Nk’uko twabibasezeranyije mu nkuru yacu yo ku wa 09 Mata 2015, muri iki gice cy’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, tugiye kwibanda ku butwari bamwe mu batutsi bagize mu kurwanaho ndetse na bamwe mu bagerageje kwifatanya na bo babafasha cyangwa babahisha. Iby’aya mateka tubikesha ahanini ubuhamya bwa bamwe mu barokotse (…)
Abarokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi bo muri Paruwasi ya Muhororo mu Murenge wa Gatumba barasaba ko hakubakwa inzu yashyirwamo ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko bigenda bikendera kandi hari ibyari byarabonetse ariko bikaba bidafashwe neza.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Caritas Mukandasira arasaba abayobozi b’insengero ziciwemo abatutsi mu w’1994 gushyiramo ibimenyetso bigaragaza ko hiciwe abantu cyangwa se ubutumwa bwibutsa abakirisitu babo ko aho hantu hakorewe amahano babigisha kubirwanya.
Mu biganiro abatuye Akarere ka Ngororero bahawe n’abantu batandukanye mu cyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abatuye mu Karere ka Ngororero basabwe kujya bibwiriza kwibuka abazize Jenoside kuko ari inshingano za buri Munyarwanda.
Charles Hategekimana, umwe mu bari bahungiye mu ngoro ya MRND bitaga ingoro ya muvoma akaza kurokoka avuga ko nyuma y’igihe kinini bahigwa ndetse bakabasha gusubiza inyuma ibitero bimwe na bimwe, interahamwe zifatanyije n’abasirikare bishe abatutsi bari bahari kuva saa sita z’amanywa kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko abaregwa gukora amakosa yo kwiha amafaranga yagenewe abakene azwi nka VIUP, batangiye kuyishyura, nyuma y’uko bigaragariye ko hari abaturage bagiye bayahabwa ariko ntibayakoreshe icyo yagenewe abandi bayozi nabo bakayiguriza.
Nshizirungu Jean Claude utuye mu Mudugudu wa Gisozi, Akagari ka Nyirakigugu mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu ashimira Kayisire Anastase warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wababariye ababyeyi be nyuma yo gusahura imitungo y’iwabo, ndetse ahitamo kwifatanya nawe mu nzira yo kwiteza imbere ndetse no mu kubaka ubumwe (…)
Nyuma y’uko mu Karere ka Ngororero inama y’umutekano yemeje ko hari amakosa mu gutanga inka muri gahunda ya “Gira inka” nk’uko byari byaragaragajwe n’abadepite, abafite uruhare mu kunyereza inka za “Gira inka”, cyangwa abazifta ku buryo bunyuranyijwe n’amategeko batangiye kwishyura cyangwa gusubiza inka bahawe.
Akarere ka Ngororero ni kamwe mu twazahajwe cyane na Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994. Aka karere ubu gafite inzibutso 7 zose hamwe, zibitse imibiri y’abantu ibihumbi 42 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri aka karere, abatutsi 2200 ni bo bonyine babashije kurokoka.
Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 194 bahawe igihano cy’imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu kamaro ariko bakayitoroka ariko bakongera gufatwa, boherejwe mu kigo ngororamuco cya Ngororero aho bari guhabwa uburere mboneragihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon avuga ko mu gihe mu Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 21 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu karere ayoboye barimo gukemura ibibazo by’abarokotse bitarakemuka, kugira ngo babafashe kurushaho kwiyubaka.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB), kuri uyu wa 02 Mata 2015, cyasuye uruganda ruzajya rutunganya umusaruro w’imyumbati n’ibigori mu Karere ka Ngororero nyuma y’aho rusuriwe n’abadepite bakanenga imashini zarwo zikozwe mu byuma bigaragara ko zatangiye kurwara umugese.
Nyuma y’uko imirimo yo kubaka gare nshya mu Mujyi wa Muhanga itangiye mu ntangiriro z’umwaka wa 2015, ibyakorerwaga ahubakwa iyo gare byarasenywe maze bimwe muri byo birimo amazu akoze mu mabati y’ibyuma azwi nka kontineri (containers) yimurirwa mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, bikaba byarabafashije kubona aho (…)
Urugaga rw’abikorera n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bavuga ko bihaye intego yo kubaka amazu y’ubucuruzi agezweho kandi mu gihe gito, kugira ngo bakomeze kureshya abashoramari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’umuryango ureberera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi (IBUKA) muri aka karere, bavuga ko kugeza ubu nta warokotse Jenoside utishoboye utarubakirwa inzu yo guturamo.
Abasore 2 bo mu Mudugudu wa Mwumba, Akagari ka Matare mu Murenge wa Matyazo ho mu Karere ka Ngororero bafashwe na polisi yo muri aka karere, bamaze kwiba urumogi uwo basanzwe baruguraho.
Imiryango ibiri ituye mu Mudugudu wa Rubaya mu Kagari ka Mashya mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero yubatse ku nkombe z’umugezi wa Giciye, irasaba ubufasha ngo yimuke aho hantu kuko iyo umugezi wuzuye ugera ku mazu yabo.
Minisiteri ishinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) ifatanyije n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mirire n’iterambere ry’ubuhinzi (FAO), barimo gufasha imiryango y’abanyarwanda bahungutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo hamwe n’abandi bakene kwiteza imbere babinyujije mu buhinzi.
Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu mu Karere ka Ngororero, SSP Alphonse Zigira aratangaza ko barimo kuzenguruka ahari Sitasiyo za Polisi mu Karere baganira n’abapolisi bakorera mu mirenge ku kunoza no gutanga serivisi nziza ku babagana.
Kuva ku wa 15 Werurwe 2015, Abashinzwe ubworozi (abaveterineri) mu mirenge bane bafunzwe bekekwaho gutanga mu buryo budakurikije amategeko inka zagenewe korozwa abanyarwanda bakennye muri gahunda ya Girinka.
Ku wa 15 Werurwe 2015, umuturage witwa Habimana Jean Pierre yatemye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rutagara mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero witwa Uwimbabazi Florence, amukomeretsa ku mutwe no mu mugongo.
Abantu 20 baravuga ko bamaze umwaka n’igice bishyuza amafaranga bakoreye mu gukwirakwiza amashanyarazi mu Murenge wa Nyange wo mu Karere ka Ngororero ariko ntibishyurwe.
Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, avuga ko ubuyobozi bw’akarere n’abashinzwe ubwisungane mu kwivuza bafashe ingamba zo gukaza raporo kuri mitiweli, ku buryo buri cyumweru batanga raporo yuzuye igaragaza ko icyo cyumweru kitabiriwe.
Kalinganire Céléstin wo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero amaze imyaka ibiri yaranze ko urubanza yatsinzwemo na mushiki we rurangizwa.
Abagize komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu Karere ka Ngororero basanga abanyarwanda bari mu gihugu imbere bagomba kubanza kwiyumvisha agaciro ko gutahuka kwa bene wabo bakiri mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), kuko hari ababaca intege kubera ko bigaruriye imitungo yabo ntibababwize ukuri ku bibera (…)
Ikusanyirizo ry’amata ryubatswe mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero ribangamiwe no kutabona amata ahagije yo gutunganya no kujyana ku isoko, bigatera igihombo koperative irikoresha.
Nyuma y’ukwezi ibikorwa byo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe bitangijwe, bamwe mu batuye Akarere ka Ngororero baravuga ko bashyizwe mu byiciro batishimiye, hakaba n’abadasobanukiwe n’icyo ibyiciro by’ubudehe bigamije, kuko abenshi bazi ko birebana n’ubwisungane mu kwivuza gusa.
Polisi y’Igihugu yifashishije uburyo bwa Polisi yimukanwa bita Mobile Police Station, kuru uyu wa 4 Werurwe 2015 mu kwakira ibibazo n’ibirego by’abaturage mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Nyange hagamijwe kwegereza abaturage serivisi za Polisi.
Abaturage babarirwa muri 59 bo mu Kagari ka Mukore mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Ngororero barashinja rwiyemezamiromo Ntarindwa Steven kubakoresha mu mirimo y’isoko ryo kubaka ahantu nyaburanga ku Mukore wa Rwabugiri akanga kubishyura.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’inzego zishinzwe umutekano muri aka karere buravuga ko bugiye kubaka ikigo ngororamuco (transit Center) kizajya cyakira abagore.