Imiryango 384 igizwe n’abantu 1634 mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe yashyikirijwe amazi meza yakozwe ku nkunga ya Koreya y’Epfo ibinyujije mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (PAM), ukaba ushyirwa mu bikorwa n’umuryango w’Abanyakoreya wa Good Neighbors ifatanije na Unity Club.
Akarere ka Nyamagabe katangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’uburyo bwo guhererekanya inyandiko hifashishijwe ikoranabuhanga hagati y’abakozi b’akarere, ibi bikaba bizazanira akarere inyungu haba mu kunoza imitangire ya serivisi, kwihutisha akazi ndetse no kugabanya amafaranga yakoreshwaga mu kugura impapuro.
Abanyengoma barakangurirwa kurwanya abatekamutwe bakoresha amafaranga y’amahimbano bagashuka abaturage ngo babatuburire babahe menshi.
Save the Children, umwe mu bafatanyabikorwa bita ku bana mu nkambi ya Kigeme, yakoze ubukangurambaga ku burenganzira bw’umwana, ishishikariza impunzi ziri muri iyi nkambi kwita ku burenganzira bw’abana.
Inkambi ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe yacumbikirwaga mo impunzi z’Abanyekongo yamaze kuzura kandi ntibishoboka ko yakwagurwa, ubu impunzi zikomeje guhunga zikaba zizajyanwa mu nkambi ya Nyabiheke mu karere ka Gatsibo.
Umuyobozi w’intara y’amajyepfo, Munyantwali Alphonse n’itsinda risuzuma imihigo muri iyi ntara, barishimira ko imihigo y’akarere ka Nyamagabe muri uyu mwaka yibanze ku mishinga izaha abantu benshi akazi, bikaba biri mu cyerekezo cyo kwigira.
Ikimoteri rusange kiri kubakwa mu mujyi wa Nyamagabe gitegerejweho kuzatanga umusaruro utandukanye harimo kunoza isuku, kubyaza umusaruro imyanda inyuranye ikorwamo amakara ndetse no gutanga akazi ku bantu benshi bo mu byiciro bitandukanye.
Abagize sosiyete sivile mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bashimishijwe no kuba akarere kari ku rwego rushimishije mu gushyira mu bikorwa imihigo ku buryo inzego zose nizirushaho gufatanya nta kabuza iyi mihigo izeswa nk’uko yahizwe.
Urubyiruko rugera kuri 200 ruturuka mu mirenge itanu muri 17 igize akarere ka Nyamagabe ruri mu biganiro ku kurwanya ibiyobyabwenge n’icyorezo cya Sida. Ibi biganiro byatangiye tariki ya 11/03/2013 bizamara iminsi 5 bibera mu mujyi wa Nyamagebe, aho indangaciro z’umuco Nyarwanda zizagaragazwa nk’inkingi ikomeye mu gufasha (…)
Ubwo uhagarariye igihugu cy’ububiligi mu Rwanda, ambasaderi Marc Pecsteen yasuraga inkambi icumbikiye impunzi z’Abanyekongo ya Kigeme kuri uyu wa kabiri tariki ya 12/03/2013, izo mpunzi zamusabye ko igihugu cye cyagira uruhare rugaragara mu kugarura amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo maze zigataha iwabo.
Muri gahunda yo gukomeza kwegera abaturage mu kwezi kw’imiyoborere myiza, akarere ka Nyamagabe n’abafatanyabikorwa bako mu iterambere ry’abaturage baraye batangije imurikabikorwa n’imurikagurisha rizamara iminsi itatu kuva tariki ya 11/03/2013 rikazasozwa tariki ya 13/03/2013, hagamijwe kwereka abaturage ibyo babakorera.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga ngarukamwaka w’umugore wijihijwe kuri uyu wa gatanu tariki 08/03/2013, intumwa ya rubanda Gahongayire Aureria yasabye abagabo n’abagore gufatanya kuko ariyo nzira izageza u Rwanda ku iterambere.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imiyoborere RGB, Rwanda Governance Board kiravuga ko Imiryango nyarwanda itari iya leta n’ishingiye ku madini izageza ku itariki ya 09/04/2013 itaruzuza ibisabwa n’itegeko rishya rigenga za ONGs izaba yisheshe ubwayo ku buryo budasubirwaho.
Umumotari n’uwo yari ahetse baraye baguye mu mpanuka yabereye ahitwa mu Dusego mu kagari ka Nyabivumu mu murenge wa Gasaka, ubwo imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yagongaga moto bariho ahagana isaa tatu z’ijoro kuri uyu wa Gatanu tariki 01/03/2013.
Abanyamuryango ba Koperative Umurenge SACCO “Urufunguzo rw’ubukire” yo mu murenge wa Kaduha mu karere ka Nyamagabe batashye ku mugaragaro inyubako ya kijyambere yo gukoreramo biyubakiye ku mafaranga y’u Rwanda miliyoni 20.
Uzabakiriho Elias aremeza ko yatangiye aboha ibitebo ariko gahunda nziza za leta ziha urubuga n’imari abashaka kwiteza imbere zikamufasha kuba yarigejeje kuri byinshi birimo imodoka ebyiri kandi akemeza ko byose abikesha imiyoborere myiza yashyizwe imbere na Perezida Kagame.
Ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasuraga abaturage b’akarere ka Nyamagabe tariki 19/02/2013, bongeye kumugaragariza ko bamukeneye nk’umuyobozi w’u Rwanda muri manda ya gatatu kuko hari byinshi yabagejejeho.
Ubwo yatangiraga uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru, kuri uyu wa 19/02/2013, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye abaturage b’akarere ka Nyamagabe intambwe bamaze gutera bagana mu iterambere ndetse n’imibereho myiza yabo.
Abagore bo mu nkambi ya Kigeme icumbikiye Abanyekongo batangaza ko kuzuza inshingano zabo nk’ababyeyi bitaborohera kuko ibyo basabwa kubonera abana babo batabasha kubibona, gusa ngo babashije kubona icyo bakora byakemura iki kibazo.
Umuhanzi Nzeyimana Nassor umenyerewe ku izina rya Lolilo ukomoka mu gihugu cy’Uburundi avuga ko yishimiye uko yakiriwe mu karere ka Nyamagabe ubwo yahazaga kuririmbira abakundana ku munsi wa St. Valentin.
Mu gihe bitegura kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame uzabasura mu nta ngiriro z’icyumweru gitaha, abaturage b’akarere ka Nyamagabe baramushimira iterambere bamaze kugeraho mu byiciro bitandukanye bemeza ko ariwe babikesha.
Abakuru b’imidugudu 536 igize akarere ka Nyamagabe, kuri uyu wa kane tariki 14/02/2013 bahawe amaterefoni afite ubushobozi bwo guhamagara abandi bayobozi bakorana kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku karere, akazajya yishyurwa n’akarere hagamijwe koroshya guhanahana amakuru mu buryo bwihuse.
Usabyemariya Angelina, umugore w’imyaka 53 y’amavuko ukomoka mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kagano yiyahuje umugozi maze ahita ahasiga ubuzima aho yari yaraje gusura umukwe we utuye mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Kuwa kane tariki 14/02/2013, ubwo hazaba hizihizwa umunsi wahariwe abakundana witiriwe mutagatifu Valentin, hoteli Golden Monkey iri mu karere ka Nyamagabe yateguriye abakiriya bayo igitaramo mu rwego rwo kwifatanya nabo.
Perezida w’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe, Yaramba Jean Marie Vianney, aratangaza ko abantu badakwiye gufata ruswa nk’amafaranga gusa.
Zimwe mu mpunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme ziratangaza ko zanze gutega amaboko zisabiriza maze zikibumbira hamwe muri koperative yitwa COFECAKI (Cooperative des initiatives des femmes du camp de Kigeme), kugira ngo zijye zibasha kwinjiza amafaranga azifasha mu buzima bwazo bwa buri munsi.
Umuryango Zonta International uri gusura ibice bitandukanye by’igihugu mu rwego rwo kureba uko inkunga utera u Rwanda binyuze mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (Unicef) ikoreshwa.
Abaturage bo mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko iyo abayobozi babasanze iwabo mu mirenge bagafatanya gukemura ibibazo mu ruhame ibibazo byari byarananiranye bikemuka vuba kandi mu buryo bunoze.
Urusengero rw’itorero ry’abapentikositi (ADEPER) rwari ruri kubakwa rugeze igihe cyo gusakarwa, ahitwa i Nyarusiza mu murenge wa Kamegeri mu karere ka Nyamagabe rwakubiswe n’inkuba 11h20 tariki 31/01/2013.
Nyuma y’aho urugomero rwa Rukarara ya I rwuzuriye, imishinga yo kubaka ingomero z’amashanyarazi kuri uyu mugezi uri mu karere ka Nyamagabe irakomeje. Biteganyijwe ko kuri uwo mugezi hazubakwa ingomero eshanu.