Abanyecongo bahungiye mu Rwanda batinya iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo bamwe batangiye gusubira iwabo bashingiye ku ituze ry’imitingito.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINERMA) itangaza ko inzu zirenga 1,500 zamaze kwangirika, ndetse igasaba ba nyirazo kuzijya kure kugira ngo hatagira abo zigwira.
Abaturage batuye mu turere turimo kubonekamo ibyuka bituruka mu kirunga cya Nyiragongo, barasabwa kurushaho kwambara agapfukamunwa neza birinda ko ibyo byuka bibinjiramo kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo.
Isambaza zo mu bwoko bw’indugu ku wa 25 Gicurasi 2021 zabonetse mu kiyaga cya Kivu zapfuye zireremba hejuru y’amazi. Ni isambaza zabonetse nyuma y’umutingito wabaye amazi yo mu kiyaga cya Kivu yitera hejuru, nyuma y’akanya gato isambaza zihita zireremba hejuru y’amazi zapfuye.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Kayisire Marie Solange, yatangaje ko abantu batuye kuri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito mu karere ka Rubavu, bagomba kuhava mu gihe babona inzu zabo zatangiye kuzana imitutu.
Imitingito irimo kwiyongera mu Karere ka Rubavu ikomeje guhangayikisha abaturage barimo kwangirizwa ibyabo, uwo ku manywa kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gicurasi 2021 ukaba wangije inyubako ikorerwamo n’ivuriro rizwi nka La Croix du Sud riri mu mujyi wa Gisenyi.
Imodoka zitwara abagenzi zibakura mu mujyi wa Gisenyi zerekeza i Kigali zikomeje kubura kubera abazikeneye babaye benshi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamaze gusaba abakorera mu isoko rya Gisenyi gufunga bakajya gukorera mu yandi masoko.
Imitingito ikomeje kongera ubukana mu mujyi wa Gisenyi, abaturage batangiye kuzinga ibyabo bahunga umujyi kuko inzu zirimo gusenyuka ari nyinshi.
Impunzi 64 zabyutse zambukiranya ikibaya gihuza u Rwanda na Congo binjira mu Murenge wa Busasamana bavuga ko barimo guhunga imyotsi iva mu mazuku yarutswe n’ikirunga cya Nyiragongo kuwa 22 Gicurasi 2021.
Mu masaha ya saa mbiri n’igice kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gicurasi 2021, ni bwo mu mujyi wa Gisenyi no mu nkengero zaho hatangiye kumvikana imitingito ifite ubukana bwinshi ndetse zimwe mu nzu zitangira kwiyasa izindi zirasenyuka.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney urimo gusura ibikorwa byangijwe n’umutingito mu Karere ka Rubavu, ndetse akanasura n’impunzi z’Abanyecongo bahungiye mu Rwanda kubera imitingito irimo kwiyongera, yatangaje ko harimo gukorwa ibishoboka byose ngo bagezweho ubufasha byihuse.
Umutingito wumvikanye mu masaha ya saa yine kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gicurasi 2021, wangije ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Rubavu harimo umuhanda wa kaburimbo hafi y’ishuri rya TTC Gacuba, inzu z’abaturage n’inyubako z’ubucuruzi.
Impuguke mu bijyanye n’imitingito zirasaba abaturiye ahari kumvikana imitingito kwirinda kuba mu nzu kugira ngo haramutse habaye umutingito ukomeye utabasenyeraho amazu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yasuye Abanyekongo bahungiye mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 22 Gicurasi 2021, kubera iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo abizeza ko Leta y’u Rwanda ibahumuriza kandi ibari hafi.
Mu ijoro ryakeye abaturage babarirwa mu bihumbi birindwi bari binjiye mu Rwanda baturutse i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batinya kugerwaho n’ingaruka z’ikirunga cya Nyiragongo cyarimo kiruka cyerekeza mu mujyi wa Goma.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abayobozi n’inzego z’ibanze n’abavuga rikumvikana mu mirenge ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rubavu, gukemura ibibazo by’abaturage hirindawa imirongo y’ababaza iyo haje umuyobozi uturutse mu nzego zo hejuru.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney uri mu ruzinduko rw’akazi mu Ntara y’Iburengerazuba, yasuye Akarere ka Rubavu areba n’isoko rya Gisenyi ryadindiye, asaba ko ku itariki ya 5 Kamena 2021 ryatangira kubakwa.
Mu masaha ya saa munani z’amanywa mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, haberereye impanuka yatewe n’ikamyo yacitse feri igonga imodaka yo mu bwoko bwa ‘Minibus’ (twegerane) yari itwaye abagenzi, babiri bahasiga ubuzima.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu butangaza ko bwafashe abantu 66 bari mu cyumba cy’amasengesho bitemewe.
Abakozi babarirwa muri 250 bakora mu ruganda rw’icyayi rwa Pfunda bahagaritse imirimo mu buryo busa n’imyigaragambyo bashinja ubuyobozi kutabitaho no kutubahiriza amategeko agenga umurimo mu Rwanda.
Sandro Shyaka ubarirwa mu bakire ba mbere mu Karere ka Rubavu, biravugwa ko mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 12 Gicurasi 2021 yaba yashimuswe n’abarwanyi ba FDLR ahitwa Kimoka mu birometero 30 uvuye mu Mujyi wa Goma werekeza mu muhanda wa Sake-Kitshanga werekeza i Masisi.
Munezero Jean ni umwarimu mu ishuri ry’imyuga rya ESTB i Musanze akaba asaba ubufasha bumushoboza gukomeza gufashwa n’imashini mu kuyungurura amaraso kuko impyiko ze zidakora kandi ubwo buvuzi buhagaze ngo ntiyamara ibyumweru bitatu agihumeka, ariko akanifuza gufashwa ngo abe yajya kwivuriza mu Buhinde agasimburirwa impyiko.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarubande mu Kagari ka Mbugangari mu mujyi wa Gisenyi, batangaza ko ‘poste de santé’ bahawe yatumye batandukana no kujya kugura imiti ya magendu mu mujyi wa Goma, rimwe na rimwe bakagura idahuye n’uburwayi bwabo.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze abakozi babiri bakora mu rwego rw’ubutabera bacyekwaho icyaha cya ruswa.
Abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kuzimya inkongi ku mugoroba wo ku wa mbere tariki ya 03 Gicurasi 2021 ahagana saa kumi n’imwe bajimije ikamyo yari ihetse meterokibe 33 za Lisansi. Bayijimije igeze mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Rugerero mu Kagari ka Rugerero mu Mudugudu wa Nyarurembo.
Ku itariki ya 02 n’iya 03 Gicurasi 2021 mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu hafatiwe urubyiruko rw’abasore n’inkumi 62, ni mugihe mu ijoro ryo ku itariki ya 30 Mata 2021 mu mujyi wa Gisenyi na none hari hafatiwe abandi 76, abenshi ngo bakaba baturuka mu Mujyi wa Kigali bagafatwa banywa inzoga banabyina.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu zataye muri yombi umubyeyi ucyekwaho gushyira ku ngoyi umwana yibyariye ndetse akamutwika ibirenge.
Abafashwe bazira kurenza isaha ya saa tatu z’ijoro, kutambara udupfukamunwa hamwe no gufatirwa mu tubari.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu batangaza ko bahangayikishijwe n’imicungire y’urwibutso rushyinguyemo imibiri y’ababo, kuko hari bimwe mu byo bashyizwemo biburirwa irengero.