Umwana w’imyaka 7 witwa Gisubizo Janvier, yagonzwe n’imodoka ya Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda mu karere ka Nyamasheke saa tanu tariki 25/11/2012 yitaba Imana nijoro aguye mu Bitaro bya Kibogora.
Akarere ka Nyamasheke karishimira ko abaturage bagatuye bakangukiye gukoresha neza ifumbire kandi imvura ikaba yaragwiriye igihe mu gihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2013 bikazatuma umusaruro w’ubuhinzi wiyongera, nk’uko babiteganya.
Abaturage bo mu kagari ka Save mu murenge wa Ruharambuga wo mu karere ka Nyamasheke barishimira ko imiyoborere myiza irangajwe imbere na FPR-Inkotanyi yatumye babasha kubona amashuri n’ivuriro hafi yabo ndetse bakabasha kwikura mu bukene bashingiye ku bitekerezo by’uyu muryango.
Imodoka yo mu bwoko bwa COASTER ifite plaque RAC 156G ya sosiyete itwara abagenzi “Impala” yagonze umumotari ahita akomereka mu mutwe mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 20/11/2012 ahagana saa tanu n’igice.
Abasenateri barasaba ko imisanzu ya mutuelle yajya itangwa hakiri kare kugira ngo abayitanze babashe kwivuza badakererewe kandi inzego zose zirebwa n’iyi gahunda zigakora ibishoboka kugira ngo ubushake bwo gutanga ubu bwisungane buhinduke umuco.
Abaturage bo mu tugari twa Gisanze na Mataba bakoze umuganda wo kuremera umubyeyi witwa Apollinarie Nyiramashashi uherutse gupfusha umugabo we wacitse ku icumu rya jenoside, mu muhango wo gusoza icyumweru cyahariwe ubumwe n’ubwiyunge.
Umuryango utegamiye kuri Leta, ATEDEC wateye inkunga abagore 100 babana na virusi itera SIDA bo mu mirenge itatu yo mu karere ka Nyamasheke kugira ngo bahereho biteze imbere. Buri mugore yahawe amafaranga ibihumbi 20.
Komezusenge Emmanuel w’imyaka 30 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu, akagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano yatemye umusaza w’imyaka 62 witwa Shirubwiko Pianus akoresheje umupanga yari yambuye umwana wajyaga kwahira ubwatsi bw’amatungo tariki 11/11/2012.
Umuhuzabikorwa w’Itorero ry’Igihugu mu karere ka Nyamasheke, Hakizimfura Jean Chrysostome, aremeza ko gutegura itorero ryo ku rugerero rigizwe n’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye muri ako karere bigeze ahashimishije.
Umugabo witwa Kanuma Kasiyani w’imyaka 42 utuye mu mudugudu wa Gikuyu, akagari ka Ninzi, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, yatezwe n’agatsiko k’abantu baramukubita bamuhindura intere, agobokwa n’inzego zishinzwe umutekano.
Obed w’imyaka 44, utuye mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri poste ya polisi ya Kagano mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 7.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Kigoya, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatanu tariki 02/11/2012 bijihije isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse boroza bagenzi babo amatungo agera ku 124.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abaturage batuye akarere ka Nyamasheke gukoresha neza ubutaka bwabo baburinda isuri kuko ari bwo butunzi fatizo bwabageza ku iterambere rirambye.
Ku gicamunsi cya tariki 31/10/2012 imodoka ya sosiyete y’itumanaho ya TIGO yakoze impanuka mu muhanda uva ku karere ka Nyamasheke werekeza ahitwa ku Buhinga, hafi y’ibiro by’umurenge wa Bushekeri ariko nta wahasize ubuzima.
Abagize umutwe w’Inkeragutabara mu karere ka Nyamasheke barashimirwa uruhare bakomeje kugaragaza mu iterambere ry’ako karere kandi bagashishikarizwa gukomeza gahunda yo kwibumbira mu makoperative kugira ngo barwanye ubushomeri.
Inzu 15 z’amacumbi y’abarimu bigisha mu mashuri y’Uburezi bw’ibanze bw’Imyaka 12 (12YBE) bigisha mu karere ka Nyamasheke zizaba zuzuye bitarenze impera z’uyu mwaka, aho hari kubakwa imwe mu mirenge 15 igize aka karere.
Ingabire Solange w’imyaka 26 ukora umwuga wo kudoda mu murenge wa Kagano wo mu karere ka Nyamasheke yiteje imbere ahereye ku mafaranga 2000 none nyuma y’imyaka 12 ageze ku asaga miliyoni.
Ndikubwimana Erneste w’imyaka 33 afungiye kuri station ya polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke akekwaho urupfu rw’umukobwa w’imyaka 20 witabye Imana nyuma yo gusambanywa n’abahungu babiri barimo uyu Ndikubwimana.
Inama y’abaminisitiri yateraniye tariki 10/10/2012 yemereye by’agateganyo ishuri rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic) gutangiza ishami ry’uburezi (Education), iry’ubucuruzi n’iterambere (Business and Development Studies), rikazajya ritanga impamyabumenyi y’ikiciro cya kabiri cya kaminuza.
Abanyeshuri barindwi bo ku rwunge rw’amashuri rwa Bigutu ruri mu Murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke bahungabanye bikomeye bitewe n’inkuba yakubise inyubako z’iryo shuri mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 10 Ukwakira 2012.
Akarere ka Nyamasheke karatangaza ko ibikorwa by’urukozasoni byo gukopeza abanyeshuri mu bizamini bya Leta byagaragaye umwaka ushize muri aka karere bikwiriye kuba umuziro, ntihazagire aho byongera kugaragara.
Abakirisitu Gatolika bo muri Paruwase ya Hanika, muri Diyoseze ya Cyangugu barasabwa guhuza ukwemera kwabo n’imirimo y’ibikorwa bifatika kandi bitanga umusaruro kugira ngo uko kwemera kubashe kugira agaciro.
Mu nama akarere ka Nyamasheke kagiranye n’abacukuzi b’amabuye y’agaciro muri ako karere kuri uyu wa kane tariki 04/10/2012, abacukuzi basabwe kubukora mu buryo burengera ibidukikije kandi bwemewe n’amategeko.
Umugabo witwa Munyentwari Ignace ukekwaho gushaka gutanga ruswa ku mupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruharambuga mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke.
Kuri uyu wa kabiri tariki 02/10/2012, mu karere ka Nyamasheke hatangiye ibiganiro by’iminsi ibiri hagati ya komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge (NURC) n’inzego zitandukanye z’ubuyobozi n’izihagarariye ibyiciro bitandukanye by’abaturage.
Umushinwa wakoraga muri sosiyete ikora umuhanda Nyamasheke-Karongi yitwa “société nationale chinoise des travaux de ponts et chaussées” yagonzwe n’imashini ipakira izindi, mu ma saa kumi n’imwe zo mu gitondo tariki 30/09/2012 yitaba Imana.
Mukeshimana Thomas w’imyaka 38 y’amavuko yatawe muri yombi tariki 26/09/2012 afite inoti z’inkorano za bitanu zihwanye n’amafaranga ibihumbi 65, akaba yari ari kugura ikarita ya terefoni akoresheje inoti ya 5000.
Biyakiteto Antoine afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo kuva kuwa kabiri tariki 25/09/2012 azira gufatanwa amafaranga y’amiganano bihumbi 15.
Inkuba yakubise umupasiteri w’itorero ry’Ababatisita witwa Buzizi Joel wo mu murenge wa Kirimbi, mu kagari ka Karengera mu mudugudu wa Nduba, ku gicamunsi cyo kuwa mbere tariki 24/09/2012 maze Imana ikinga ukuboko.
Ihuriro ry’amashyirahamwe agenzura uko serivisi z’ubuzima zihabwa abaturage mu bigo nderabuzima no mu bitaro mu karere ka Nyamasheke na Rusizi (FASACO) riri guhugura abakangurambaga b’urungano bazarifasha guhugura urubyiruko ruri hagati y’imyaka 14 na 24 ku kurwanya icyorezo cya SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.