Abakozi b’ibitaro n’ababyeyi babyarira mu bitaro bya Nyagatare no mu bigo nderabuzima bikorana barasabwa kurushaho kwita ku mutekano w’abana babyaye, bakirinda gupfa kubaha uwo babonye nyuma y’aho umubyeyi witwa Murekatete Donata yibiwe uruhinja yaramaze icyumweru abyaye.
Ubujura bw’insinga z’amashanyarazi zifasha kurinda inkuba ndetse no kwangiza ibyuma bituma umuriro utajya mu mapoto (isolateurs) bikomeje kudindiza ibikorwa byo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu karere ka Nyagatare na Gatsibo.
Abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera barasabwa kutegera uruzitiro rw’iyo Parike kuko bashobora gufatwa n’amashanyarazi baramutse barwegereye kuko urwo ruzitiro rukozwe n’insinga n’ibyuma byashyizwemo amashanyarazi kugira ngo ajye akanga inyamaswa zirwegereye ntizibashe gusohoka muri Parike.
Umuryango Imbuto Foundation washyikirije ibihembo abana b’abakobwa batsinze neza ibizamini bisoza amashuri abanza, abasoje icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye bo mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bavuga ko kuvuga imyanya ndangabitsina mu ruhame atari ukwiyandarika cyangwa gushira isoni, baremeza ahubwo ko ari uburyo bwo gutanga ubutumwa bukiza abantu benshi kuko hari abahura n’ibibazo bitewe n’uko badasobanukiwe n’ubuzima bw’imyororokere.
Nyuma yo kubona impano y’ibikoresho by’ikoranabuhanga yatanzwe na kaminuza yo mu gihugu cy’Ubudage, kaminuza y’Umutara Polytechnic itangaza ko yishimiye ko igiye kuzamura ireme ry’ubumenyi ngiro butangirwa muri iri shuri.
Usibye ibikorwa by’ubukangurambaga bukorwa mu baturage, intore ziri ku rugerero mu murenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare zitangaza ko ari ngombwa no gutanga umusanzu w’imbaraga zabo mu kubaka igihugu.
Minisitiri w’amashyamba n’umutungo kamere, Sitanislas Kamanzi arashima ibikorwa byo gutera amashyamba byakozwe n’Inkeragutabara mu karere ka Nyagatare.
Umugore witwa Uwimana Faraziya utuye mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare ari mu maboko ya Polisi akekwaho kuroga umuhungu yari abereye mu kase wapfuye umwaka ushize, ndetse n’umukecuru Donatila Mukakabera ubu wivuza.
Ngo utunze amahoro ni nawe uyatanga; nk’uko byagarutsweho tariki 29/01/2013 mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’inganzo y’amahoro wateguwe na komisiyo y’ubutabera n’amahoro muri Kiriziya Gatorika paruwase ya Matimba mu karere ka Nyagatare.
Minisitiri w’ubuzima, Dr.Agnes Binagwaho, kuri uyu wa kabiri tariki 29/01/2013 yatangije ku mugaragaro gahunda yo gukwirakwiza inzitiramibu mu gihugu mu rwego rwa gahunda ya Leta yo kurwanya malariya.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu James Musoni aratangaza ko nta muntu n’umwe uzigera ahungabanya iterambere ry’Abanyarwanda habe n’iyo yagerageza kubinyuza mu nzira zitandukanye.
Mugenzi Yonas utuye mu murenge wa Karama mu karere ka Nyagatare yashinze uru ruganda rukora inzoga IPROVIBAMA ahereye ku mafaranga miliyoni imwe none nyuma y’imyaka ine ageze kuri zirindwi.
Mu gihe abashinzwe uburezi mu karere ka Nyagatare buvuga ko nta munyeshuli ugomba kwirukanirwa ko umubyeyi we atitabiriye inama, bamwe mu babyeyi, ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuli rwa Nyagatare ndetse n’ubw’umurenge iri shuli ribarizwamo bwemeza ko nta bundi buryo bwakoreshwa.
Gusukura ibikoresho byakoreshejwe mu rutoki mbere na nyuma yo kubikoresha hifashishijwe umuti wica udukoko wa Jick cyangwa kubinyuza ku muriro, nizo nama zihabwa abahinzi b’urutoki bo mu kagali ka Rutaraka umurenge wa Nyagatare mu rwego rwo kurwanya ikwirakwira ry’indwara ya kirabiranya.
Umwana w’umuhungu uri mu kigero cy’umwaka umwe yatoraguwe mu musarane mu rugo rw’umuturage witwa Nyirampana Eveline utuye mu murenge wa Rwimiyaga akagali ka Nyendo tariki 27/12/2012 ariko ku bw’amahirwe aracyari muzima. Gusa bivugwa ko hari hashize amezi atatu uyu murutage atahaba.
Ku baturage ndetse n’akarere ka Nyagatare muri rusange, umwaka wa 2012 bawufata nkutazibagirana cyane mu iterambere ry’akarere kabo bitewe ahanini n’ibikorwa bitandukanye bibyara inyungu byakozwe muri ako karere.
Abacururiza mu mujyi wa Nyagatare batangaza ko umunsi mukuru wa Noheli wababareye mubi ugereranije n’indi yabayeho mbere dore ko nta bakiriya ahanini bitewe no kubura inyama kubera akato.
Kuba umusemburo w’impinduka nziza mu muryango nyarwanda ni bwo butumwa bwatanzwe ku banyeshuri basoje Itorero mu karere ka Nyagatare tariki 17/12/2012.
Marie Claire Mutegwaraba yituriye mu nzu isakaje amahema ariko hashize amezi ane yizejwe n’ubuyobozi bwa Banki ya y’abaturage ishami rya Nyagatare, bwari bwizeje ko mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa azaba yamaze kubakirwa inzu akava muyo yarimo.
Urubyiruko rugera ku 180 rwasoje amasomo y’Itorero mu Karere ka Nyagatare, rwiyemeje kuba abatoza b’izindi ntore mu tugari no mu n’imidugudu yabo, nyuma y’itorero ryaberaga mu Murenge wa Matimba.
Mu muhango wo gutaha ku mugaragaro ishuri Maryhill Girls Secondary School, Musenyeri wa Diocese Gatolika ya Byumba, Serviliani Nzakamwita, yatangaje ko ubuhanga bugeretseho ubupfura no kubaha Imana aribyo bitera umutu kuba ingirakamaro mu bandi.
Nyuma yo gusezerana kubana byemewe n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda, imwe mu miryango yo mu murenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare itangaza ko ubusugire bw’ingo bugiye kwiyongera.
Mushambo Robert uyobora umuryango w’abanyeshuli biga mu ishuli rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare yemeza ko byinshi bagezeho babikomora kuri bakuru babo bahasanze bityo asaba abanyeshuli bashya gutera ikirenge mu cyabo.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga mu karere ka Nyagatare, umuhanzi Mihigo Kizito yaririmbye indirimbo ishimangira ko kugira ubumuga bitagomba kwambura agaciro ikiremwa muntu.
Nyuma y’igihe gito mu karere ka Nyagatare havugwa icuruzwa ry’ibiti bamwe bita Kabaruka abandi bakabyita Umushikiri, ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha buvuga ko iki kibazo cyagabanutse kubera ubufatanye bw’inzego z’ubuyobozi n’imbaraga z’abaturage nyuma yo kubona hasahurwa umutungo w’igihugu.
Nyuma yo kwiga ubuhinzi bigishijwe n’igihingwa ubwacyo bamwe mu baturage bo mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare bita ibihingwa mwarimu. Ubuhinzi bwigishijwe aba baturage bwakorewe mu ishuri ry’abahinzi mu murima (IAMU).
Abakora umwuga wo gucuruza inyama bo mu mujyi wa Nyagatare barasaba ko bakwemererwa kubaga inka zabo bemeza ko akato kazisanze mu ibagiro, ariko abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo batangaza ko iki cyifuzo cyabo kitakwemerwa mu gihe batagaragaza ibyangombwa by’izo nka n’igihe zagereye mu ibagiro.
Abana b’umugore mukuru w’umugabo witwa Hategekimana Samson bakambitse mu gikari cy’umugore we muto kubera amakimbirane bafitanye ashingiye ku masambu.
Abanyeshuri barangije umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye bo mu karere ka Nyagatare barasabwa kuzagerera ku gihe ku byicaro by’aho bazakorera itorero ry’igihugu.