Ubuyobozi bwa Koperative KABOKU, burasaba inzego zireberera ubuhinzi kubafasha bakabona imashini yumisha umusaruro w’ibigori kuko ubwanikiro bafite bwumisha nibura 15% by’umusaruro uba wabonetse.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Gihorobwa, bavuga ko babangamiwe n’umunuko uturuka ku ngurube zororewe hafi n’ingo zabo bakifuza ko zakubakirwa ibiraro ahitaruye ingo.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atatu ahinga umuceri mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko urugomero rw’amazi rwa Karungeri bafatiraho amazi bifashisha mu kuhira umuceri rudakozwe byihuse, barumbya kubera ko imirima yabo itakibona amazi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko kuba hari urubyiruko rukora imishinga ijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bizazamura umusaruro w’uru rwego kandi bizanasubiza ingorane zikigaragaramo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko n’ubwo hakigaragara ikibazo cy’abana bari mu mirire mibi ndetse n’igwingira, bishimira ko imibare igenda igabanuka kuko mu mwaka umwe gusa babashije kuva kuri 29.9% by’abana bagwingiye ubu bakaba bageze kuri 20.8%.
Bamwe mu borozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko izuba ryacanye igihe kinini n’ubushobozi buke, byatumye batabasha kubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, ajyanye n’imikoreshereze y’inzuri aho basabwa gushyira inka mu kiraro bagahinga 70% by’inzuri ahandi hasigaye hakajya ibikorwaremezo by’ubworozi.
Abaturage b’Umudugudu w’Akayange Akagari ka Ndama Umurenge wa Karangazi barifuza ko bahabwa amazi meza bikabarinda gukomeza kuvoma ayifashishwa mu kuhira imyaka mu cyanya cya Gabiro Agri Business Hub, kuko abagera kuri 17 bamaze kuhasiga ubuzima.
Abahinzi ba kawa mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bamaze kumenya neza akamaro ka kawa, kuko mu gihe abandi bahinzi imyaka iba ishize mu nzu bategereje ko iyahinzwe yera, bo ngo baba bejeje batangiye kugurisha umusaruro wabo.
Umukobwa wivugira ko afite imyaka 18 y’amavuko, ari mu gihirahiro cyo kutagira indangamuntu kubera ko ababyeyi be batamwandikishije mu irangamimerere ndetse akaba nta cyangombwa na kimwe afite kigaragaza imyaka ye y’amavuko.
Imboni z’umupaka mu Karere ka Nyagatare, zivuga ko hakwiye kongerwa abasirikare n’abapolisi basanzwe bakorana mu guhashya abinjiza magendu n’ibiyobyabwenge mu Gihugu, kuko inkoni batakizitinya uretse imbunda gusa.
Biri mu byo Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yagarutseho ubwo yagaragazaga ko mu mezi atatu ashize mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Rwamagana, hafashwe abakekwaho kwiba inka 58 n’abandi 32 bakekwaho kuzibagira mu nzuri bakagurisha inyama.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko n’ubwo hari ikibazo cy’ubujura cyane cyane ubw’amatungo ariko kidakabije cyane kuko mu mezi atatu gusa hibwe inka 13, zirindwi ziteshwa abajura, enye zigaragara zamaze kubagwa naho ebyiri ziburirwa irengero.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, arahumuriza abaturage cyane abo mu Karere ka Nyagatare ko nta bacengezi bari ku butaka bw’u Rwanda ahubwo abamaze iminsi bakora urugomo ari abafutuzi bagamije gucecekesha ababangamira ubucuruzi bwabo butemewe bwo kwinjiza ibiyobyabwenge mu Gihugu.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Ukwakira 2024, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, arasura Akarere ka Nyagatare aho agirana ikiganiro n’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bikorera muri aka Karere.
Umuryango International Alert, uvuga ko mu isuzuma wakoze mu matsinda 20 y’abantu 600 yo mu Mirenge ya Karangazi na Gatunda, byagaragaye ko Nyagatare ifite umwihariko wo kuba ituwe n’abantu benshi bavuye ahantu hatandukanye bitewe n’amateka y’Igihugu ndetse ikanagira umwihariko wo kuba yakira abantu benshi baturutse hirya no (…)
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi, Amashyamba n’Umutungo kamere, Shyaka Kenneth, avuga ko n’ubwo hari umushinga uzavana amarebe mu bidendezi bibiri by’amazi (Valley Dams), ariko ubusanzwe abakoresha amazi yabyo ngo nibo bafite inshingano zo kuzibungabunga no gukuramo ayo marebe.
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Kabare ya mbere Akagari ka Kabare Umurenge wa Rwempasha baracyakoresha amazi y’umugezi w’Umuvumba nyamara barahawe amazi meza ya robine.
Bamwe mu babyeyi barera ku rwunge rw’amashuri rwa Kabare ya mbere, GS Kabare TSS, Umurenge wa Rwempasha, bashinja bagenzi babo kubuza abana kwitabira kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro, ahubwo bakabashishikariza kwiga amasomo asanzwe n’abemeye kubigisha imyuga, bakabohereza mu mashuri ya kure aho biga bacumbikirwa (…)
Abacururiza muri Santere y’ubucuruzi ya Bugaragara mu Murenge wa Rwimiyaga, bavuga ko bamaze iminsi itatu bafungiwe ubucuruzi bwabo kubera kutagira imashini itanga inyemezabwishyu ya EBM, ibintu byateye igihombo kuri benshi cyane abacuruza ibisaza vuba.
Kuva mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2024 kugera tariki ya 09 Nzeri 2024, mu karere ka Ngoma, amatungo yuza 18 ni yo amaze kugaragarwaho indwara y’ubuganga (Rift Valley Fever) ndetse rimwe rikaba rimaze guhitanwa n’iyi ndwara.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, yasobanuye ko kuba hari inka 27 zari zimaze hafi icyumweru zifatiriwe n’Umurenge wa Nyagatare, byatewe no kuba ba nyirazo bari barabuze byongeye kandi zimwe zikaba nta rupapuro rw’inzira zari zifite n’izari zirufite zikaza nyuma.
Icyimpaye Jeannette amazina yahawe n’umuryango wamutoraguye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ukanamurera, aracyashakisha umuryango we bwite kuko kutawumenya bikimugiraho ingaruka.
Umuturage wo mu Murenge wa Rwempasha, Mwendo Alex, avuga ko inka ze zimaze icyumweru zifatiriwe n’Umurenge wa Nyagatare kubera impamvu atazi kuko aho yazikuye n’aho zajyaga hazwi nk’uko bigaragazwa n’urupapuro rw’inzira.
Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, Noella Bigirimana, yatangaje ko umwaka ushize Umurenge wa Karangazi wihariye 41% by’abarwaye Malariya mu Karere ka Nyagatare.
Bamwe mu bagabo bavuga ko kutiharira ububasha bw’urugo byatumye babasha kubaka ingo zizira amakimbirane nyamara mbere barahoraga mu ntonganya.
Mukandayisenga Beatrice wo mu Kagari ka Nyangara Umurenge wa Gatunda arashimira Imana nyuma yo gusubizwa amafaranga yari yibwe n’uwiyise umushinjacyaha akamwaka aakamuhamagara amubwira ko amufasha gufunguza mubyara we ufunzwe akekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.
Bamwe mu bakorera n’abagenda mu mujyi wa Nyagatare bahitamo kwihagarika (kunyara) mu biti bigize ubusitani bw’umujyi kubera ko ubwiherero rusange bumaze amezi atatu budakoreshwa.
Umuyobozi w’Ihuriro ry’aborozi mu Karere ka Nyagatare, Kayitare Geoffrey, avuga ko bagiye kwifashisha inteko z’abaturage mu gukangurira aborozi kubahiriza amabwiriza agenga imikoreshereze y’inzuri no kuzibyaza umusaruro bakororera mu biraro ahasigaye hagahingwa ibiryo by’abantu n’amatungo.
Bamwe mu bagore binjizaga ibiyobyabwenge mu Gihugu (abafutuzi), bavuga ko babagaho mu buryo bw’ibyihebe kandi ntibagire icyo bakuramo uretse igifungo ariko ngo aho babirekeye bihangiye indi mirimo kandi yatumye baba abagore bashoboye batunze ingo zabo.