rwanda elections 2013
kigalitoday

Rusizi: Amatora y’Abadepite yitabiriwe bishimishije

Yanditswe ku itariki ya: 16-09-2013 - Saa: 15:48'
Ibitekerezo ( )

Nubwo igikorwa cyo gutora abadepite cyatangiye saa moya za mu gitondo wasangaga abaturage batari bake bo mu karere ka Rusizi bageze ku biro by’itora mbere yaho.

Mu ma saa mbiri abaturage batari bake bari bamaze gutora aho iki gikorwa cyakorwaga mu mutekano nta muvundo, buri mudugudu wari ufite icyapa kiwuranga kuri buri cyumba cy’itora kugirango biyobore abaturage bitabiriye amatora.

Abaturage batoraga mu mutuzo bagasubira mu mirimo yabo.
Abaturage batoraga mu mutuzo bagasubira mu mirimo yabo.

Aho twabashije kugera ni mu murenge wa Kamembe mu kagari ka Kamashangi no mu kagari ka kamurera ho mu murenge wa Gihundwe , twaganiriye n’abaturage bamwe na bamwe badutangariza ko batoye neza mu mudendezo kuko hinjiragamo umuntu umwe agatora yarangiza agasohoka undi akabona kwinjira.

Umuturage ashyira urupapuro rw'itora mu isanduku yabugenewe.
Umuturage ashyira urupapuro rw’itora mu isanduku yabugenewe.

Ubwo twateguraga iyi nkuru abaturage bari bagikomeje kwitabiri iki gikorwa cy’amatora.

Musabwa Euphrem



Andi makuru - Amatora y’abadepite 2013

- “Umubare wa 98% w’abatoye abadepite, ni ukuri nta bikabyo birimo” - Prof. Mbanda

- ICGLR yashimye imigendekere y’igikorwa cy’amatora y’abadepite muri rusange

- Uko gutora abadepite ba 2013 byatandukanye na 2008

- Ruhango: Barasaba ko gutora abagore byakorwa nk’uko bigenda mu matora rusange

- Bugesera: Abagabo bake bari mu nteko itora abagore ngo bibatera ishema

- Nyanza: Abagore barasaba bagenzi babo batoye kuzabibuka babavuganira

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo
Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.