Banki Nyarwanda ikorera mu ntara zose z’igihugu Cogebanque, yahize ibindi bigo by’ubucuruzi bibarizwa mu rugaga rw’abikorera, mu gutera inkunga ikigega ’’ Ishema ryacu’’.
Abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyaruguru babwiye abagize inteko ishinga amategeko ko bashyigikiye ko ingingo ya 101 mu itegeko nshinga ivugururwa, kugira ngo Perezida wa Repubulika Paul Kagame akomeze kugeza abanyarwanda ku iterambere.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye baravuga ko gutora Perezida Paul kagame 100%, kuko nta mahirwe bamuha yo kutemera kwiyamamaza kubera ibyo yakoreye uwo murenge akawukura mu bukene no mu bwigunge.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa 31 Nyakanga 2015, muri Hotel Golden Tulip mu Karere ka Bugesera, yaganiriye n’urubyiruko rwibumbiye mu muryango Global Health Corps washinzwe na Barbara Bush, umukobwa wa George W. Bush wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Abaturage bo mu Murenge wa Muhazi, Perezida Paul Kagame atuyemo, mu Karere ka Rwamagana, barasaba ko Itegeko Nshinga rivugururwa, agakomeza kuyobora u Rwanda kugeza igihe azasazira ngo kuko inyungu yagejeje ku Banyarwanda zisumba kure agaciro k’ “umubare wa manda”.
Abanyeshuri biga muri kaminuza, bakomoka mu karere ka Burera, bafite icyifuzo cy’uko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda yahinduka Perezida Paul Kagame agakomeza kuyobora, akazabera icyitererezo abandi baperezida bo mu Rwanda bazamukurikira ndetse n’abo mu bindi bihugu, kubera ibyiza byinshi azaba yaragejeje ku (…)
Shampiona y’icyicro cya mbere mu mupira mu Rwanda,byamaze kwemezwa ko izatangira taliki ya 18 Nzeli 2015,ariko bikazemezwa bidasubirwaho n’inama y’inteko rusange ya Ferwafa izaterana mu mpera z’ukwezi kwa munani.
Ubwo intumwa za rubanda zari mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke mu rwego rwo gukusanya ibitekerezo by’abaturage kubijyanye n’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga by’umwihariko ingingo y’101, kuri uyu wa 30 Nyakanga 2015, abaturage basabye ko bazatora rimwe gusa ubundi bakazongera gutora batora uzasimbura Kagame ubwo we (…)
Urbyiruko rwo mu karere ka Ruhango, ruravuga ko rufite aho ruvuye heza kubera Kagame, rugasaba abadepite ko badakwiye ku rwima amahirwe yo gukomeza kugendana na Kagame, kuko hari byinshi rukeneye gukomeza kumwigiraho.
Kimwe mu byo abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bo mu Mirenge ya Kinazi, Ruhashya na Rwaniro bishimira Perezida Paul Kagame yabagejejeho, ni gahunda y’uburezi bw’ibanze by’imaka 12 na bo bakaboneraho kubona akazi.
Abanyarwanda baherutse kwirukanwa muri Tanzania mu 2013 bakaza nta na kimwe bafite bagatuzwa mu mirenge itandukanye mu Karere ka Ngoma baravuga ko ubuyobozi bwiza n’umutekano bafite bakesha Perezida Kagame bibaha icyizere ko nakomeza kuyobora bazagura amamodoka bakiteza imbere vuba.
Gahunda y’umuryango Never Again yo guhuza abaturage mu biganiro byo mu matsinda bakaganira ku guteza imbere imiyiborere myiza, yatangiriye mu karere ka Karongi, kuri uyu wa kane tariki 30 Nyakanga 2015.
Abaturage bo mu Murenge wa Gashanda mu Karerer ka Ngoma ubwo baganiraga n’abadepite babaha ibitekerezo ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga igena manda z’umukuru w’igihugu, bagaragaje ko badatuje kugeza igihe iyo ngingo izavugururirwa maze Kagame agakomeza kubayobora.
Abaturage bo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe baratangaza ko nta wundi muyobozi bakeneye waza kunganira ibyo Perezida Kagame yakoze, kuko ashobora kuza akabikora nabi kandi nyir’ubwite yari agifite imbaraga zo gukomeza kuyobora igihugu.
Twahirwa Theogene uzwi ku izina rya Dj Theo arahakana amakuru avuga ko yaba yaratandukanye na Alex Muyoboke bari bafatanyije ikompanyi izwi ku izina rya Decent Entertainment dore ko Dj Theo amaze iminsi ashinze indi kompanyi ikora bimwe neza neza n’iya mbere ariyo Decent Entertainment.
Nkuriyingoma Pacifique, Ngengahimana Emmanuel na Havugimana Emmanuel bari mu maboko ya Polisi/Sitasiyo ya Kirehe nyuma yo gufatanwa imifuka umunani y’urumogi rupima ibiro 400 ubwo bari bazjynye imodoka bagiye kurupakira barugemura i Gitarama.
Inzego z’ubuyobozi mu Ntara y’Amajyepfo zahagurukiye ikibazo cy’umutekano ku musozi w’Amasengesho wa kanyarira uherereye mu rugabano rw’uturere twa Ruhango na Muhanga.
Abaturage ba Nyamagabe bashimira Perezida Kagame ko ashaka ko buri mwana wese yiga, mu gihe mbere umwana wabashaga kwiga agatsinda ari umwana ukomoka mu miryango ikize, cyangwa mu tundi turere.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Dr. Alexis Nzahabwanimana, atangaza ko imihanda ya kaburimbo ikorwa mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo yatangiye gukorwa kuva muri Gicurasi uyu mwaka igeze ku kigereranyo cya 35% ikorwa ikazangira mu Gashyantare 2016.
Abaturage bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bavuga ko nta wundi muntu bashaka ku ntebe y’ubuyobozi bw’u Rwanda nyuma y’umwaka wa 2017 utari Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 01 Kanama 2015,abatuye mu turere twa Rubavu,Nyabihu na Musanze baraza kuba bihera ijisho isiganwa ry’amagare rizava Rubavu rigasorezwa Musanze,aho rizaba ari rimwe mu masiganwa ngarukakwezi agize Rwanda Cycling cup 2015.
Abatuye imirenge ya Mugombwa, Kansi na Kibirizi yo mu Karere ka Gisagara baravuga ko nta ngorane zikwiye kuba mu guhindura ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga niba abaturage babishaka cyane ko n’ubundi ngo ari bo baritora.
Abatuye mu murenge wa Kageyo batangaza ko Perezida Kagame ari umusare umenyereye umusomyo bisobanura ko amenyereye akazi ko guteza imbere Abanyarwanda, bakavuga ko badakeneye undi uza kwigira ku kuyobora igihugu atazi aho kivuye.
Kuri uyu wa 30 Nyakanga 2015 mu Karere ka Nyabihu,hatahuwe bamwe mu bava muri Congo biyita ko ari impunzi zitahutse nyamara ngo atari zo.
Abasirikare 24 bava mu bihugu umunani by’Afurika barangije amahugurwa y’iminsi 10 mu Ishuri Rikuru ry’Amahoro, (Rwanda Peace Academy) batangaza ko ibyo biboneye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi bazahanira mu butumwa bwabo bazoherezwaho ko bitabaho ukundi ahandi.
Bamwe mu bakozi b’ikigo nderabuzima n’ibitaro bya Nyagatare, batangaza ko bamagana abirirwa bavuga ko abaturage bahatirwa kuvuga ko bifuza ko ingingo y’i 101 yahindurwa, kuko birengagiza ibimaze kugerwaho mu myaka 21 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kutabona serivisi z’ibigo by’imari na banki hafi ngo byajyaga bituma bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Karambi mu Murenge wa Murundi wo mu Karere ka Kayonza batitabira serivisi zitangwa n’ibyo bigo.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije(REMA), kiratangaza ko filime yiswe “Isonga” cyamuritse, ari amahirwe abantu babonye yo kumenya uburyo babaho neza mu buryo burambye no guteza imbere ubukungu bw’igihugu.
Abayobozi b’Imitwe ya Politiki icyenda muri 11 ikorera mu Rwanda, ni bo bamaze kwemeza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ihindurwa kugira ngo Perezida Kagame azabe mu biyamamariza kuyobora u Rwanda muri 2017, Green Party ikaba yarabyanze, naho PS-Imberakuri ngo iracyabyigaho.
Abavumvu bo mu Karere ka Burera na bo bifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yahinduka Perezida Paul Kagame agakomeza kuyobora kubera ko yabazamuye bakava mu bavumvu ba kera basuzugurwaga bakagera ku bavumvu biteje imbere bagirira n’ingendo shuri mu mahanga.
Impuguke mu bihugu bikikije pariki y’ibirunga bahagurukijwe no kuganira ku kibazo cy’amazi make ku baturage baturiye Pariki y’ibirunga, bigatuma bajya kuyashakira muri pariki kandi bishobora gutera ikibazo.
Mugihe abaturage bo mu Karere ka Rutsiro bakomeje gutangaza ko bifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yavugururwa bakitorera Paul Kagame baranibaza niba Perezida we hari icyo yaganirije inteko ku bijyanye na manda abaturage bamwifuriza.
Abarimu bigisha mu bigo by’amashuri mu karere ka Ruhango, bashimangiye ko ingingo ya 101 yavugururwa bakagira amahirwe yo gukomeza kuyoborwa na Kagame, kuko ngo basanga atatererana Abanyarwanda.
Nsaziyinka Damien, umusaza w’imyaka 70 y’amavuko utuye mu Kagari ka Bicumbi mu Murenge wa Mwurire wo mu Karere ka Rwamagana, aravuga ko Perezida Paul Kagame afite ubuhanga budasanzwe mu miyoborere ye ndetse agasaba Abanyarwanda kugira ubushishozi bagahindura Itegeko Nshinga kugira ngo bakomeze bamutore igihe cyose.
Umuryango w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe abatutsi Avega Agahozo, wahaye Umunyamerikakazi Valerie Jerome uburenganzira bwo kuwubera umuvugizi muri Leta zunze ubumwe za Amerika, mu muhango wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 29 Nyakanga 2015.
Mu biganiro byo kwakira ibyifuzo by’abaturage ku ivugururwa ry’Itegeko Nshinga cyane cyane mu ihinduka ry’ingingo y’101 igenera umukuru w’igihugu manda atagomba kurenza, umwe mu basigajwe inyuma n’amateka yavuze ko basigaye bafite inzu babamo bahawe n’umukuru w’igihugu Paul Kagame, bityo bakaba bifuza ko yakomeza kubayobora (…)
Abaturage b’umurenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu batangaje ko mu gihe mu Rwanda hitegurwa kwizihiza umunsi w’umuganura, bashimishijwe guha umuganura Perezida Kagame kuko yatumye beza imyaka myinshi babona umusaruro ushimishije.
Mu biganiro abarimu bo mu mashuri makuru aherereye mu Karere ka Huye bagiranye n’Intumwa za Rubanda tariki ya 28 Nyakanga 2015, umwe muri bo yagaragaje ko Perezida Paul Kagame yita ku bakene cyane, akaba we amugereranya n’umwami Mibambwe Gisanura, bahimbye irya Rugabishabirenge.
Umuhanzi w’icyamamare Akon ukomoka mu gihugu cya Senegal ariko akaba aba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu ruzinduko rw’ akazi rw’umunsi umwe yagiriye mu Rwanda yatangaje ko yanyuzwe cyane n’isuku, urugwiro ndetse n’amafunguro meza afite icyanga yakirijwe n’Abanyarwanda.
Ikipe y’igihugu y’abahungu batarengeje imyaka 16 mu mukino wa Basketball,iraza gutangira amarushanwa y’imikino nyafurika (All african games) ihura n’ikipe y’igihugu ya Mali ku i saa tatu za nijoro zo mu Rwanda
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru kuri KT Radio 96.7 FM Bisangwa Nganji Benjamin bakunze kwita Ben Ngaji wamamaye cyane kubera igihangano cye kihariye yise “Inkirigito” ndetse na zimwe mu ndirimbo ze nka “Mbonye Umusaza”, “Ramba Ramba” n’izindi, kuri wa 31 Nyakanga 2015 aragaragariza abakunzi b’inkirigito n’Abanyarwanda muri (…)
Abahinzi n’abashinzwe ubuhinzi mu karere ka Nyamasheke biteze ko ubuhinzi bwabo bugiye guhindura isura umusaruro ukiyongera, nyuma y’uko bagiye guhabwa indi fumbire yunganira izari zisanzwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi bazaniye abadepite ibiseke, inzoga n’inkangara nk’ikimenyetso cyo gusaba Inteko Ishinga Amategeko kubemerera Perezida Kagame agakomeza kubayobora.
Abagore n’abakobwa baherekejwe na basaza babo bo mu murenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi, bashingiye ku bikorwa by’iterambere bagejejweho n’umukuru w’igihugu Paul Kagame bashyikirije abasenateri inkwano yinka iherekejwe n’ibisabo yo gukwa umugeni Paul Kagame.
Abahinzi b’ibirayi bo mu Karere ka Burera na bo bifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yavugururwa Perezida Paul Kagame agakomeza kuyobora kuko ari we ngo watumye abahinzi bagira agaciro, umusaruro w’ibirayi ukiyongera bityo bakava mu bukene.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza basaba ko ingingo ya 101 mu itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda igomba kuvugurwa, kugira ngo basabe perezida Paul Kagame kongera kubayobora, bavuga ko batari kumwamamaza kuko nta n’ibyo yabasabye ahubwo ibikorwa bye birivugira.
Kuri uyu wa 29 Nyakanga 2015, ubwo intumwa za rubanda, Depite Mukarugema Alphonsine na Depite Mukakarangwa Clotilde bakiraga ibitekerezo by’abaturage bo mu Murenge wa Kayumbu, mu Karere ka Kamonyi, ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga, mu bagera ku bihumbi bine bitabiriye ibiganiro, 44 ni bo batanze ibitekerezo (…)
Abaturage bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bivuriza ku kigo nderabuzima cya Rwinzuki, batangaza ko bishimira kwakira imbangukira gutabara bahawe n’ibindi bikoresho birimo ibitanda na zamatora zo kuryamaho.