Abanyarwanda baba muri Koreya y’Amajyepfo bizihije umunsi w’Intwari

Abanyarwanda baba muri Koreya y’Amajyepfo bizihizanye n’inshuti zabo umunsi w’Intwari, banifurizanya umwaka mushya muhire wa 2017.

Ambasaderi Isumbingabo avuga Ijambo
Ambasaderi Isumbingabo avuga Ijambo

Aba banyarwanda bashatse kwizihiriza hamwe umunsi ngaruka mwaka w’Intwari z’u Rwanda, ubusanzwe wizihizwa tariki ya 01 Gashyantare.

Ni umuhango w’itabiriwe na ambasaderi w’uRwanda Emma Françoise Isumbingabo nk’umushyitsi mukuru n’ abandi bakozi ba Ambasade muri Koreya y’Amajyepfo.

Mubafashe ijambo bose muri uyu muhango bibanze kunsanganya matsiko y’uyu munsi ariyo igira iti “Ubutwari ni uguhitamo ibitubereye”.

Umuyobozi mushya Ayinebyona Eliab (ibumoso) Sengabira Charmant (iburyo)
Umuyobozi mushya Ayinebyona Eliab (ibumoso) Sengabira Charmant (iburyo)

Mu Ijambo rye, Ambasaderi yashishikarije abanyarwanda baba murikoreya yepfo gukomeza gusigasira umurage n’indangagaciro by’intwari z’urwanda.

Ihererekanya bubasha
Ihererekanya bubasha

Hanabayeho kandi umuhango w’ihererekanya bubasha hagati ya komite icyuye igihe ihagarariwe na Sengabira Charmant na komite nshya ihagarariwe na Ayinabyona Eliab.

Bafashe ifoto y'urwibutso
Bafashe ifoto y’urwibutso

Ambasaderi Isumbingabo yamiye abagize komite icyuye igihe ubwitange bagize mubikorwa bitandukanye diaspora ya Koreya yagezeho birimo kugira itorero ryamamaza Umuco nyarwanda ndetse n’ikipe y’umupira wamaguru na basketball.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka