Mu gihe bitegura uruzinduko rwa Perezida Kagame tariki 16/01/2013, abaturage b’akarere ka Nyamasheke barishimira ibyo bagezeho haba ku bishingiye ku masezerano yijeje aka karere cyangwa se ku bikomoka ku cyerekezo yahaye igihugu muri rusange.
Ubwo yaganiraga n’abashinzwe gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Nyamasheke, tariki 08/01/2013, Senateri Kalimba Zéphilin, yatangaje ko urwego rw’Ubumwe n’Ubwiyunge muri ako karere rugeze ahashimishije, nk’uko bigaragarira mu bikorwa bitandukanye bishyigikira iyi gahunda.
Umugabo uzwi ku izina rya Emmanuel ukomoka mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke acumbikiwe kuri Station ya Police ya Kanjongo ashinjwa kwiba butike y’umuturage wo mu murenge wa Macuba.
Ishuri ryisumbuye “College Intwari de Mwezi-APECUM” riri mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke ryahagaze gutanga uburezi muri uyu mwaka w’amashuri wa 2013 bitewe no kubura abanyeshuri bahagije bo kuryigamo.
Umumotari witwa Hakizimana Ephrem w’imyaka 21 y’amavuko wo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke arwariye mu Bitaro bya Kibogora nyuma yo gukora impanuka ya moto.
Abaturage bo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke bahawe ubufasha butandukanye mu gihe Umuryango wa FPR-Inkotanyi wizihizaga isabukuru y’imyaka 25 barishimira intambwe ishimishije bateye kubera ubwo bufasha.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke barasabwa guteza imbere ibyagezweho mu myaka 25 irangiye uyu muryango umaze uvutse, nk’uko byagarutsweho kuri uyu wa Gatandatu tariki 05/01/2013, mu nama yahuje abanyamuryango ba FPR muri aka karere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko harimo gukorwa inyigo yimbitse yo kumenya icyateye inkangu yatengukiye igice cy’umuhanda wa kaburimbo ukorwa muri ako karere ikawusenya ndetse ikawutirimura.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke n’abaturage bako barishimira ko umwaka wa 2012 urangiye usize umuhanda wa kaburimbo ari nyabagendwa kandi muri aka karere hakaba haruzuye ibitaro bya Bushenge bizatuma ubuzima bw’abatuye aka karere bwitabwaho uko bikwiye.
Umuyobozi w’Ishuri ry’Ubuhinzi n’Ubworozi rya Ntendezi (EAV-Ntendezi), Ndashimye Léonce, avuga ko iri shuri rigira uruhare rugaragara mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi muri aka karere, ndetse n’ahandi mu gihugu muri rusange.
Abakora umwuga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro barasabwa kugira gahunda bagenderaho kugira ngo umurimo bakora utange umusaruro kandi uheshe agaciro abawukora.
Ndekezi Ephrem w’imyaka 65 n’umugore we Uzamushaka Berthe w’imyaka 58 bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke barwariye ku Bitaro bya Kibogora nyuma yo gukubitwa n’inkuba kuri Noheri, tariki 25/12/2012.
Ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa gerenade byatoraguwe ahakorwa umuhanda wa kaburimbo mu mudugudu waButangata, akagari ka Nyarusange mu murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke tariki 26/12/2012.
Ibi byatangajwe ku wa gatanu, tariki ya 21 Ukuboza, ubwo itsinda rishinzwe kugenzura imiterere y’ahazubakwa umujyi ryagiranaga ibiganiro n’izi nzego mu rwego rwo kunoza imigendekere myiza y’iki gikorwa ubwo kizaba gitangiye.
Abakirisito b’Itorero rya ADEPR bo muri Paruwase ya Rwesero mu karere ka Nyamasheke, ku cyumweru, tariki 23/12/2012 batashye urusengero rwuzuye rutwaye amafaranga asaga miliyoni 289.
Ikigo cy’Igihugu giushinzwe Uburezi (REB), gifite gahunda yo guhugura abarimu aho bari hose ku ikoranabuhanga, mu rwego rwo kubafasha kurikoresha mu kwigisha kwabo no guhererekanya amakuru no gufasha abanyeshuri kwiyigisha badategereje ko umwarimu ababwira buri cyose.
Intore zo ku rugerero zo mu karere ka Nyamasheke zashoje Itorero zishimirwa imyitwarire myiza zagaragaje ndetse n’abariteguye bakaba barakoze ibyasabwaga kugira ngo bigende neza.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Ngoma mu murenge wa Bushekeri, Hagenimana Valens, yahagaritswe ku mirimo ye kubera amakimbirane ashingiye ku gushinjanya amarozi yagiranye n’umugore we Furaha Petronile, utuye mu kagari ka Nyarusange muri uyu murenge wa Bushekeri.
Sosiyete y’Abashinwa ikora umuhanda mu karere ka Nyamasheke “CHINA ROAD & BRIDGE CORPORATION”, yateye inkunga ya miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda Urwunge rw’Amashuri rwa Nyanza.
Inama y’umutekano yaguye y’Umurenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Gatanu, tariki 14/12/2012, yemeje ko utubari tugomba gufungura guhera Saa Cyenda z’amanywa tugafunga saa Mbiri z’ijoro, andi masaha tukaba dufunze.
Nyiransabimana Mariane utuye mu mudugudu wa Muko, akagari ka Ntendezi, umurenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, tariki 09/12/2012, yatemye umugabo we hejuru y’ijisho ariko Imana ikinga ukuboko.
Muri uyu mwaka wa 2012, akarere ka Nyamasheke kongeye kuza ku mwanya wa kabiri ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’imiyoborere myiza no kurwanya ruswa ategurwa n’urwego rw’umuvunyi. Umwaka ushize nabwo Nyamasheke yari yabaye iya kabiri.
Ikamyo yo muri Tanzania ifite purake TZ 269BJ yakoze impanuka mu ishyamba rya Nyungwe maze Kigingi wayo witwa Ildi ahita yitaba Imana ahagana saa saba z’amanywa yo kuri uyu wa 05/12/2012.
Gahunda y’akarere ka Nyamasheke yo gukemura ibibazo abaturage bagaragaza ibafasha kurenganurwa kandi bakabasha gukora imirimo yabo badasiragijwe n’ababa bashaka kubariganya.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 16 witwa Ndatimana Jason wo mu mudugudu wa Mushungo, akagari ka Nyarusange, umurenge wa Kirimbi mu karere ka Nyamasheke, yarohamye mu kiyaga cya Kivu ubwo yari agiye kuvoma ahita yitaba Imana tariki 03/12/ 2012.
Akarere ka Nyamasheke kaza ku isonga mu Ntara y’iburengerazuba mu kugira abanyamuryango benshi ba FPR-Inkotanyi kandi bakora neza, nk’uko byemezwa na Komiseri Ushinzwe Imibereho myiza mu muryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba, Madame Nirere Françoise.
Mu gihe habura amasaha ngo umuryango wa FPR-Inkotanyi wizihize isabukuru y’imyaka 25 ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke, ubuyobozi bwawo muri aka karere buratangaza ko ari byinshi byishimirwa byagezweho ku bw’uyu muryango.
Musabyemungu Emmanuel w’imyaka 27 wo mu murenge wa Macuba mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Poste ya Polisi ya Macuba akurikiranyweho icyaha cyo kwica murumuna we witwa Harindintwari Jean Paul w’imyaka 23, amuteye icyuma mu mutima.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Nyamasheke zitangaza ko umutekano wifashe neza muri rusange ariko zigasaba inzego zose kurushaho gukaza ingamba zo kuwubungabunga.
Gasigwa Augustin uri mu kigero cy’imyaka 20 utuye mu kagari ka Ninzi mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi mu gitondo cya tariki 26/11/2012 azira kwiba insinga z’amashanyarazi mu mudugudu wa Kavune muri ako kagari.