Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 24/12/2012, inkambi ya Kigeme icumbikiwemo impunzi z’abanyekongo zahunze imirwano n’umutekano muke biri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yakiriye indi miryango 34 igizwe n’abantu 135 baje baturuka mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira.
Ikiraro cyo ku mugezi wa Rukarara giherereye mu Kagari ka Nyabisindu mu murenge wa Kaduha gihuza imirenge ya Mbazi na Kaduha cyari kimaze umwaka cyarangiritse bikabije, cyongeye kuba nyabagendwa nyuma yo gusanwa.
Mu ijoro ryakeye rishyira tariki 21/12/2012 hagati ya saa yine na saa tanu z’ijoro, abantu bitwaje intwaro bataramenyekana bateye SACCO y’umurenge wa Musange maze bica umukozi wari ushinzwe isanduku (caissier) banatwara amafaranga yari ari muri iyi koperative.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yateranye tariki 16/12/2012 yemeje ko abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ine mu mirenge 17 igize ako karere bahindurirwa imirenge bayoboraga.
Ikiraro kiri ku mugezi wa Rukarara gihuza umurenge wa Mbazi n’uwa Kaduha yo mu karere ka Nyamagabe cyari kimaze igihe kirenga umwaka cyarangiritse ku buryo imodoka zitari zikibasha kugendaho, ubu noneho ngo mu minsi mike kiraba cyongeye gukoreshwa.
Abahuzabikorwa b’inama y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’imirenge yose igize akarere ka Nyamagabe basinyanye imihigo n’umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko ku rwego rw’akarere kuri uyu wa mbere tariki 10/12/2012.
Remy Uwamahoro ari mu bamaze kubona inguzanyo bari bakeneye muri gahunda ya Hanga Umurimo kandi batangiye no kuyikoresha icyo bayisabiye, n’ubwo hari abinubira itabagejeje ku byo bateganyaga kugeraho, bitewe no kutabonera igihe inguzanyo bari bizeye.
Itsinda rya Dream Boyz rigizwe n’abasore babiri Nemeye Platini na Mujyanama Claude aka TMC, kuwa kane tariki 06/12/2012 ryasusurukije impunzi z’Abanyekongo zahungiye ku nkambi ya Kigeme iri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Abantu bake bakomeretse byoroheje ubwo taxi itwara abagenzi yakoraga impanuka mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 06/12/2012, mu mudugudu wa Gasaka, akagari ka Nzega ko mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Abasezeye umwuga w’uburaya baratangaza ko bashobora gukoresha akagoroba k’ababyeyi bakangurira abashakanye kwirinda gucana inyuma, kuko bazi neza amayeri abashaka gusenya ingo muri ubwo buryo bakoresha.
Urugaga rw’urubyiruko ruri mu muryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamagabe rwubakiye umukecuru, umwe mu bahejwe inyuma n’amateka utishoboye utagiraga aho yikinga.
Umuyobozi w’umuryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamagabe, Philbert Mugisha aratangaza ko FPR-Inkotanyi yabahesheje agaciro ikabahindurira amateka, abantu bakaba batacyumva Gikongoro ngo bumve inzara n’abaturage bakennye cyane.
Abikorera bo mu karere ka Nyamagabe bahisemo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, berekana ibyo bagezeho babikesha uyu muryango, mu imurikabikorwa ry’iminsi ibiri ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko nyuma y’icyumweru kizatangira kuri uyu wa Mbere tariki 03/12/2012, buzaba bwamaze gukemura ibibazo byose byajyaga bigaragara mu kudatangirwa imisanzu y’abakozi ku gihe mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubwiteganyirize bw’abakozi (RSSB) cyane cyane mu birebana n’ubuvuzi.
Amakoperative y’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Nyamagabe arasaba gufashwa kwiga imishinga yabyara inyungu kugira ngo amafaranga bagenerwa abashe kunguka bityo abafashe gutera imbere.
Abaturage bo mu kagari ka Remera, mu murenge wa Gasaka ho mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko ibikorwa bafashijwemo n’umushinga World Vision byo guhinga inyanya mu nzu zabugenewe zitwa “green Houses” bizabafasha kuzamuka mu bukungu ndetse no kunoza imirire mu ngo zabo.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Musebeya mu karere ka Nyamagabe bifuza ko hari ibyahinduka muri politiki nshya y’ubwisungane mu kwivuza kuko hari aho bibabera imbogamizi mu kuyishyira mu bikorwa.
Ku bufatanye bw’umushinga ARTCF (Association Rwandaise des Travailleurs Chretiens Feminin) na Care international, kuri uyu wa kabiri tariki 27/11/2012, hatangijwe amahugurwa y’iminsi itatu agenewe abarimu bazigisha mu masomero y’abakuze bo mu mirenge igize akarere ka Nyamagabe.
Abaturage bo mu mirenge ya Musebeya na Buruhukiro bivuriza ku kigo nderabuzima cya Musebeya, ntibishimira kuba iyo bibaye ngombwa ko boherezwa ku bitaro babohereza i Kaduha, bemeza ko bigoranye kugera kuhagera, aho koherezwa ku bitaro bya Kigeme.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwali, aributsa abayobozi ko bagomba gutura aho bayobora, utabishoboye akareka ababishoboye bagakora. Yemeza ko ari mu rwego rwo kugira ngo bakurikirane ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo intara yiyemeje.
Umusore w’imyaka 20 witwa Kwitonda Cyriaque acumbikiwe kuri sitasiyo ya Gasaka mu karere ka Nyamagabe ukekwaho kugira uruhare mu bujura bw’insinga z’amashanyarazi ku rugomero rwa Rukarara ruri kubakwa mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe.
Kuri iki cyumweru tariki 18/11/2012, akarere ka Huye kasezereye akarere ka Nyamagabe mu mukino w’umupira w’amaguru haba mu bakobwa no mu bahungu mu marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango wa FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe.
Perezida w’urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege, yemeza ko gusubika imanza ari ikibazo kikigaragara mu nkiko kandi gikwiye guhagurukirwa kugira ngo gikemuke, nk’uko yabitangaije mu ntara y’Amajyepfo mu rugendo yahagiriye kuwa Kane w’iki cyumweru.
Itsinda ry’abanyamuryango b’umuryango RPF-Inkotanyi bakora mu kigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) 30 bari bahagarariye abandi, basuye impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme bazizaniye inkunga.
Prof. Sam Rugege uyobora Urukiko rw’Ikirenga arashimima inkiko zo mu ntara y’Amajyepfo kuko zica imanza nyinshi kandi neza. Abacamanza bakora isesengura n’ubushakashatsi ku bibazo bagezwaho, bakakira ababagana neza ndetse bakanandika ibibazo byabo bakanabikemura.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buremeza ko bizagera muri Nyakanga 2013 abaturage 8540 bagejejweho amazi meza nubwo kugeza ubu abamaze kuyabona ari 85 gusa. Icyi kizere ngo kiraterwa nuko imishinga izageza aya mazi meza ku baturage iri gukurikiranwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko hari gukorwa inyigo y’isoko rya kijyambere rizubakwa mu mujyi wa Nyamagabe ahasanzwe haremerwa isoko, abatsindiye isoko ryo gukora iyi nyigo bakazaba bayirangije mu kwezi kwa 12 uyu mwaka.
Ibarura ryakozwe mu karere ka Nyamagabe rigaragaza ko ingo 5052 zituye ahantu habi hashobora kwibasirwa n’ibiza (high risk zones) ; izi ngo ni zo zigomba guherwaho zituzwa ku midugudu.
Usibye abazakora ibizamini bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye, kuri uyu wa gatanu tariki 09/11/2012 nibwo abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye y’akarere ka Nyamagabe batashye basubira iwabo mu biruhuko.
Caritas ya Diyoseze ya Gikongoro n’umuryango Catholic Relief Services (CRS) bashyikirije impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme toni zisaga zirindwi z’ifu ya sosoma yo gutekera abana igikoma kuko bafite ikibazo cyo kubona indyo yuzuye.