Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (Rwanda Governance Board-RGB), Dr Felicien Usengumukiza atangaza ko nta terambere rishobora kugerwaho hatabayeho imiyoborere myiza.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Ambasaderi Gatete Claver arasaba abayobozi b’amabanki n’ibigo by’imari korohereza abaturage bose, by’umwihariko abagore kubona amafaranga babashishikariza gusaba inguzanyo.
Urwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yozefu rw’i Nyamasheke, tariki 23/02/2013, rwatangije Club y’Icyongereza igamije gukangurira abanyeshuri b’iki kigo gukoresha ururimi rw’icyongereza mu mvugo zabo za buri munsi.
Nsekanabo Athanase w’imyaka 20 y’amavuko utuye mu karere ka Nyamasheke, wari wibye Stabilisateur mu kabari yaje kubabarirwa na nyir’ukwibwa, nyuma yo kuyimufatana. Nyirakabari yatangaje ko ari ukugira ngo amuhe isomo ryo gukoresha amaboko ye.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Rose Mary Mbabazi, atangaza ko nta terambere na rimwe rishobora kugerwaho hadakoreshejwe ikoranabuhanga ndetse nta gihugu na kimwe mu mateka y’isi cyigeze gitera imbere hatabayeho ikoranabuhanga.
Mu gihe cy’iminsi itatu gusa, urubyiruko rwaturutse muri Korea y’Epfo ku bufatanye n’urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke babashije kuzuza inzu y’umukecuru utishoboye ifite agaciro gasaga amafaranga ibihumbi 600.
Umukuru w’Inkeragutabara mu Ntara y’Iburengerazuba, Colonel John Tibesigwa, arakangurira Inkeragutabara zo mu karere ka Nyamasheke gutinyuka zikipimisha ku bushake virusi itera SIDA kugira ngo zimenye aho zihagaze imbere y’iki cyorezo.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Nyamasheke zifatanyije n’abaturage bamaze guta muri yombi umugore witwa Mukatuyizere Costasie w’imyaka 25 y’amavuko ukekwaho ko ari we wataye uruhinja rwatoraguwe ari umurambo mu mudugudu wa Busasamana, mu kagari ka Shangi mu murenge wa Shangi wo mu karere ka Nyamasheke, tariki 11/02/2013.
Ishuri ry’Incuke ry’icyitegererezo ryubatswe na Banki y’Abaturage y’u Rwanda mu nyungu z’abakiriya bayo ryatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu, tariki 15/02/2013 mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Ibiro 133 by’urumogi byamurikiwe abaturage mbere y’uko Polisi ibitwika mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe ubufatanye bw’abaturage n’inzego za Polisi mu kwicungira umutekano “Community Policing Week” mu rwego rw’akarere ka Nyamasheke.
Umurambo w’uruhinja rukivuka watoraguwe saa 16h00 tariki 11/02/2013 ku kimoteri cy’isoko rya Bushenge mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, ariko uwarutaye ntaramenyekana.
Imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 11/02/2013 yahitanye umuntu umwe abandi babiri bajyanywa mu bitaro mu karere ka Nyamasheke. Mu karere ka Ruhango ho yasenye amazu atandatu.
Akarere ka Nyamasheke karashimira Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ku mahugurwa yahaye abafite mu nshingano zabo imiturire muri aka karere ajyanye no gukora ibishushanyo no gufata ibipimo by’imidugudu.
Nyiramvuyekure Petronile wayoboraga akagari ka Gasheke, mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke afunzwe akurikiranyweho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 1 yari yishyuwe imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside ariko we ntayashyikirize bene yo nyuma yo kuyishyuza.
Komite zishinzwe imiturire mu turere zirasabwa gukorera hamwe zikamenyekanisha gahunda ya Leta y’imiturire ivuguruye kugirango gahunda y’iterambere ry’imijyi n’imiturire ivuguruye mu cyaro igerweho mu gihe cyateganyijwe muri gahunda ya kabiri y’imbaturabukungu no kurwanya ubukene (EDPRS 2).
Abasore babiri bo mu karere ka Karongi bafungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bazira kwiyita abakozi b’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority) bagasoresha abaturage bo kuri Centre y’ubucuruzi ya Jarama mu murenge wa Gihombo tariki 02/02/2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke burishimira ko muri aka karere hamaze gukorwa ikibuga cy’indege cya Gisakura kandi bukavuga ko iki kibuga kizaba igisubizo ku iterambere ry’ubukerarugendo muri aka karere.
Urubyiruko rurakangurirwa kwirinda gutwarwa n’irari ryo gukora imibonano mpuzabitsina y’imburagihe ahubwo rukarangwa n’urukundo nyakuri kandi rufite intego; nk’uko byatangajwe mu itangizwa ry’icyumweru cy’Urukundo Nyakuri mu Rubyiruko (Week for True Love).
Inkuba zaraye zikubise mu mvura yaguye ku mugoroba wa tariki 28/01/2013 mu karere ka Nyamasheke zahitanye ubuzima bw’umuntu, zica inka ndetse n’ibikorwa bitandukanye birangirika.
Mu mihigo 85 akarere ka Nyamasheke kahize muri uyu mwaka wa 2012-2013, 17 muri yo yamaze gushyirwa mu bikorwa 100% naho 23 iracyari munsi ya 50%.
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe igenamigambi, Rugamba Egide, yameza ko kuba hari amahanga yahagaritse inkunga yageneraga Leta y’u Rwanda nta ngorane bizateza ku mafaranga yagenewe imihigo yahizwe mu nzego z’ibanze.
Akagari ka Buvungira ko mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke katsinze aka Ngoma ibitego 2-1 ubwo hatangizwaga amarushanwa y’Igikombe cyitiriwe Perezida Paul Kagame mu nzego z’ibanze ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke.
Abacururiza mu nyubako nshya z’isoko rya kijyambere rya Buhinga riri mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko bishimira izi nyubako kuko zatumye bagera ku nyungu batashoboraga kugeraho mbere y’uko ryubakwa kuko bacururizaga mu mbaho.
Nyirambonyimana Noella w’imyaka 36 y’amavuko wari Umucungamutungo (Comptable) wa Koperative Umurenge SACCO yo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi kuri uyu wa 19/01/2013 akekwaho gukoresha impapuro mpimbano ngo anyereze umutungo.
Abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bashimiye Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, ko yabagobotse nyuma y’umutingito wabaye mu 2008 ugahungabanya Intara y’Iburengerazuba.
Nyuma y’uko umusaza Ruzindana Ladislas wo mu karere ka Nyamasheke agaragarije Perezida Kagame akarengane yagiriwe na NPD-COTRACO yakoresheje ubutaka bwe itamwishyuye, ku wa 17/01/2013 iyi sosiyete yamwishyuye amafaranga miliyoni nk’ingurane y’ubutaka yakoresheje icukuramo itaka ryo gukora umuhanda Buhinga-Nyamasheke.
Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, yemereye akarere ka Nyamasheke umuhanda wa kaburimbo ureshya na kilometero eshatu uturuka ku muhanda munini wa Kigali-Rusizi ukagera ku Bitaro bya Bushenge.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buratangaza ko intambara ibera muri Congo bihana imbibi ntacyo yahungabanyije ku mutekano w’ako karere kandi ubuhahirane hagati y’abaturage ku mbande zombi ntabwo bwahungabanye.
Umugore w’umupfakazi utuye mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke witwa Mukankusi Lucie, atangaza ko amaze kugera ku rwego rwo kwiteza imbere ubwe nyuma y’uko yavanywe muri nyakatsi akubakirwa inzu y’amabati ndetse agahabwa inka.
Ubwo yaganiraga n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa gatatu, tariki 16/01/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yababwiye ko nta muntu ukwiriye gusabiriza ahubwo buri wese akwiriye gukora kuko umurimo ari wo uteza imbere nyirawo.