Abaganga bo mu bitaro bya Rutongo biherere mu Karere ka Rulindo, bafashije umwana wavukanye amagarama 640 abasha kubaho, ubu akaba ameze neza ndetse yavuye mu bitaro ari kumwe n’ababyeyi be.
Abagabo babiri bo mu Karere ka Rulindo ku gicamunsi cyo ku wa Kane tari 18 Kanama 2022, bagwiriwe n’ikirombe bacukuragamo amabuye yo kubaka, ibikorwa byo kubashakisha bikaba bikomeje.
Abagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Rulindo, bujurije abatishoboye inzu 18, zifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 100.
Mu nsanganyamatsiko igira iti “Kubaka no kuba mu muryango mwiza, bidufasha kwigana umwete”. Hirya no hino muri Diyosezi no muri Paruwasi Gatolika mu Rwanda, hakomeje gahunda yo gusoza icyumweru cyahariwe uburezi Gatolika.
Bamwe mu bafite utubare duciriritse mu Karere ka Rulindo, bahangayikishijwe n’igihombo bakomeje guterwa n’icyo bise akarengane barimo gukorerwa, aho bishyuzwa imisoro y’imyaka ibiri bamaze muri Covid-19 kandi utubare twari dufunze.
Umugabo witwa Ayindemeye Jean Marie Vianney, ahanishijwe igifungo cy’imyaka 25, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore we Mukeshimana Anne Marie, amukubise isuka.
Abanyeshuri biga muri IPRC-Tumba, bagejeje umuriro mu ngo 20 z’abapfakazi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’uko babagaho badatekanye kubera kutagira urumuri, banashyikirizwa ibiribwa na telefoni 20 mu kubamara irungu basabana n’inshuti.
Polisi ikorera mu Karere ka Rulindo tariki ya 08 Mata 2022 yafashe abajura batatu batoboye inzu y’umuturage biba ibikoresho bitandukanye birimo Decoderi ya Canal +, iminzani 2, Indangururamajwi, n’amafaranga y’u Rwanda 12,760 banakomeretsa uwitwa Twagirumukiza Theogene wari uvuye mu kazi nyuma yo kumwambura ibyo yari afite.
Umugabo witwa Ayindemeye Jean Marie Vianney w’imyaka 44, uvuka mu Kagari ka Bugaragara mu Murenge wa Shyorongi, Akarere ka Rulindo, ukekwaho kwica umugore we akoresheje isuka ubwo hari ku itariki 04 Werurwe 2022, yaburanishirijwe mu ruhame yemera icyaha anagisabira imbabazi.
Bamwe mu batuye Akarere ka Rulindo, bavuga ko badafite ibyangombwa by’ubutaka bwabo, bakanenga abakora muri serivisi zibishinzwe mu Karere no mu mirenge inyuranye, ko batabafasha uko bikwiye, gusa ubuyobozi bw’ako karere bwafashe ingamba zihamwe zo gukemura icyo kibazo.
Abarema isoko rya Shyorongi mu Karere ka Rulindo, baravuga ko iryo soko rikomeje kuva ibicuruzwa byabo bikangirika ari nako bikomeje kubateza ibihombo mu mikorere yabo.
Ku wa Mbere tariki 28 Werurwe 2022, ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru mu murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo, hatangirijwe icyumweru cyahariwe kurangiza imanza zaciwe n’inkiko Gacaca, zijyanye n’imitungo yasahuwe n’iyangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urwego rw’igihugu rushinzwe tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro (RTB), ruherutse gukora ubukangurambaga mu mashuri yisumbuye mu byiciro rusange, mu rwego rwo kuzamura imibare y’abanyeshuri biga mu mashuri ya tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro (TVET), nyuma y’uko bigaragaye ko abitabira ayo mashuri bakiri bake.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo ku bufatanye n’abaturage, bahagurukiye ikibazo cy’abana bataye ishuri, aho abagera kuri 3545 muri ako karere baba barigaruwemo bitarenze itariki 11 Werurwe 2022.
Mu gitondo cyo ku wa 01 Werurwe 2022, Polisi yafatanye uwitwa Jean Pierre Ndayambaje ibikoresho byifashishwa mu gupima Covid-19 mu buryo bwihuse (Rapid test), kandi nta burenganzira abifitiye.
Iyakaremye Jean de Dieu wo mu Murenge wa Bushoki mu Karere ka Rulindo, yagwiriwe n’inzu ye ahita ahasiga ubuzima.
Akarere ka Rulindo gakomeje kuremera imwe mu miryango ifite abana bagaragayeho imirire mibi bahabwa ibiribwa, ibikoresho by’isuku n’inkoko mu rwego rwo gufasha iyo miryango kubonera abana indyo yuzuye.
Muri IPRC-Tumba hatangijwe inyubako z’amashuri zizatwara miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda, ku nkunga ya Leta y’u Bufaransa mu rwego rwo gutangiza ishami rya Mechatronics ryitezweho kongerera ubumenyi bwo mu nganda abiga mu Rwanda.
Abatuye mu midugudu ya Remera na Budakiranya mu Murenge wa Cyinzuzi, abo mu mudugudu wa Gatwa mu Murenge wa Shyorongi n’abo mu mudugudu wa Gisiza mu Murenge wa Base, bishimiye kwakira mu midugudu yabo Mukanyirigira Judith, Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, bashimira Leta yabubakiye bakaba babayeho neza.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ukuboza 2021, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyarugu yerekanye abantu 11, barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyorongi, Nzeyimana Jean Vedaste, umukozi w’Umurenge Ushinzwe Irangamimerere, Umunyamanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Bugaragara hamwe (…)
Imiryango itishoboye 171 yo mu Karere ka Rulindo, nyuma yo kwiturwa inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda, itangaza ko igiye kugera ikirenge mu cya bagenzi babo basaga ibihumbi 10 bazorojwe mu myaka ishize, aho bagiye kuzifata neza kugira ngo zizabakamirwe zinabahe ifumbire, barandure imirire mibi, kandi bahinge (…)
Umugore wo mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Ntarabana, Akagari ka Kajevuba, yafunzwe iminsi 30 y’agateganyo, akaba ashinjwa icyaha cyo kugambanira umwana w’umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko agasambanywa.
Mu rwego rwo gufasha abaturage kurushaho kumenya abayobozi babo, Kigali Today yagiranye ikiganiro kirambuye na Mukanyirigira Judith watorewe kuyobora Akarere ka Rulindo, avuga byinshi ku mibereho yamuranze anagira ubutumwa agenera abaturage agiye kuyobora.
Intumwa za Banki y’Isi zikomeje kugirira uruzinduko hirya no hino mu Rwanda, zisura bimwe mu bikorwa remezo iyo Banki yateyemo inkunga u Rwanda, aho izo ntumwa zishimira uburyo ibyo bikorwa remezo biri kwifashishwa mu kuzamura uburezi mu Rwanda.
Ibirimo ibikorwaremezo, ibisenge by’amazu ndetse n’imyaka y’abaturage bo mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo, byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga mwinshi, yaguye ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 9 Ukwakira 2021.
Mu gihe Uturere twose tugize intara y’Amajyaruguru dukomeje gahunda yo gufasha urubyiruko rwibumbiye mu muryango FPR-Inkotanyi gusobanukirwa neza amahame remezo y’umuryango, Akarere ka Rulindo ni ko kamaze gutoza umubare munini w’urwo rubyiruko ku rwego rw’umurenge, aho kahigiye kudatezuka kuri iyo ntego, kakaba kahigiye (…)
Ku wa Kane tariki 16 Nzeri 2021, Ubushinjacyaha bwaregeye Urukiko umugore w’imyaka 42 y’amavuko, ubarizwa mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Bushoki, Akagari ka Kayenzi, bumusabira gufungwa by’agateganyo iminsi 30 ku cyaha cyo gusambanya umwana w’Umuhungu w’imyaka 14.
Ubushinjacyaha bwasabiye gufungwa by’agateganyo iminsi 30 umusore ushinjwa gutera urugo rw’abandi mu ijoro akajya gusambanya umwana w’umukobwa wo muri urwo rugo.
Mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Rulindo, haravugwa urupfu rw’umusaza w’imyaka 80 witwa Nkekabahizi Claver, wishwe n’inka ye ubwo yari mu nzira ava kuyigura ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Nyakanga 2021.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhondo, Hakuzimana Valens, n’abandi bari kumwe bagaragaye mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, bakubita umumotari wari utwaye imizigo.