Imodoka ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Busogo (CAVM), yakoze impanuka ihitana batatu, barimo babiri bari muri iyo modoka n’umuturage yagonze ari ku igare.
Ni igitaramo cyateguwe n’inama ihuza urubyiruko izwi nka ‘Youth Convention’ yaberaga muri Canada guhera tariki 25 kugeza tariki 26 Ugushyingo 2023. Ni igitaramo cyatumiwemo abahanzi harimo nka The Ben, Massamba Intore ,Kenny Sol n’abandi.
Umuhanzi Gakuba Sam ukoresha izina ‘Samlo’ mu bya muzika, wamenyekanye mu ndirimbo z’urukundo, yatereye ivi ndetse yambika impeta umukunzi we Umutesi Betty bamaranye imyaka umunani bakundana.
EdTech Monday ni ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho cyibanda ku nsanganyamatsiko zitandukanye, aho kuri uyu wa Mbere kizibanda ku kugenzura uburezi bukomatanya uburyo busanzwe n’iya kure.
Banki ya Kigali (BK) mu ishami ryayo rishinzwe ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, yashyize igorora abohereza umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi mu mahanga, aho boroherezwa kubona inguzanyo.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 25 Ugushyingo 2023 Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarizwa muri diviziyo ya 5 zatsinzwe kuri penailti (5-4) mu mukino wa gicuti mu mupira w’amaguru zakinnye na Brigade ya 202 mu ngabo za Tanzania Force Defence Force (TPDF).
Kiliziya Gatolika kuri iki cyumweru tariki 26 Ugushyingo 2023 yizihije umunsi mukuru wa Kirisitu Mwami wabaye impurirane n’isabukuru y’imyaka 15 Kiliziya ya Regina Pacis imaze ishinzwe.
Ni ubuhamya bwatanzwe n’ Umutangabuhamya wari i Kigali. Perezida w’Urukiko yavuze ko bahisemo kumuzana muri uru rubanza kuko hari ibyo azi kuri Basabose mu gihe cya Jenoside.
Banki ya Kigali (BK Plc) yatangiye ubukangurambaga bwo kwegereza Abanyarwanda baba mu mahanga serivisi zayo, harimo no kuzatombora itike y’indege, ihereye ku rubyiruko rwitabiriye igitaramo cyiswe "Rwanda Youth Convention" i Ottawa muri Canada, ahitwa Gatineau.
Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka zibarizwa muri batayo ya 59, ziri mu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA) zashimiwe ku bw’igikorwa cy’ubukangurambaga bwo gutanga amaraso zatangije.
Raporo y‘Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), ya 2022/2023, iragaragaza ko abantu 47 ku 1000 ari bo barwaye malaria, Intara y’Amajyepfo ikaba ari yo yagaragayemo malaria nyinshi.
Muri Leta ya Missouri, mu gihe abaganga barimo gasuzuma umurwayi indwara ya kanseri yo mu rura runini, batunguwe no gusanga muri urwo rura harimo isazi nzima.
Umuganda usoza ukwezi k’Ugushyingo 2023, mu Ntara y’Iburasirazuba, wibanze ku gutera ibiti by’imbuto no gutangiza ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu bigo bitanga ubwishingizi bw’indwara mu Rwanda hiyongereyeho Eden Care, kivuga ko gifite akarusho ko gutanga ibihembo ku muntu wirinda indwara mu buryo butandukanye burimo no gukora siporo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ugushyingo 2023, ku bibuga bitandukanye mu Rwanda hakiniwe imikino y’umunsi wa 11 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere, APR FC na Rayon Sports zinganya imikino yazo.
Imiryango yasigaye itabaruriwe imitungo yabo yegereye ahari kubakwa urugomero rwa Nyabarongo II, ihangayikishijwe n’imitungo yabo yiganjemo inzu zikomeje kwangizwa n’ituritswa ry’intambi rya hato na hato, rikorwa mu kubaka urwo rugomero, bagasaba inzego zibishinzwe kugena agaciro k’iyo mitungo yabo bagakiza ubuzima bwabo (…)
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ugushyingo 2023, Ikipe ya Manchester City yanganyirije na Liverpool 1-1 ku kibuga cya Manchester City, Etihad Stadium, mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona, amakipe yombi akomeza kuyobora urutonde.
Umunyarwanda Albert Munyabugingo yahembwe mu irushanwa ryitwa Africa’s Business Heroes (ABH), rifasha ba rwiyemezamirimo bakiri bato gukabya inzozi.
Umugabo witwa Kubwimana Anastase yafatiwe mu karere ka Huye, mu murenge wa Tumba, mu kagari ka Cyimana mu mudugudu w’Ubwiyunge arimo acuruza inyama z’imbwa mu isoko.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe yu Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 yatsinze ikipe ya Somalia 1-0 mu mukino wabo wa mbere w’irushanwa rya CECAFA iri kubera muri Kenya.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu na APR VC, Gisubizo Merci yahagaritswe mu bikorwa bya volleyball byose umwaka wose nyuma y’imyitwarire mibi yagize mu irushanwa rya Zove V riherutse ku bera mu Rwanda.
Umutwe wa Hamas wamaze kurekura abantu yafashe bugwate 24 harimo Abanya-Israel 13, Abanya Thailand 10 n’Umunya Philippine 1 nyuma y’amasezerano y’agahenge k’iminsi ine Israel yasinyanye n’umutwe wa Hamas nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yabitangaje.
Ihagarikwa ry’imirwano hagati ya Israel na Hamas ryatangiye uyu munsi ku wa gatanu tari 24 Ugushyingo 2023.
Mu itangazamakuru by’umwihariko mu binyamakuru byandika kuri murandasi (internet), radiyo, televiziyo, YouTube no ku mbuga nkoranyambaga, hakunze kumvikana / kugaragara imvugo zitari zo ahanini bitewe no kuvangirwa n’indimi z’amahanga cyangwa ubushake bucye bwo kumenya ururimi gakondo (Ikinyarwanda).
Abahanga mu myitwarire ya Muntu bemeza ko uburyo umuntu yicara asobekeranyije amaguru cyangwa akagereka akaguru ku kandi, ari kimwe mu bishobora kugaragaza imyitwarire y’umuntu n’uko yiyumva muri we muri ako kanya.
Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC winjije mu banyamuryango bawo igihugu cya Somaliya nyuma y’imyaka hafi 11 iki gihugu gisabye kwinjira muri uyu muryango. Ni igihugu kibaye umunyamuryango wa munani wa EAC kikaba cyije nk’umuhuza hagati y’uyu muryango n’ibindi bice mu buryo bw’ubucuruzi ndetse na cyo kikazungukira mu (…)
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri (RWANBATT3) ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Sudani yepfo (UNMISS) zifatanije n’ubuyobozi bw’umujyi wa Juba n’abaturage mu gukorwa cy’umuganda.
Inama y’Abakuru b’ibihugu bigize z’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba EAC yabereye Arusha muri Tanzania ku cyicaro cyawo kuri uyu wa gatanu tariki 24 Ugushyingo 2023 yafatiwemo imyanzuro itandukanye.
Itahiwacu Bruce Melodie umaze kwamamara mu ruhando mpuzamahanga, nyuma yo gukorana indirimbo na Shaggy bise ‘When She’s Around’ ni we muhanzi Nyarwanda ugiye guhurira mu gitaramo kimwe n’abahanzi b’ibyamamare ku rwego rw’isi barimo Usher, Nicki Minaj na Flo Rida.
Nyuma y’ikiruhuko cya FIFA cyakinwemo imikino y’amakipe y’ibihugu, shampiyona zikomeye i Burayi zirongera gukinwa aho umukino ukomeye uhuza Man City na Liverpool mu gihugu cy’u Bwongereza kuri uyu wa Gatandatu saa munani n’igice.
Nyuma yo gusoza amasomo ku basirikare 512 batojwe n’ingabo z’u Rwanda, mu muhango wabereye kuri Sitade ya Camp Kassaï, Perezida wa Santarafurika Faustin-Archange Touadéra yashimiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame n’ingabo z’u Rwanda.
Imishinga itandatu y’urubyiruko ni yo yatsindiye ibihembo bya BK Foundation ku bufatanye n’ikigo gihugura ba rwiyemezamirimo (Inkomoko Entrepreneur Development) mu cyiciro cya karindwi cya ‘BK Urumuri Initiative’.
Imbyino za gakondo, imivugo, ibisigo, indyo za kinyarwanda bimwe mu byaranze igitaramo cya Kigali Kulture Konnect cyaraye kibereye muri KCEV hamenyerewe Camp Kigali kikaba kigiye kujya kiba buri kwezi.
Perezida wa Repubulika ya Santarafurika arashimira mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame n’Ingabo z’u Rwanda ku muhate bakomeje kugaragaza mu rugamba rwo kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cye.
Impuzamiryango iharanira isuku n’isukura mu Rwanda, yizihije umunsi mpuzamahanga wahariwe ubwiherero, yizeza ko izatanga ibikoresho birinda abantu umunuko no kwandura, inasaba Leta ko ubwo bwiherero busukuye bugera ahantu hose hahurira abantu benshi.
Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwatangaje amakipe 16, ndetse n’inzira zizakoreshwa mu isiganwa "Tour du Rwanda 2024"
Abanyarwanda bakorera ibikorwa bitandukanye muri Repubulika ya Santarafurika, bahamagarira bagenzi babo bashaka gushora imari muri icyo gihugu kujyayo kuko hari amahirwe menshi y’ishoramari, ariko bakabanza kwitwararika bagashaka amakuru y’ibyo bifuza gushoramo imari mbere yo gutangira ibikorwa byabo.
Umusore w’imyaka 17 y’amavuko ukomoka mu Karere ka Gicumbi, yafatiwe mu Mudugudu wa Mulindi mu Kagari ka Kamashashi mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali. Uyu musore ngo yagerageje kwiyoberanya yiyita umukobwa, agenda mu ngo asaba akazi ko kurera abana, ariko abarimo gucunga umutekano baza (…)
Umuryango wa Munyazirinda Innocent w’imyaka 58 na Kamugisha Odette w’imyaka 48 wo mu Kagari ka Kidakama, Umurenge wa Gahunga Akarere ka Burera, umaze imyaka irenga itatu uba mu nzu y’ibyatsi, urasaba ubufasha bwo kubakirwa inzu.
Abagore n’urubyiruko biganjemo abahoze mu mutwe wa FDLR ubarizwa mu mashyamba yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, bagaruka ku buzima bahozemo bw’intambara, kwica no gusahura; aho bemeza ko byageze ubwo batagishoboye kubwihanganira bagafata icyemezo cyo kwitandukanya n’uwo mutwe batahuka mu gihugu ngo bafatanye (…)
Ni igitaramo gisoza ibitarmo bya MTN iwacu muzika festival 2023 kizahuriramo abahanzi ba gakondo barimo Muyango na Cecile Kayirebwa bamaze imyaka itari micye bakora umuziki gakondo, hamwe n’abakiri bato ariko bihebeye iyi njyana ya Gakondo.
Umwe mu batangabuhamya bumviswe mu rubanza ruregwamo Dr Munyemana Sosthène ruri kubera i Paris mu Bufaransa, yagaragaje uruhare rw’uyu mugabo wari uzwi nk’umubazi wa Tumba.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko ubuso buhari buhagije ngo hanoneke umusaruro w’ibigori bikenewe mu gihugu ushyizemo n’ibigori biribwa n’inka n’andi matungo.
Umuntu wese aho ari hose ashobora kugerwaho n’ikibazo cyo kuba wenyine, kwigunga cyangwa se gutabwa n’abakamubaye hafi.
Muri Tchad, abantu basaga Miliyoni 2 bugarijwe n’ikibazo cy’inzara, n’umubare munini w’abana bato bafite ikibazo cy’imirire mibi kubera kutabona indyo yuzuye. Impunzi nyinshi ziri muri icyo gihugu, bivugwa ko ziri mu byongera icyo kibazo cy’ibura ry’ibiribwa.
Tariki 23 Ugushyingo 2023 i Arusha muri Tanzania habereye inama yahuje abakuru b’ibihugu maze baganira ku ngamba zigamije guhangana n’imihindagurikire y’ikirere ndetse n’umutekano w’ibiribwa.
Umurenge wa Cyabakamyi ni umwe Mirenge icyenda igize Akarere ka Nyanza, mu Ntara y’Amajyepfo.
Bamwe mu bafite ibyangijwe n’inkongi y’umuriro iheruka kwibasira inyubako y’ubucuruzi yo muri Gare ya Musanze bavuga ko bari mu gihombo batewe n’uko ibyangiritse batari barigeze babishyira mu bwishingizi, ubu bakaba bari mu ihurizo ry’aho bazakura ubushobozi bwo kongera gusubukura imirimo.
Imyuna ni ukuva amaraso mu mazuru mu buryo butunguranye akaza ari menshi cyangwa ari make biturutse ku gukomereka k’udutsi two mu mazuru ndetse n’umuvuduko w’amaraso.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe inyubako za gare na Parikingi muri RFTC, Nsengiyumva Benoit, avuga ko uretse umuntu ufite resitora yemewe nta wundi muntu wemerewe kuzana gaz muri gare keretse abanje kubisaba agaragaza ko yahinduye ibyo yakoraga nabwo akabanza kubyemererwa.