Bamwe mu borozi mu Karere ka Nyagatare barifuza ko uruganda Inyange rutunganya ibikomoka ku mata rwabafasha kubona inka z’umukamo binyuze mu nguzanyo zahabwa aborozi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, General (Rtd) James Kabarebe, yavuze ko ari we wubatse indake ya Gikoba yabagamo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wari umuyobozi w’urugamba rwo kubohora Igihugu.
Umuyobozi w’Umuryango utari uwa Leta wita ku burenganzira bw’umukobwa n’umugore, Empower Rwanda, Kabatesi Olivia, asaba abayobozi b’amadini n’amatorero gushyira mu nyigisho zabo za buri munsi gukumira isambanywa ry’abana kuko aribo bantu bizerwa kuko mu gihe babihariye izindi nzego iki kibazo kitazakemuka.
Bamwe mu baturage b’Imirenge ya Musheri na Rwempasha, barashimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba babonye ikiraro kibahuza kuko ubundi ngo ubuhahirane bwabo bwari bugoranye rimwe na rimwe hakabamo n’impfu.
Rumwe mu rubyiruko rwabyaye imburagihe ruvuga ko kugira imishinga irwinjiriza bizarurinda ingeso mbi ndetse no kubasha kurera abana babyaye.
Mukeshimana Solange, wo mu Karere ka Nyagatare, avuga ko yakuze azi ko umucunguzi w’Isi ari Yesu Kristo ariko nyuma abona undi mucunguzi ari nawe yatoye kugira ngo azayobore u Rwanda kandi bishobotse yaruyobora ibihe byose.
Umusaza Sezibera James wo mu Mudugudu wa Marongero Akagari ka Ryabega Umurenge wa Nyagatare, avuga ko abifitiye ubushobozi yasubiza mu buto Nyakubahwa, Paul Kagame, umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi, kugira ngo akomeze ayobore u Rwanda.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko kuba igiciro cy’amata kiyongereye kikava ku mafaranga 300 kikagera kuri 400 bagiye kuvugurura ubworozi bwabo bagashaka inka zitanga umukamo.
Uwamwezi Marcianna, wo mu Murenge wa Musheri, ashimira umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba yarababonyemo ubushobozi akabakura mu bikari ubu bakaba ari ba rwiyemezamirimo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu yasabye urubyiruko kutazaba Imbwa bakaba Intare kuko ibihe biri imbere ari ibyabo.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu watanzwe n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, yibukije abatuye mu Karere ka Nyagatare ko ariho basohokeye bajya kuba impunzi kandi ari naho binjiriye mu rugamba rwo kubohora Igihugu.
Mbabazi Kellen, umugore wo mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Matimba, yashimiye umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame, waciye umuco wo guterura abakobwa (Gushakwa ku gahato) bakabana n’abagabo batakundanye ahubwo akabakura ku ruhimbi akabaha amashuri.
Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare ntibaryamye ahubwo baraye mu mihanda baje kwamamaza umukandida Perezida watanzwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe habayeho iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi aho umusaruro w’ubuhinzi wavuye munsi ya toni imwe ku bigori n’umuceri ugera kuri toni eshanu kuri hegitari ndetse n’umukamo w’amata uva kuri litiro 2,000 ugera kuri litiro zirenga 100,000 (…)
Bamwe mu banyamuryango b’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Rwempasha, bavuga ko bashimira FPR kuba yaracyuye impunzi zari zaraheze mu mahanga ariko by’umwihariko ikunga Abanyarwanda bari barahemukiranye ndetse ikanatanga n’umutekano n’imibereho myiza ku Banyarwanda bose.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Tabagwe bashimira Umuryango FPR-Inkotanyi ndetse na Chairman w’uyu Muryango Paul Kagame ko yabakuye ku guhingira inda ubu bakaba basigaye bahinga bakayihaza ndetse bagasagurira n’isoko.
Dr. Frank Habineza wiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika ku itike y’Ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda - DGPR), yavuze ko Abanyarwanda nibamugirira icyizere bakamutora, azazamura imishahara y’abaganga n’abakora kwa muganga.
Ishimwe Thadee umwarimu ku rwunge rw’amashuri rwa Ntoma kimwe mu bigo byakira abanyeshuri mu buryo bw’uburezi budaheza arifuza ko abarimu bose bakwigishwa ururimi rw’amarenga kugira ngo babashe gufasha abanyeshuri bafite ubwo bumuga ariko hakanaboneka ibikoresho bibafasha kwiga neza.
Constance Muziranenge wo mu Murenge wa Matimba avuga ko FPR yamufashije kwiteza imbere yigisha abana be nyamara mbere yaratunzwe no kurya ibitoki by’inkashi n’ibindi yasabye abaturanyi bwakwira akarara ku mashara y’insina.
Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Kamena 2024, mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Karama, niho ibikorwa byo kwiyamamaza kw’Abadepite b’Umuryango wa FPR-Inkotanyi byatangirijwe, abaturage babatuma kubashimira Paul Kagame ndetse ko biteguye kumutora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burahumuriza abaturage b’Imidugudu ikoresha amazi ya Valley dam (ikidendezi) ya Gihorobwa ko impeshyi izarangira hamaze kuboneka igisubizo cy’amazi yamaze kurenga umucungiro, bigatera abaturage impungenge ko rimwe buzacya basanga amazi yose yagiye.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, arasaba bamwe mu baturage bajya mu Gihugu cya Uganda kunywerayo kanyanga kubicikaho kuko bagaruka mu ngo zabo bagateza amakimbirane n’urugomo mu nzira bagenda banyuramo zose.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Nyagatare n’ab’Umurenge wa Rukomo barishimira ko bubakiwe ikiraro cyo mu kirere kizabafasha guhahirana no kujya mu mirima yabo bitabagoye.
Umuturage witwa Sindikubwabo Jean Marie Vianney, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Rwempasha mu Karere ka Nyagatare akekwaho kwica imisambi 10. Bikekwa ko yayicaga akoresheje imiti y’uburozi yashyiraga mu binyampeke harimo ibigori n’umuceri, iyo misambi yabirya igapfa.
Nyiracari Peace, warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Gakirage, avuga ko batewe n’Interahamwe n’abasirikare ba EX-FAR, amaze umunsi gusa abyaye, amara iminsi itanu azengurukana uruhinja muri Pariki y’Akagera yarimo inyamanswa z’inkazi ariko ntizamurya ku bw’amahirwe ahahurira n’Inkotanyi arokoka ubwo.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Nyagatare, John Kayumba, avuga ko inka 60 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi kubera indwara y’uburenge yagaragaye mu cyumweru gishize mu rwuri rw’umworozi wo mu Murenge wa Tabagwe.
Umuyobozi w’Itorero Apostles and Prophets Church of Christ Jesus, Bishop Augustine Gakwaya, avuga ko kwita ku bo muhuje imyemerere ukirengagiza abakene Imana ikureba nabi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, arasaba urubyiruko cyane urwiga muri za kaminuza n’amashuri makuru gufatira ku rugero rw’Inkotanyi zahagaritse Jenoside, rukarwanya uwagerageza kurubibamo ingengabitekerezo yayo ariko rukanarinda ibyagezweho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko muri rusange Ibigo Nderabuzima byo mu Karere bifite ikibazo cy’abaganga bacye ariko by’umwihariko ibyo mu cyaro ariho hari ikibazo cyane kuko hari abahabwayo akazi bakanga kujyayo.
Umusaza Nzungize Marc, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, arashima Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, kuba rwamutekerejeho rukamworoza inka nyuma y’imyaka 30 yari amaze ize zinyazwe n’interahamwe.