musanze, babangamiwe n’ibihombo bakomeje guterwa n’amafaranga bakwa atajyanye n’inyungu bakura mu bucuruzi, abenshi bikaba bikomeje kubagiraho ingaruka zituma basezera ako kazi.
Imibare yatangajwe n’ubuyobozi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, yerekana ko abamaze kwicwa n’inkongi z’umuriro zimaze iminsi zibasiye Hawaï ari 96. Ariko uwo mubare ngo ukaba ushobora kwiyongera, kuko igice gito ari cyo kimaze gukorerwamo ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abishwe n’inkongi.