Mu Rwanda umwana ni umuntu utarageza ku myaka 18, itegeko rikaba riteganya ko bene uwo aba akorerwa ibintu by’ibanze birimo guhabwa izina, kurerwa, kugaburirwa no gushyirwa mu ishuri, ariko bose ntibabona ubwo burenganzira kimwe, hakaba hari ababigaragaza iyo berekana imikino inyuranye abab bateguye.
Depite Izabiriza Marie Mediatrice aratangaza ko ashingiye ku bibazo bikigaragara mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, no kuba hari Abanyarwanda benshi badafite iby’ibanze, bigoye kwemeza ko ubumwe n’ubwiyunge bwagerwaho uko bikwiriye.
Abakozi b’ibitaro by’Intara bya Ruhango bibutse abari abakozi b’ibigo nderabuzima bya Kinazi na Mukoma, mu cyahoze ari komini Ntongwe bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banaremera umukecuru wayirokotse utishoboye, bamusanira inzu banamushyirira amazi meza muu rugo.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, aratangaza ko kwibuka abari abakozi b’amakomini yari agize Akarere ka Ruhango, ari umwanya wo kuzirikana uruhare bagize mu iterambere akarere kagezeho, kuko hari ibyo bakoraga na n’ubu byabaye intangiriro y’iterambere rya Ruhango.
Abaturage bo mu Murenge wa Bweramana hamwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bibutse abana n’abagore 470 biciwe mu nzu y’umuturage ahitwa kuri Duwani mu Murenge wa Bweramana, babeshywa ko bazahabadindira.
Komiseri ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu muryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside (IBUKA), Rugero Paulin, asanga abayirokotse bakwiye kurekera aho gusaba imbabazi abazi aho abishwe muri Jensoide bajugunywe, kubera ko birambiranye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Ingabire Assoumpta, atangaza ko iyo politiki imwe mu Gihugu ipfuye, n’izindi zipfa kuko imirongo ya politiki ngari y’Igihugu yuzuzanya.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, avuga ko amacakubiri yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguwe n’abakoroni agashyirwa mu bikorwa n’Abanyarwanda kuva mu 1959.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), uramagana Mukankiko Sylvie n’abameze nka we, bahembera amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside babyita urugamba rwo kurwanya u Rwanda na FPR.
Umuryango Uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), urasaba abategura gahunda zo kwibuka ku matariki atandukanye, kurushaho guha umwanya ubuhamya bw’abarokotse kuko ari bwo bugaragariza ukuri abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma y’imyaka itatu yari ishize nta sengesho rijyanye no kwizihiza icyumweru cy’impuhwe ribera mu Ruhango, kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022 iryo sengesho ryongeye kuba. Ni isengesho ryitabiriwe n’abakirisitu benshi baturutse hirya no hino, harimo n’abo mu bihugu nka Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Uganda (…)
Umubyeyi witwa Nyitamu wo mu Karere ka Ruhango warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aratangaza ko n’ubwo abana n’ibikomere yatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi, agerageza gukora agamije kwiyubaka kugira ngo abamuhemukiye batamusuzugura.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe abantu bane bafite udupfunyika ibihumbi 18 tw’urumogi bari bagiye gucuruza ahantu hatandukanye mu gihugu. Bafatiwe mu Murenge wa Ruhango, Akagali ka Nyamagana, umudugudu wa Kigimbu.
Abakobwa babyariye iwabo mu Karere ka Ruhango bakitabira kwiga imyuga, bavuga ko ibyo bakora bikunze kubura amasoko kubera ko ahanini babikora mu bikoresho bitakigezweho, bigatuma babura ababigura.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage batuye umujyi wa Ruhango, ahanyuraga imihanda y’amabuye, kwitegura kuvugurura inzu zabo igihe ayo mabuye arimo gukurwamo, ngo hashyirwemo kaburimbo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abakozi bako kujya baganira kuri Ndi Umunyarwanda, kugira ngo bungurane inama kandi banoze ubusabane, kuko kubikora ari nko gusenga Imana, kandi kuko uwujuje indangagaciro z’Ubunyarwanda aba ari nta busembwa afite.
Guiverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice arasaba abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango, gushyira imbaraga mu kwigisha abaturage uko biteza imbere kurusha kubaha ibyo bakeneye ako kanya, kuko iyo imishinga imaze guhagarara abaturage basubira mu bukene bahoranye.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Masahiro Imai, arasaba abahabwa inkunga kuzikoresha neza bakazibyaza umusaruro, by’umwihariko ku bategura imishinga mito igamije iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwamurikiwe igikombe cy’Intwari cya Handball, ishuri ryisumbuye rya G.S. Kigoma ryatwaye ku rwego rw’Igihugu, mu marushanwa y’abatarengeje imyaka 20 yahuje ibigo by’amashuri mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye kongera kuzahura ikipe y’amagare yari imaze imyaka ibiri ihagaze kubera icyorezo cya Covid-19.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko rurirmo gushakisha Uwitwa Rutagengwa Alexis wo mu Karere ka Ruhango, bikekwa ko yaba yaragize uruhare mu gutwika imodoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango.
Umubyeyi witwa Mukamana Claudine wo mu Karere ka Ruhango avuga ko akiri umukobwa yari afite ubuzima bwiza, ariko amaze kujya mu Mujyi wa Kigali gukora akazi ko mu rugo, yatewe inda maze atangira ubuzima bwo ku muhanda bwo gucuruza agataro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko ibiganiro hagati y’abashakanye bari mu miryango ibanye nabi byagize uruhare mu kongera kuyibanisha neza, ku buro hari icyizere cy’uko n’indi izagenda ihinduka.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) kiratangaza ko kugira ngo igishanga cya Kanyegenyege mu Karere ka Ruhango kibashe gutunganywa hakenewe amafaranga angana na miliyari imwe n’igice.
Ababyeyi barerera ku kigo cy’amashuri cya Munanira mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, barasaba ko nyuma yo kubakirwa ibyumba bitatu by’amashuri, banafashwa gushyira mu bikorwa gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri.
Abagore mu Karere ka Ruhango barahamya ko iyo umugore akoze akiteza imbere aribwo urugo rurushaho kuzamuka mu iterambere, kuko umusaruro w’umugabo gusa utahaza abagize umuryango.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko amakoperative ashobora kwinjiza amafaranga asaga miliyali eshatu ku mwaka, ajya mu mifuka y’abaturage hakaba hari na koperative ishobora kurenza miliyoni 500frw ku mwaka, agasabwa gukoresha ayo mafaranga mu rindi shoramari aho kuyarekera ku mabanki.
Ikamyo yari ipakiye amavuta ya mazutu yakoreye impanuka mu Murenge wa Ruhango ku muhanda munini uva Kigali-Muhanga-Huye, ubwo yari imaze kugenda nk’ibilometero bitatu uvuye mu Mujyi wa Muhanga.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Ruhango ruratangaza ko mu kwezi k’Ukwakira kwahariwe ubukorerabushake, kuzasozwa nibura hubatswe ibiro icyenda by’imidugudu, n’izu icyenda z’abatishoboye.
Sendika y’abarimu mu Rwanda (SNER) iratangaza ko itazongera kwihangani umwarimu wananiranye cyangwa witwara nabi, kuko byaba ari ugushyigikira amakosa.