Abayobozi ba Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge Sudani y’Epfo bari mu Rwanda, bashaka kumenya uburyo bakomora ibikomere byatewe n’intambara bamazemo imyaka myinshi.
Ayinkamiye Marie Chantal na Nzamurambaho Frederic bo mu Karere ka Rubavu, bari bamaze umwaka batandukanye kubera amakimbirane, bongeye gusubirana ku wa 29 Kamena 2016 kubera umugoroba w’ababyeyi.
Mukamitari Adrien wari wubatse inzu ku nkengero z’ikivu cya Kivu agahagarikwa agasaba perezida Kagame kurenganurwa yatangiye ibikorwa byo kwisenyera.
Cpl Mambo Vert yageze mu Rwanda ku wa 22 Kamena 2016 avuga ko ahunze inzara aterwa n’igihugu cye kitamuhemba.
Umusirikare wa Congo warasiwe mu Rwanda ku wa 24 Kamena 2016 yashubijwe mu gihugu cye ingabo za EJVM zisura aho yarasiwe.
Sergent Munguyiko Innocent na Sergent Nkoreyimana Eduard baretse gutungwa nk’impunzi mu nkambi yajyanywemo abarwanyi ba FDLR Kisangani, bataha mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda yatangije icyumweru cyahariwe ibikorwa byayo, kizibanda ku burenganzira bw’abana, kikazarangira hizihizwa isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe.
Abasore babiri bafashwe bajyanwa muri FDLR bicuza gushushukishwa akazi kabahemba amadolari bakemara kandi bajyanwe mu bikorwa bibi.
Captaine Kayibanda Callixte wari ushinzwe kwigisha mu mashuri ya gisirikare mu mutwe wa FDLR, yarambiwe imibereho y’ishyamba atahuka mu Rwanda.
Akarere ka Rubavu kasabye abafite imitungo bambuwe ku maherere kuyisaba bakayihabwa, nyuma yo gusubiza imitungo y’umwe mu miryango yari yarariganyijwe.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Karere ka Rubavu basabwe gufasha abayobozi babo kuzuza inshingano aho gutegereza ko beguzwa cyangwa bagafungwa.
Uwineza Esperance warashwe na FDLR ahorwa umugabo we Majoro Ntagisanimana watashye mu Rwanda, yatashye acyuye abandi basirikare bakuru ba FDLR.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK) basobanuye impamvu baca 500Frw abayisaba serivisi z’imisoro badafite konti muri iyo banki.
Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, Michael Ryan, yishimiye umusaruro w’ubuhinzi yasanze mu Karere ka Rubavu, avuga ko ugaragaza iterambere ry’u Rwanda.
Abashakashatsi n’impuguke z’Abanyarwanda n’Abanyekongo batangiye guhana amakuru ku buryo gaz methan yo mu kiyaga cya Kivu yatanga umusaruro wiyongera ku mashanyarazi.
Koperative “Tuvugibyayo” ikorera mu Murenge wa Gisenyi, mu Karere ka Rubavu, yiyemeje kongera uruhare rwo guhuza imiryango yari isanzwe irangwamo amakimbirane.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba abanyamadini kubaka umuryango nyarwanda wubaha Imana ariko abakwiza impuha bavuga ko bashingiye ku buhanuzi, bakihana.
Musenyeri Habiyambere Alexis umaze imyaka 19 ku bushumba bwa Diyoseze ya Nyundo yashyikirije inkuni y’ubushumba mugenzi we Mwumvaneza Anaclet, ajya mu kiruhuko.
Umusirikare wa Congo wiyise Tuyishime Jean Claude yigize umurwanyi wa FDLR kugira ngo azanwe mu Rwanda ariko abajijwe aho avuka arahayoberwa.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe yakebuye Abanyarwanda bafasha FDLR bizeye ko izatera u Rwanda igafata ubutegetsi kureka guta igihe.
Majoro Ntagisanimana wari ushinzwe guhuza FDLR n’abaturage, yitandukanyije na yo ataha mu Rwanda, FDLR yihorera irasa umugore we.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe yemeza ko gutsindwa kw’Inzirabwoba (EX-FAR) kwatewe n’ibikorwa by’ubwicanyi no kurenganya inzirakarengane mu gihe Inkotanyi zarimo kubakiza.
Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ushyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016, yateye inkangu mu Murenge wa Nyakiriba, ihitana abantu bane bo mu rugo rumwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buhanganye no gutazangera kuba akanyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza kuko 2015-2016 yarangiye gafite 69.4%.
Brig Gen Mujyambere Leopord wari wungirije Mudacumura ku buyobozi bwa FDLR, wafatiwe Goma, yari umwe mu bahanga uyu mutwe wagenderagaho.
Brig Gen Mujyambere Leopord uzwi nka Ashile yafatiwe Goma n’inzego z’umutekano ajyanwa Kinshasa.
Abana babiri mu murenge wa Rugerero bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura yaguye kuwa 1 Gicurasi, Sekuru abimenye arimanika.
Abagabo batatu harimo n’umukuru w’umudugudu biyemerera gufasha FDLR mu bitero yagabye i Bugeshi muri Rubavu beretswe abaturage.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe gukurikirana ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu bwatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe busanga guhindura ibara ku Kivu bidateye ikibazo.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu yakomye mu nkokora abagabo batanu bivugwa ko bari mu mugambi wo kwiba umwe ahasiga ubuzima.