Uyu musore ngo yararanaga na mushiki we kuva bakiri abana, bakomeza kurarana bamaze no gukura kugeza ubwo amuteye inda nk’uko byemezwa na Inspector of Police Gahongayire Corneille, ukuriye ubugenzacyaha mu karere ka Nyaruguru.
Inspector Gahongayire avuga ko uyu musore yateye inda mushiki we mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka, ku buryo ubu ngo iyi nda igeze mu mezi atatu.
Uyu musore akimara gutabwa muri yombi yahise ajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya polisi mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe, akaba ari no kuburanishwa n’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe.
Murwanashyaka yiyemerera ko yasambanyaga mushiki we kuva kera, kandi ko ngo ari nawe wamuteye iyo nda.
Inspector Gahongayire asaba ababyeyi kujya birinda kuraranya abana badahuje ibitsina ku buriri bumwe, kandi agasaba abaturage kujya batanga amakuru hakiri kare kugirango ibyaha bikumirwe bitaraba.
Murwanashyaka aramutse ahamwe n’iki cyaha, azahanwa hakurikijwe ingingo ya 191 mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, itegenyiriza igihano cy’igifungo cya burundu y’umwihariko, umuntu wese uhamwe n’icyaha cyo gusambanya umwana utaruzuza imyaka 18.
Charles Ruzindana
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|