Iburengerazuba: Abacuruzi basora neza bahawe ibikombe

Abacuruzi 15 bitabira gutanga imisoro neza bo mu Ntara y’Iburengerazuba bahawe ibihembo bashishikariza n’abandi bacuruzi gutanga imisoro nk’uko bisabwa.

Abasoreshwa b'indashyikirwa bo mu Ntara y'Iburengerazuba bahawe ibihembo
Abasoreshwa b’indashyikirwa bo mu Ntara y’Iburengerazuba bahawe ibihembo

Ibyo bihembo bigizwe n’ibikombe babiherewe mu Karere ka Rubavu ku wa gatatu tariki ya 13 Nzeli 2017.

Abo basoreshwa b’indashyikirwa bo mu Ntara y’Iburengerazuba, bahawe ibyo bihembo n’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA).

Gahonga Jean Claude, umuyobozi w’uruganda rukora amarangi wabaye uwa mbere mu gutanga umusoro mu Ntara y’Iburengerazuba no mu Rwanda avuga ko yishimiye kuba RRA ibazirikana.

Agira ati “Igihugu hari byiza kidukorera, iyo dutanze umusoro, urongera ukatugarukira. Nashishikariza buri wese kuwutanga kuko nta gihombo.”

Intara y’Iburengerazuba yatangiriyemo ibikorwa byo gushimira abasoreshwa beza, niyo yabaye iya mbere mu gihugu mu gutanga umusoro mu mwaka wa 2016-2017.

Muri uwo mwaka hakusanije imisoro ingana na miliyari 21.4RWf mu gihe hari hateganijwe miliyari 17.9RWf. Ibi bikaba bingana n’ijanisha rya 119.5%.

Kwiyongera kw’amafaranga ava mu misoro byatumye amafaranga yose RRA yinjije mu isanduku ya Leta angana na miliyari 1,103.0RWf, mu gihe hari hateganijwe Miliyari 1,094.3RWf.

Ibyo byatumye habaho izamuka ry’amafaranga yavuye mu misoro ringana na 10.2% ugereranije n’umwaka wa 2015-2016.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Amb Gatete Claver yagaragaje ko gutanga imisoro hari aho bigejeje igihugu mu kwiyubaka.

Ahamya ko gutanga imisoro byongereye ibikorwa remezo birimo imihanda, amashanyarazi, amashuri, amavuriro n’ubuzima bw’Abanyarwanda bukarushaho kuba bwiza.

Minisitiri w'imari n'igenamigambi, Amb Gatete Claver ahamagarira abacuruzi bose gusora uko bisabwa
Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Amb Gatete Claver ahamagarira abacuruzi bose gusora uko bisabwa

Niho ahera ahamagararira Abanyarwanda guhindura imyumvire bakumva ko gutanga umusoro ari inshingano.

Agira ati “Mpereye ku bikorwa by’amajyambere birimo imihanda,byariyongereye kubera ingengo y’imari yiyongera.

Mu mwaka 1995 twari dufite ingengo y’imari ingana na Miliyari 50Frw none ubu dufite miliyari ibihumbi bibiri birenga.”

Komiseri mukuru wa RRA, Tusabe Richard avuga ko n’ubwo abacuruzi batandukanye batangiye kumenya agaciro ko gusora, hakiri imbogamizi mu myumvire mu gutanga imisoro.

Avuga ko usanga hari bamwe mu Banyarwanda bagikora ibikorwa byo kwinjiza ibicuruza badasoze, kwimana inyemezabuguzi bagamije kunyereza umusoro ku nyungu.

Gusa avuga ko bazakomeza kwigisha abantu kugira ngo ibyo bizacike.

Abikorera b'Iburengerazuba nibo babaye indashyikirwa mu gutanga imisoro
Abikorera b’Iburengerazuba nibo babaye indashyikirwa mu gutanga imisoro
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka