Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe butangaza ko gukoresha ikoranabuhanga ritandukanye ryaba irya terefoni cyangwa irya mudasobwa na interineti bibufasha mu kuzuza inshingano zabwo mu kazi zikora umunsi ku wundi.
Nyuma y’amezi atatu imirenge ya Kitabi na Kamegeri yari imaze mu kato ko gusarura no gucuruza ibikomoka ku mashyamba, ubu yakuwe muri ako kato nyuma y’uko igaragaje ubushake mu gukora iyo mirimo harengerwa ibidukikije kandi bubahiriza amabwiriza abigenga.
Mu muganda rusange ngarukakwezi wakozwe kuwa gatandatu tariki 26/01/2013, abawitabiriye basabwe kugira uruhare rugaragara mu kunoza isuku by’umwihariko kurwanya ikoreshwa ry’amashashi kuko yangiza ibidukikije.
Abakozi batanu bakoraga ku rwego rw’utugari mu karere ka Nyamagabe barasezerewe nyuma yo gukora amakosa atandukanye ashyirwa mu rwego rwa kabiri rw’amakosa akomeye mu kazi, undi umwe wakoraga ku rwego rw’umurenge yasabiwe kugezwaho umushinga w’igihano cyo kwirukanwa burundu.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yateranye tariki 20/01/2013 yongeye amaraso mashya mu nama z’ubutegetsi z’ibigo bitatu by’ubuzima zitari zuzuye arizo farumasi y’akarere, ibitaro bya Kigeme ndetse n’ibitaro bya Kaduha.
Tariki 21/01/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangijwe icyumweru cy’ubukangurambaga hashishikarizwa abaturage kwitabira kujya mu bwisungane mu kwivuza, uyu muhango ukaba wabereye mu murenge wa Kibirizi mu kagari ka Uwindekezi.
Abaturage b’umurenge wa Musange by’umwihariko urubyiruko barasabwa kuzabyaza umusaruro uruganda ruzatunganya umutobe w’inanasi n’ibitoki ruzubakwa n’urubyiruko muri uyu murenge wa Musange mu kagari ka Masizi.
Ubuyobozi bw’ishuri ESECOM riri mu karere ka Nyamagabe buratangaza ko imibereho y’abanyeshuri itari myiza yavuzwe kuri iki kigo ubu iri gukosorwa, ndetse n’ireme ry’uburezi rikaba riri kwitabwaho.
Ubuyobozi bwa koperative yo kubitsa no kugurizanya ya Musange “Urumuri rwa Musange SACCO”, buratangaza ko kuba iyi sacco yaribwe bitahungabanyije serivisi abanyamuryango bayo bahabwaga kuko zakomeje gutangwa nk’uko byari bisanzwe.
Ubuyobozi bwa pariki y’igihugu ya Nyungwe buratangaza ko hagiye gushyirwaho ubwiherero rusange abagenzi bazajya bakoresha ndetse n’utuntu twagenewe gushyirwamo imyanda tukazashyirwa hirya no hino ku muhanda uca muri pariki.
Abadage bubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rukarara ya 2 ruherereye mu karere ka Nyamagabe bahagaritse imirimo kuva tariki 01/01/2013, bakaba asaba Leta ko yabaha andi mafaranga arenga ku yo bari bumvikanye ngo kuko basanze bahomba.
Kayihura Bérnard, umukozi wari ushinzwe imishahara y’abarimu mu karere ka Nyamagabe yitabye Imana tariki 13/01/2013 azize indwara, akaba yashyinguwe kuri uyu wa kabiri tariki 15/01/2013.
Ubuyobozi bwa sosiyete y’ishoramari yitwa Multisector investment Group (MIG) burizeza ko bitarenze ukwezi kwa Mata uruganda rw’icyayi rwa Mushubi ruri kubakwa mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe ruzaba rwatangiye gukora.
Inama y’uburezi yaguye y’akarere ka Nyamagabe yateranye mbere gato yitangira ry’amashuri mu mwaka wa 2013 yemeje amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi ntarengwa mu mashuri ya Leta n’andi afashwa na Leta. Abishyuzaga menshi basabwe kwihutira kubahiriza aya mabwiriza.
Ubushakashatsi bwakozwe ku bumenyi, imyumvire n’imyitwarire by’abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Kitabi, abahinzi b’icyayi ndetse n’abandi baturiye uru ruganda ku cyorezo cya SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina bugaragaza ko hagikenewe gushyirwa ingufu mu bukangurambaga kuko hari abantu bagifite ubumenyi (…)
Komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano muri Sena y’u Rwanda iri gusura inkambi zirimo impunzi z’Abanyekongo mu rwego rwo gukora ubushakashatsi ku mpamvu izi mpunzi zikomeza guhunga. Tariki 07/01/2012 hasuwe inkambi ya Kigeme.
Umunyamabanga wungirije ushinzwe umutekano mu muryango w’Abibumbye, Madamu Mbaraga Gasarabwe, yijeje impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme ko azakomeza gukora ubuvugizi mu muryango w’Abibumbye kugira ngo hafatwe ibyemezo bigamije kugarura umutekano muri Kongo.
Umuryango wa gikirisitu ugamije ivugabutumwa, isanamitima n’ubwiyunge (Moucecore), kuri uyu wa kane tariki 03/01/2013, watangije ku mugaragaro ibikorwa byawo mu karere ka Nyamagabe bigamije guhindura imyumvire y’abaturage hagamijwe iterambere n’imibereho myiza byabo.
Babiri mu banyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bane baherutse guhindurirwa imirenge bayobora bashyikirijwe ibyangombwa byose bibemerera gutangira imirimo mu mirenge mishya, ndetse banerekwa abaturage n’abandi bafatanyabikorwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko umwaka wa 2012 utazibagirana kuko usize ubufatanye hagati y’abikorera n’ubuyobozi bw’akarere bwararushijeho kunozwa, ukaba urangiye biyemeje gukora imishinga minini izarushaho guhindura isura y’umujyi wa Nyamagabe.
Mu gihe ku isi yose hizihizwa iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani, usanga abantu batandukanye babyizihiza mu buryo butandukanye bitewe n’uko babyemera, imico ndetse n’amikoro.
Aganira n’abaturage b’umurenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe nyuma y’umuganda ngarukakwezi wabaye tariki 29/12/2012, Umuyobozi w’ingabo mu ntara y’amayepfo, Major General Mubarak Muganga yasabye abaturage kutirara n’ubwo bafite umutekano usesuye.
Ibimina, utugari n’imirenge byo mu karere ka Nyamagabe byitwaye neza mu gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé) byahawe ibihembo mu rwego rwo kubishimira uruhare byagize mu gutuma akarere gatera intambwe mu kwesa imihigo kasinyanye na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Nyamagabe batangiye inteko rusange y’iminsi ibiri aho baganira uburyo kwihangira imirimo byabafasha muri gahunda yo KWIGIRA bemeza ko ariyo yakemura byinshi mu bibazo abagore bahura nabyo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwagiranye inama nyunguranabitekerezo n’abikorera bo muri aka karere, mu rwego rwo kubereka ibikorwa bitandukanye biri mu karere bashobora kuba bashoramo imari yabo mu rwego rwo kugira uruhare mu guteza imbere umujyi wa Nyamagabe.
Abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya Airtel bagiranye ubushyamirane ubwo bazaga gucururiza mu karere ka Nyamagabe, tariki 26/12/2012, ndetse n’abaturage ba Nyamagabe babashinja kuba barabatetseho imitwe bakabagurisha simukadi (simcard) nyinshi ngo bazatombora bagategereza bagaheba.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 24/12/2012, inkambi ya Kigeme icumbikiwemo impunzi z’abanyekongo zahunze imirwano n’umutekano muke biri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yakiriye indi miryango 34 igizwe n’abantu 135 baje baturuka mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira.
Ikiraro cyo ku mugezi wa Rukarara giherereye mu Kagari ka Nyabisindu mu murenge wa Kaduha gihuza imirenge ya Mbazi na Kaduha cyari kimaze umwaka cyarangiritse bikabije, cyongeye kuba nyabagendwa nyuma yo gusanwa.
Mu ijoro ryakeye rishyira tariki 21/12/2012 hagati ya saa yine na saa tanu z’ijoro, abantu bitwaje intwaro bataramenyekana bateye SACCO y’umurenge wa Musange maze bica umukozi wari ushinzwe isanduku (caissier) banatwara amafaranga yari ari muri iyi koperative.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yateranye tariki 16/12/2012 yemeje ko abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ine mu mirenge 17 igize ako karere bahindurirwa imirenge bayoboraga.