Impunzi z’Abanyekongo zimaze guhungira mu Rwanda zagaragarije Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, Julien Paluku, ko zitizeye igaruka ry’umutekano vuba mu duce zaturutsemo ku buryo zafata icyemezo cyo gutahuka.
Musanze FC yiyongereye amahirwe yo kugaruka mu cyiciro cya mbere, nyuma yo gutsinda Esperance ibitego bibiri ku busa mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye i Musanze ku cyumweru tariki 6/5/2012.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Nzahabwanimana Alex, tariki 04/05/2012, yasuye ibikorwa byo gukora umuhanda Buhinga-Tyazo mu karere ka Nyamasheke maze abaturage bamutangariza ibyishimo bafite kubera uwo muhanda.
Polisi yo mu karere ka Kirehe yataye muri yombi umusore ukora akazi ko gutwara moto mu mujyi wa Kigali, mu gitondo cya tariki 05/05/2012, nyuma yo kumufatana ibiro 20 by’ikiyobyabwenge cya marijuana.
Nyuma y’amezi asaga 10 mu ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri (RAF) harimo umwuka mubi, kuri iki cyumweru tariki 06/05/2012 abanyamuryango baganiriye n’umuyobozi mu biro bya Minisitiri w’Intebe, Barikana Eugene mu rwego rwo gushaka umuti w’icyo kibazo.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatandatu tariki 05/05/2012 muri pariki ya Nyungwe urenze gato ahitwa muri Kamiranzovu ugana Kuwinka habereye impanuka y’imodoka ebyiri ariko nta muntu n’umwe wakomeretse.
APR FC yakomeje kongera amahirwe yo gutwara igikombe cya shampiyona itsinda Kiyovu Sport ibitego bitatu ku busa mu mukino wabereye kuri sitade Amahoro tariki 06/05/2012.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rigiye gutangira kwinjiza amafaranga avuye mu bucuruzi bw’umupira w’amaguru w’u Rwanda buzajya bukorwa na Sosiyete IFAP Sports.
Umugabo w’Umwongereza witwa Darren Oliver ufite imyaka 37 yirukantse isiganwa ryo kuzenguruka umujyi wa Londres agenda kirometero 40 yavunitse akaguru ke k’ibumoso ariko atabizi.
Niyigira Fred utuye mu Mudugudu wa Mwendo mu Kagari ka Nyarupfibire mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare ashinjwa kwanga gusaranganya ubutaka.
Umunyarwanda Adrien Niyonshuti yegukanye umwanya wa gatatu mu marushanwa yo gusiganwa ku magare ya African Championships yasojwe tatiki 05/05/2012 yaberaga mu gihugu cya Morutaniya yiswe Mountain Bike.
Ikipe ya Chelsea yatwaye igikombe cya FA Cup itsinze Liverpool ibitego 2 kuri 1 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Wembley Stadium kuri uyu wa gatandatu tariki 5/6/2012.
Ku munsi wa 23 wa shampiona igikombe ntikirabona nyiracyo. Kuri iki cyumweru tariki ya 6 gicurasi 2012 umukino rurangiranwa urahuza APR FC ya mbere ku rutonde rwa shampiona na Kiyovu ya kane.
Kaminuza yo muri Amerika yitwa California Baptist University (CBU) yashyikirije Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi impamyabumenyi y’ikirenga mu mategeko (honorary Doctorate Degree in Law) tariki 05/05/2012.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yafashe icyemezo cyo gutanga telefone mu turere twose tugize u Rwanda kugira ngo ahabereye ibiza bishobore kumenyekana mbere y’igihe abahuye nabyo bitabweho mu buryo bwihuse.
Mu nama rusange yahuje abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi taliki 05/05/2012, umuyobozi mukuru w’uwo muryango, Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa abanyamuryango ko inama nk’iyi ari umwanya wo gusuzuma aho u Rwanda ruvuye n’aho rugeze mu rwego rwo gufata ingamba zo kugera ku bindi bateganya kugeraho.
Umutoza wa Kiyovu Sport,Baptiste Kayiranga, afite icyizere cyo gutsinda APR FC abifashijwemo n’Imana, umukino wa 23 wa Shampiyona, ubwo aza kuba yayakiriye mu mukino uzabera kuri Stade Amahoro i Remera kuri icyi cyumweru.
Minisiteri y’Urubyiruko, Ikoranabuhanga n’Isakazabumenyi irizeza abana b’impfubyi birera bo mu karere ka Nyaruguru ko izakomeza kubaba hafi mu bibazo bahura nabyo byo kubura ababyeyi babaha uburere n’ubundi bufasha bw’ibanze.
Perezida wa Tanzaniya, Jakaya Mulisho Kikwete, kuri uyu wa Gatanu yavuguruye Guverinoma, aho yasezereye abaminisitiri batandatu bazira kunyereza umutungo wa Leta no kurya ruswa.
Inyigo yakozwe ku mafaranga azubaka urugomero rw’amashyanyarazi n’ikiraro bya Rusumo, igaragaza ko bizatwara miliyoni 600 z’Amadolari y’Amerika, ariko bakaba hakiri imbogamizi z’aho Gasutamo yaba yimuriwe kugira ngo imirimo itangire.
Ubushakashatsi bugaragaza ko ko ku ngo 10 z’abashakanye, enye muri zo zibana nabi kandi bikaganisha ku gutandukana, izindi enye zikagerageza guhangana n’ibibazo zihura nabyo ariko ntizisenyuke, mu gihe ebyiri gusa ari zo zibana mu mudendezo.
Urugereko rw’ubujurire rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha (ICTR), kuwa Kabiri niho ruzatanga umwanzuro warwo ku bujurire bw’abasirikare babiri n’umucuruzi bakurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20, Richard Tardy, yasabye abasore be kwibagirwa ibitego bibiri ku busa batsindiye muri Namibia kugira ngo babashe kwitwara neza ubwo aya makipe yongera gumura, mu mukino wo kwishyura uteganyijwe kuba kuri uyu wa Gatandatu.
Umugore witwa Ndacyayisenga Patricia ugura ibyuma mu isoko rya Gasiza umurenge wa Bushoki akarere ka Rulindo, mu gitondo cy’uyu wa Gatandatu 05/05/2012 yaguze gerenade aziko ari icyuma gisanzwe.
Imwe n’imwe mu mirenge yabuze abayihagararira, kuko itegeko ry’itora rigena ko Komite y’abafite ubumuga bahagariraye abandi mu murenge, igomba kuba igizwe n’abafite ubumuga barindwi kandi barangije amashuri y’isumbuye.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuwa Gatatu w’iki cyumweru mu karere ka Gatsibo, yangije amazu 12 na hegitare esheshatu z’imyaka mu murenge wa Remera, umwe mu yigize aka karere.
Komisiyo ishinzwe kubungabunga ikiyaga cya Vigitoriya (LVBC) ivuga ko buri mwaka abantu barenga 5000 batuye icyogogo (basin) cy’icyo kiyaga bicwa n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe n’ibikorwa bya muntu.
Mu rwego rwo gukomeza kubaka umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Inteko ishingamategeko y’u Rwanda irimo gutegura kuzakira inama y’aba perezida b’inteko z’ibihugu bigize uwo muryango izaba tariki 07/05/2012 mu ngoro Inteko ikoreramo ku Kimihurura.
Kuva mu cyumweru gishize, nibura impunzi 1000 z’Abanyekongo zinjira mu Rwanda ku mupaka wa Goma-Gisenyi buri munsi zihunga imirwano ishyamiranyije ingabo za Leta ya Congo n’inyeshyamba zigometse ku butegetsi muri Kivu y’amajyaruguru.
Depite Kamanda Charles arasaba ko byaba byiza n’abatari bihishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 bagatanze ubuhamya bigafasha gusobanukirwa na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Nation Media Group (NMG), ikigo cy’itangazamakuru cyo muri Kenya cyatangaje ko kigiye gutangira guhugura abanyamakuru bo mu Rwanda no muri Sudani y’Amajyepfo, bityo gahunda ikaba igeze mu bihugu 5 byo muri Afurika.
Umugabo witwa Gary Galka wo muri Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika yavumbuye igikoresho cy’itumanaho kizajya kimufasha kuganira n’umukobwa we umaze imyaka umunani apfuye.
Nyuma y’umunsi umwe ikipe y’igihugu ya Namibia y’abatarengeje imyaka 20 igeze mu Rwanda, kuri uyu wa kane tariki 03/05/2012 yakoze imyitozo ya mbere ku kibuga ku Kicukiro ariko ngo yari iyo kurambura imitsi kuko umunaniro w’urugendo ukiri wose.
Ministeri y’Umutekano hamwe n’iy’Ubutegetsi bw’igihugu zatangije ikigo kiri ku Cyicaro gikuru cya Police, kikazajya gihugurirwamo abantu b’ingeri zitandukanye ku myitwarire myiza n’indangagaciro (Ethics Center).
Ikibazo cy’imwe mu mirenge yo mu karere ka Ngoma cyo kutagira abakozi bashinzwe irangamimerere, cyatumye abana bavuka n’abantu bitaba Imana batakibarurwa.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho Sierra Leone, kuri uyu wa kane tariki 03/05/2012 rwasabiye Charles Taylor wahoze ari Perezida wa Liberia igifungo cy’imyaka 80 ku byaha by’intambara aregwa.
Jeanne Nzamukosha na Jeanne Icyoribera batuye mu Kagali ka Masoro, umurenge wa Ndera, akarere ka Gasabo bafungiye kuri biro bya Polisi ya Ndera, kuva kuwa Gatatu tariki 02/05/2012 bakekwako kwica uruhinja.
Inzira ya Gali ya Moshi izaba ari ibaye iya mbere muri Afrika, izubakwa mu 2014 igahuza u Rwanda, Tanzania n’u Burundi, yitezweho kuzazamura ubukungu bw’akarere, nk’uko bitangazwa n’abayobozi bashinzwe ubwikorezi mu Rwanda.
Ihuriro ry’abashoramari b’u Rwanda na Nigeria rirateganya guhura n’abayobozi bafata ibyemezo mu nama izabera Lagos muri Nigeria taliki ya 9-14 Gicurasi mu nama y’ubukungu igomba kujyana guhindura imitekerereze y’abashoramari n’abafata ibyemezo hamwe n’abanyabihugu baba mumahanga mukorohereza no kwihutisha ishoramari mubihugu (…)
Abakozi bo mu bitaro bikuru by’akarere ka Rwamagana barinubira ko minisitiri w’Ubuzima yabahagarikiye agahimbazamusyi kubera amakosa yakorwaga mu bitaro, ariko abakozi bayateje akabimurira aho ako gahimbazamusyi gatangwa.
Umurambo w’umwana uri mu kigero cy’imyaka itanu utaramenyekana, watoraguwe n’abaturage mu mugezi wa Base mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 04/05/2012.
Abakozi bakora mu bitaro bya Rwamagana bamaze ibyumweru bitatu babujijwe n’umuyobozi w’ibyo bitaro kuzigera bavugana na rimwe n’itangazamakuru ku mpamvu iyo ari yo yose. Uyu muyobozi kandi nawe ubwe ntajya atanga amakuru kuri urwo rwego rw’imirimo rusange akuriye.
Umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 17 y’amavuko, kuva tariki 02/05/2012, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera, kubera gufatanwa litoro 15 za kanyanga azikoreye mu gitebo.
Iragena Costantine w’imyaka 18 wiga mu mwaka wa mbere muri GS Bare (mu kigo cy’uburezi bwibanze bw’imyaka 12) mu murenge wa Mutenderi mu rukerera rwo kuri uyu wa 03/05/2012 yabyaye umwana ahita amuta mu musarani ariko aza gukurwamo ari muzima.
Abakozi ba Ambasade ya Amerika mu Rwanda basuye infungwa zo muri gereza ya Mpanga iri mu karere ka Nyanza, tariki 03/05/2012, bashimye uko zibayeho muri rusange.
Nyuma y’impaka nyinshi ku mukino wagombaga guhuza Police FC n’ Isonga FC ntukinwe, ubuyobozi bwa Police FC buratangaza ko bemeye kuzakina uwo umukino, ariko ntibaremeranywa na FERWAFA itariki bazawukiniraho.
Mu nama y’umunsi umwe yahuje abanyamuryango ba Zigama CSS bagizwe n’abasirikari, abapolisi n’abakozi b’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) basabye ko iyi banki yagabanya inyungu ku nguzanyo ibaha, ndetse ikanabaguriza mu buryo bworoshye.
U Rwanda rwatumiwe mu nama nyafurika ku ishoramari ku buhinzi izabera muri Ethiopia tariki 09/05/2012 ruzahagararirwa n’abayobozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), ndetse na minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI).
Buri tariki ya gatatu Gicurasi, isi yose yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ubwisanzure bw’Itangazamakuru. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Ubwisanzure bw’Itangazamakuru bufite ingufu zo guhindura imibereho y’abantu.”