Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe umutungo kamere w’ amazi mu Rwanda ( RWB), Ngabonziza Prime, avuga ko mu myaka itatu iri imbere ibiza biterwa n’umugezi wa Sebeya bizaba bitangiye kuba amateka.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi mu Kagari ka Mbugangari mu mudugudu wa Gasutamo kuri uyu wa Mbere tariki ya 06 Nyakanga 2020 ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe abantu batatu barimo kwinjiza mu gihugu ibicuruzwa bya magendu.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu yafashe uwitwa Munyaneza Fabien Alijuni w’imyaka 32, akaba yafatanywe Moto yo mu bwoko bwa TVS ifite ibirango RE 874H yari imaze kwibwa umumotari witwa Imanizabayo Etienne w’imyaka 34. Byabereye mu Karere ka Rubavu mu murenge wa Busasamana mu kagari ka Gishonga.
Polisi ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano bafashe uwitwa Maniraguha Jean w’imyaka 32 y’amavuko, afatanwa ibiro 15 by’urumogi. Yafashwe ku wa Gatanu tariki ya 19 Kamena 2020 afatirwa mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Rubavu mu Kagari ka Byahi mu Mudugudu wa Murambi.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Amazi n’Isukura (WASAC) mu Karere ka Rubavu buratangaza ko kubera imvura yaguye tariki ya 10 Kamena 2020 ikanduza imigezi ya Sebeya na Pfunda, byatumye uruganda rutunganya amazi rwa Gihira ruhagarara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko mu gihe habura ibyumweru bitatu umwaka w’ingengo y’imari 2019-2020 ukarangira, bugeze ku gipimo cya 87% mu kwesa imihigo bwahize muri uwo mwaka.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi buratangaza ko ikigo cya Rugerero cyashyiriweho gupima no gukurikirana abarwayi ba Ebola kigiye gukoreshwa mu gupima icyorezo cya COVID-19.
Ubuyobozi bw’uturere duhana imbibi n’uturere twa Rusizi na Rubavu tuvuga ko twashyizeho ingamba zikumira ingendo.
Kwizera Jean Bosco ufite imyaka 30 y’amavuko yafashwe tariki 5 Kamena 2020 afite udupfunyika tw’urumogi ibihumbi bitatu avuga ko arujyanye i Kigali.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko hashyizweho ibihano ku batubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo COVID-19.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof Anastase Shyaka yatangaje ko gusubiza Umujyi wa Kamembe wo mu Karere ka Rusizi muri gahunda ya Guma mu Rugo byatewe n’uko imibare y’abarwayi bashya muri ako gace ikomeza kwiyongera, kandi ngo uburemere bw’icyorezo muri Rusizi bukaba buruta ubwagaragaye ahandi hose mu gihugu n’Umujyi (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko umwanzuro wo kudafungura ingendo muri aka karere watumye bashyira imbaraga mu gukosora aho kwirinda COVID-19 bitagenda neza.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Mirenge ya Kanama na Kanzenze ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2020 yafashe abantu 13 barimo gutema ibiti mu ishyamba rya Gishwati. 11 muri aba bantu bafatanwe ibiti babyashijemo inkwi abandi 2 bafatanwa imbaho.
Utugari 32 muri 80 tugize Akarere ka Rubavu ku wa Mbere tariki ya 25 Gicurasi 2020 twashyikirijwe murandasi ya 4G, dusabwa kuyifashisha mu kunoza no kwihutisha serivisi.
Ganza Chritian ari mu maboko y’Ubushinjacyaha nyuma yo gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano ashaka guhindura nimero ya telefone ya Habarurema Donat ngo ajye ayikoresha muri gahunda ze.
Kuva tariki 17 Gicurasi 2020 abatuye Umujyi wa Goma bahangayikishijwe n’ubwiyongere bw’icyorezo cya COVID-19 cyongeye kubahoneka nyuma y’igihe abari barwaye bakize.
Abanyeshuri biga mu mashuri makuru na kaminuza mu Karere ka Rubavu bavuga ko bifuza gufashwa gusubira mu Ntara zabo kuko ubuzima budahagaze neza, nyuma y’uko amashuri ahagaritswe kugeza muri Nzeri, mu kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Kuva mu gitondo tariki ya 09 Gicurasi 2020, abaturage ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) batuye mu Karere ka Rubavu babyukiye ku mupaka munini uhuza Goma na Gisenyi bashaka gutaha, ariko Urwego rwabinjira rwa RDC rurabangira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko uretse umuntu umwe wahitanywe n’imvura, ibyo yangije byose muri rusange bitaramenyekana kuko hagikorwa ibarura ryabyo.
Abaturage mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu bakusanyije ibiribwa byo gufasha abatuye mu mirenge y’umujyi ya Gisenyi na Rubavu.
Imvura nyinshi yaguye mu Karere ka Rubavu mu mirenge ya Kanama na Nyundo, yujuje umugezi wa Sebeya wangiza amazu 9 y’abaturage hamwe n’imyaka ihinze kuri hegitari 13.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwandikiye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge, n’ushinzwe ubutaka mu karere kutemeza ubugure bw’imitungo mu gihe cya COVID-19 hirindwa ko abaturage bahendwa.
Abakora uburobyi mu kiyaga cya Kivu bavuga ko icyorezo cya COVID-19 cyagabanyije igiciro ku musaruro bakura mu kiyaga cya Kivu kuko isoko bagurishaho ryagabanutse.
Umuryango uharanira imibereho myiza y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu ‘Ejo Twifuza’, washyikirije Akarere ka Rubavu ibiribwa bizagezwa ku bagezweho n’ingaruka zo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko hashyizweho inzego zigenzura abadashaka kubahiriza amabwiriza yo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Ishyirahamwe ry’abatwara abantu mu buryo rusange mu Rwanda (ATPR), ryashyikirije Akarere ka Rubavu toni enye z’ibiribwa byo gufasha abahuye n’ingaruka zo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Urwego rw’abikorera mu Karere ka Rubavu rwashyikirije Akarere ibiribwa bigenewe abagezweho n’ingaruka zo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu busaba abantu bose bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashaka kwinjira mu Rwanda guca ku mupaka aho kunyura mu nzira zitemewe.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutangaza ko rwataye muri yombi Ntirenganya Jean Claude wagaragaye akubita Niyonzima Salomon wo mu Karere ka Rubavu bikaza kumuviramo gupfa.
Amabwiriza ya Minisitiri w’ntebe yashyizweho mu kwirinda icyorezo cya COVID-19 asaba Abanyarwanda kwirida ingendo zitari ngombwa, ahagarika ingendo z’imodoka zitwara abagenzi, afunga imipaka kandi agahagarika ibikorwa by’ubucuruzi butari ibiribwa, imiti, n’ibikoresho by’isuku.