Urwego rw’Igihugu rushinzwe Isanzure(RSA) rwagaragarije Umujyi wa Kigali uburyo amashusho ruhabwa n’ibyogajuru azaworohereza gufata ibyemezo bihamye, harimo n’uburyo bwo kumenya hakiri kare abubaka mu kajagari.
Mu Rwanda hagiye kubera inama mpuzamahanga y’iminsi itatu, ihuje abashakashatsi ku ndwara zitandukanye, bamaze kwandika inyandiko zitanga ibisubizo ku bibazo byinshi byugarije urwego rw’ubuzima, mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga Kazungu Denis iminsi 30 y’agateganyo, akaba akurikiranyweho icyaha cyo kwica abantu 14.
Ni ibyatangarijwe mu inama yateguwe n’Umuryango ACORD, yahuje imiryango itari iya leta hagamijwe kwerekana ikibazo cyo guhuza ihindagurika ry’ibihe ingaruka zabyo ku burenganzira bw’abagore n’abakobwa ndetse n’uburyo umugore agomba kugura uruhare mu kurengera ibidukikije.
Inzu ikorerwamo ibintu bitandukanye harimo n’aho bateguraga gushyira akabari, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa sita z’amanywa kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Nzeri 2023.
Mu mpera z’Icyumweru dusoje Ambasade y’u Rwanda muri Switzerland n’inshuti zayo bizihije isabukuru y’imyaka 35 y’umuryango Urunana.
Mu mujyi wa Kigali mu muhanda munini Kigali-Rwamagana kuri uyu wa kabiri tariki 26 Nzeri 2023 habereye impanuka y’ikamyo ahitwa Bambino mu kagali ka Nyagahinga umurenge wa Rusororo, mu karere ka Gasabo, ikomerekeramo abantu bane ituma umuhanda Kigali - Rwamagana udakomeza kuba Nyabagendwa.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres arasaba ibihugu guhagarika gukora intwaro za kirimbuzi kuko ziri mu byangiza ubuzima bw’abantu.
Umushinga wa Leta y’u Bwongereza utera inkunga Uburezi bw’u Rwanda, uzwi nka Building Learning Foundations (BLF), wasoje ibikorwa byawo, abakoranye na wo basabwa kwita ku bwo ubasigiye.
Urubyiruko rusoje amashuri yisumbuye rwo mu Karere ka Musanze, rwatangiye Urugerero rudaciye ingando, ruvuga ko rugiye gukorana umurava rukagaragaza umusanzu ufatika mu gusubiza ibibazo byugarije abaturage, mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’Igihugu.
Bimwe mu byo mwarimu akeneye kugira ngo abashe gutanga uburezi bufite ireme, harimo no kwifashisha ikoranabuhanga mu gutegura no kwigisha amasomo, nk’uko impuguke mu burezi zibigaragaza.
Umwali Epiphanie wamenyekanye cyane nka Umwali Fanny, ni umwe mu Banyarwanda banyuze mu buzima bugoye bakiri bato kubera amateka y’igihugu yijimye yaranzwe n’ivanguramoko ryatumye igice kinini cy’Abanyarwanda bajya mu buhungiro bakagirirayo ubuzima bugoye.
Umujyi wa Kigali watangaje ko hari imihanda itatu igiye kuzajya iharirwa imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange gusa, cyane cyane mu masaha yo kujya no kuva mu kazi, ibyo bikazakorwa nka bumwe mu buryo bwo gukemura ikibazo cy’umuvundo w’imodoka.
Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Tanzania, Harelimana Fatou, yashyikirije Perezida Samia Suluhu Hassan, impapuro zimwererera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
Abagore 10 bo mu Mudugudu wa Gihorobwa, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare, bari mu gihirahiro nyuma yo guha amafaranga umuntu batazi wiyise umukozi w’umushinga ugamije guteza imbere ubuhinzi bugamije ubucuruzi no kugabanya ibibubangamira (CDAT) mu Murenge wa Rwempasha, wabizezaga ko bazabona amafaranga menshi (…)
Bimwe mu bihugu ya Afurika byohereje intumwa zabyo mu Rwanda, mu mahugurwa y’icyumweru, mu rwego rwo gushakira hamwe umuti w’ikibazo cyugarije Afurika cy’abana bakomeje gushorwa mu gisirikare no mu mitwe yitwaje intwaro.
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zari ziri muri Niger, zigiye gusubira mu gihugu cyazo ndetse na Ambasaderi w’u Bufaransa muri Niger agasubira i Paris bitarenze impera z’uyu mwaka wa 2023.
Mu mpera z’iki cyumweru mu mujyi wa Kigali no mu karere ka Bugesera habereye isiganwa ry’imodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally, isiganwa ryasusurukije benshi
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukarutesi Vestine, yabwiye Kigali Today ko inzu z’abaturage 11 arizo zangijwe n’umutingito hamwe n’ibyumba bibiri by’amashuri, ariko barimo gushaka uburyo bisanwa byihuse.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yagaragaje ibyashingiweho kugira ngo inzibutso 4 za Jenoside yakorewe Abatutsi, zishyirwe mu murage w’Isi na INESCO.
Abaturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, by’umwihariko abagore, barishimira kongera kugira uburenganzira, nyuma y’uko ibyangombwa byabo by’irangamimerere bitwitswe n’abacengezi, bakaba barongeye kubihabwa.
Abaturage bo muri tumwe mu Tugari two mu Karere ka Gakenke, turimo aka Ruhinga n’aka Rugimbu mu Murenge wa Kivuruga, bahangayikishijwe no kuba imbuto n’inyongeramusaruro bari barijejwe kwegerezwa hafi bitigeze bikorwa kandi baranishyuye mbere, none ubu ngo byabaviriyemo kurara ihinga.
Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, arasaba Abakirisitu ba Paruwasi Muhororo mu Karere ka Ngororero kwiyunga n’abo bahemukiye, inshuti n’abavandimwe mu rwego rwo kubaka ubukirisitu bubereye Abanyarwanda kandi bifite imbonezamutima nzima.
Mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup, ikipe ya Al Hilal Benghazi yanganyije na Rayon Sports igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium
Ku Cyumweru tariki ya 24 Nzeri 2023, mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryiswe Kirehe Open Tournament 2023, aho amakipe ya Police VC na RRA ari yo yegukanye ibikombe.
Ikigo gishinzwe Mine Gaz na Peteroli mu Rwanda (RMB), cyatangaje ko umutingito wumvikanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Nzeri 2023, ntaho uhuriye n’iruka ry’ibirunga kuko wo uterwa n’ikubitana ry’ibice bigise Isi.
Umunya-Kenya Karan Patel ni we wegukanye Isiganwa ry’amamodoka "Rwanda Mountain Gorilla Rally 2023", ryari rimaze iminsi itatu ribera mu Rwanda
Abatuye i Gafumba mu Karere ka Huye, ahaciwe amaterasi hakanaterwa ibiti bivangwa n’imyaka, kuri ubu barishimira ko bibazanira amahumbezi bikaba byaragabanyije n’ibiza.
Mu ntangiriro z’Ukwakira 2023, mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiziguro, hazatangira kubakwa icyanya ndangamwimerere, kizahurizwamo byinshi bigaragaza umwihariko w’Akarere ukaba n’igisubizo cy’isoko ku bahinzi b’ibihahingwa cyane.
Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi (PDI), ryatangaje ko rishimira Perezida Paul Kagame kuba yaremeye kuzongera kuba umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu ataha ya 2024, rinamwizeza ubufatanye buhoraho ndetse n’uko rizamushyigikira.
Ikiganiro Ed-Tech Monday cyo kuri uyu wa 25 Nzeri 2023, kiragaruka ku gusesengura uko ikoranabuhanga rifasha umwarimu n’umunyeshuri mu burezi bukoresha ikoranabuhanga, akamaro ryitezweho, n’ibikenewe ngo koko ikoranabuhanga ribashe gufasha kuzamura ireme ry’uburezi ryifuzwa.
Abanyeshuri bo mu Karere ka Kicukiro na Gasabo na Kamonyi bitabiriye umukino wa Karate, mu gihe cy’ibiruhuko bagera kuri 84, tariki ya 23 Nzeri 2023, bakoreye imikandara bava mu kiciro barimo bajya mu kindi, abitwaye neza bahabwa n’imidari.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RDF) zahuriye mu gikorwa cy’umuganda n’Ingabo za Mozambique (FADM), cyibanze ku bikorwa bitandukanye mu mijyi ya Palma na Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.
Mu rwego rwo kurushaho kwirinda impanuka no kugabanya umubare w’abahitanwa na zo, Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangaje amasaha umunyonzi atagomba kurenza akiri mu muhanda.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Nzeri 2023, ikipe ya Marine FC yanganyije na APR FC 2-2 mu mukino wa shampiyona w’ikirarane, wakiniwe kuri Stade Umuganda igarura amateka yo muri 2017.
Abahinzi bo mu Kagari ka Nyamirama, Umurenge wa Karangazi bari barishyuye inyongeramusaruro muri Tubura, binyuze muri Smart Nkunganire ariko ntibazihabwe, batangiye gusubizwa amafaranga yabo.
Aborozi b’amatungo atandukanye baravuga ko bahangayikishijwe n’ibiciro by’ibiryo byayo, kubera ko kuba bihenze bidatuma bashobora kubona umusaruro uhagije w’ibiyakomokaho.
Isiganwa ry’imodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally ryakinwe ku munsi waryo wa kabiri, aho ryakiniwe mu mihanda y’akarere ka Bugesera
Mu Kigo cy’Urubyiruko cy’Akarere ka Musanze, hatashywe inyubako irimo n’ibikoresho bitandukanye, yuzuye itwaye agera kuri Miliyari imwe na miliyoni magana arindwi z’Amafaranga y’u Rwanda.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr Utumatwishima Abdallah yashimiye ikipe ya Musanze FC iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, aho ku geza ubu iri ku mwanya wa mbere n’amanota icyenda ku icyenda, mu mikino itatu imaze gukina, aho yayisabye kuguma kuri uwo mwanya.
Umupolisi wo muri Tanzania witwa Patrick Kimaro, w’imyaka 60 y’amavuko, umwaka ushize wa 2022 yakoresheje Amadalori y’Amerika ibihumbi bitatu ($3.000), mu gucukura no kubakira imva azashyingurwamo napfa, ubu akaba yaguze isanduku azashyingurwamo ya Miliyoni eshatu z’Amashilingi ya Tanzania (asaga 1,400,000Frw).
Ku itariki 24 Nzeri 2023, hateganyijwe igitaramo cyiswe Tujyane Mwami Live Concert, gifite umwihariko wo kuzabanzirizwa n’ivugabutumwa ryo ku muhanda, gusangira ndetse no gufasha abanyeshuri bo mu miryango itishoboye.
Ku munsi wa mbere w’uruzinduko i Marseille mu gihugu cy’u Bufaransa, Papa Francis yunamiye impunzi n’abimukira baburiye ubuzima mu Nyanja ya Méditerrané.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, yasabye abafite ibibanza mu cyanya cyahariwe inganda mu Karere ka Rwamagana, kwirinda kubigurisha abandi ahubwo babisubiza Leta ikabiha abandi babikeneye, mu gihe bo badashoboye kubikoresha.
Mu gihe habura iminsi ibiri gusa ngo amashuri atangire tariki 25 Nzeri 2023, ababyeyi bamwe baravuga ko bahenzwe n’ibikoresho by’abanyeshuri kubera ubwinshi bw’ababikeneye, ndetse ngo hari n’aho bajya kubigura bagasanga bimwe byashize.