Savio wakiniraga Isonga yamaze gusinya muri Rayon Sports

Umukinnyi wakinaga mu ikipe y’Isonga uzwi ku izina rya Nshuti Savio Dominique yamze gusinyira ikipe ya Rayon Sports imyaka igera kuri ibiri,aho aje nk’umusimbura wa Ndayisenga Fuadi wamaze kwerekeza mu ikipe ya Sofapaka yo muri Kenya

Ikipe ya Rayon Sports nyuma yo gutakaza bamwe mu bakinnyi bayo bafatwaga nk’inkingi za mwamba i Nyanza,ikomeje kugenda yongera kwiyubaka ihereye mu bana bakiri bato,aho nyuma yo gusinyisha abakinnyi bane bakiniraga ikipe y’Isonga, ubu yongeye gusinyisha undi mukinnyi washakagwa n’amakipe menshi ya hano mu Rwanda.

Nshuti Dominique Savio watsinze igitego Uganda u23 yamaze gusinyira Rayon Sports imyaka 2
Nshuti Dominique Savio watsinze igitego Uganda u23 yamaze gusinyira Rayon Sports imyaka 2

Nshuti Dominique Savio wakiniraga ikipe y’Isonga yasinye mu ikipe ya Rayon Sports ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere,mu gihe byari byavuzwe ko uyu musore yagiye yifuzwa n’amakipe arimo AS Kigali,APR Fc ndetse na Police Fc.

Usibye Savio kandi wasinye amasezerano y’imyaka 2 muri iyi kipe ibarizwa i Nyanza,umunyezamu Bakame nawe yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka akinira Rayon Sports nyuma y’indi myaka ibiri yari amaze avuye mu ikipe ya APR Fc.

Ikipe ya Rayon Sports, ubu ikaba imaze gutakaza abakinnyi barimo Ndayisenga Fuadi na Hategekimana Aphrodis berekeje muri Sofapaka,ndetse na Bizimana Djihad werekeje mu ikipe ya APR Fc,mu gihe kandi na Faustin Usengimana bivugwa ko yaba yaramaze kugera muri APR FC.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Savio Nakomeze Atere Imbere Y’irindakwirata Dore

Dusabe yanditse ku itariki ya: 26-04-2017  →  Musubize

Savio Nshuti Afite Umugore?

Dusabe yanditse ku itariki ya: 26-04-2017  →  Musubize

karibu i Nyanza.

Bonny yanditse ku itariki ya: 26-07-2015  →  Musubize

Savio! karibu muri Gikundiro. Ngwino ugaragaze ibyo ushoboye dufatanye ibyishimo. Ooooh RAYON!

Bonny yanditse ku itariki ya: 26-07-2015  →  Musubize

Karibuwana.mwikipeyacu. Gikundiro. Kbs.ndakwemeyepe!

H.IGNACE yanditse ku itariki ya: 15-07-2015  →  Musubize

Ikipe yacu ni ikomeze yiyubake kuko twatakaje abakinnyi benshi kandi bingenzi.Kandi ubuyobozi nibutugezeho uko twaha/twatanga umusanzu ikipe yacu kugira ngo yiyubake.Merci!!

KAVAMAHANGA Jean Bosco yanditse ku itariki ya: 15-07-2015  →  Musubize

Kalibu petit ngwino mu ikipe y’Imana aho uzahita uba umu star ku buryo bworoshye

kaka yanditse ku itariki ya: 14-07-2015  →  Musubize

Mukomeze mushake abana bacu bakiri bato kandi muzabona ko mutibeshye

kay yanditse ku itariki ya: 14-07-2015  →  Musubize

Tumuhaye ikaze mu ekipe yabanyamugisha Gikundiro! mwifurije guhirwa muri byose.

Chelsea i Rubengera yanditse ku itariki ya: 14-07-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka