Ruhango: Urubyiruko ruvuga ko hari byinshi rugikeneye kwigira kuri Kagame

Urbyiruko rwo mu karere ka Ruhango, ruravuga ko rufite aho ruvuye heza kubera Kagame, rugasaba abadepite ko badakwiye ku rwima amahirwe yo gukomeza kugendana na Kagame, kuko hari byinshi rukeneye gukomeza kumwigiraho.

Rwabitangaje kuri uyu wa gatanu tariki 31 Nyakanga 2015, ubwo rwatangaga ibitekerezo imbere y’abadepite bayobowe na Byabarumwanzi Francois, ku ivugururwa ry’itegeko nshinga mu ngingo yaryo ya 101.

urubyiruko ngo ruracyafite byinshi rushaka kwigira kuri Kagame.
urubyiruko ngo ruracyafite byinshi rushaka kwigira kuri Kagame.

Twahirwa Jean Marie Vianny, wari witabiriye iki kiganiro mu murenge wa Ruhango, yabwiye abadepite ko bakwiye kubabarira bagahindura ingingo ya 101, kuko Perezida Kagame hari byinshi amaze kubagezaho, kandi bakaba bagifite ibindi bashaka kumwigiraho

Twahirwa kimwe na bagenzi be bari bitabiriye ibi biganiro, yavuze ko ubu urubyiruko rumaze kugera ku byinshi, birimo kwiga neza, kwihangira imirimo, kuba yararutinyuye gukorana na banki, ubu baka inguzanyo nta kibazo rufite kuko yarushyiriyeho ikigo cy’ubwishingizi cya BDF.

Ururubyiruko ruracyashaka Kagame.
Ururubyiruko ruracyashaka Kagame.

Uru rubyiruko rw’akarere ka Ruhango, rukaba rwavuze ko rwiteguye kuzaha amajwi yarwo 100% perezida Kagame, kugirango bakomezanye mu nzira nziza yahanze.

Depite Byabarumwanzi Francois, akaba yahamirije uru rubyiruko, ko nbazakomeza kwakira ibitekerezo by’abaturage bose, hanyuma abadepite bakicara bakabisuzuma, nyuma bakazagaruka muri kamaramaka.

Abadepite baruhumurije barubwira ko bazakora ibyo rwabatumye.
Abadepite baruhumurije barubwira ko bazakora ibyo rwabatumye.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka