Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon yemeza ko guca amafaranga abishyingira bitemewe n’amategeko no kubatandukanya byagabanyije ingeso y’ubuharike .
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero batarabona amakarita y’itora batanagaragara ku malisiti y’itora bababajwe n’uko batazabasha gutora
Abaturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko nta wabasha kubajya mu matwi mu gutora itegeko nshinga kuko ari bo babyisabiye.
Umukozi wa Mount Kenya University (MKU) mu Karere ka Ngororero avuga ko gutangiza amasomo muri ako karere byahagaritswe no kubura umubare uhagije w’abanyeshuri.
Mukantaganda Bujeniya wo mu Karere ka Ngororero avuga ko imiyoborere idaheza yatumye ashyira ahagaragara umwana we ufite ubumuga.
Mu gutera inkunga umubyeyi ukennye wabyaye abana 3, kuwa 27 Ugushyingo 2015, ubuyobozi n’abakozi b’Akarere ka Ngororero bamugeneye ibihembo.
Bamwe mu bikorera bashyira ibyapa ku muhanda Muhanga-Ngororero bavuga ko bahangayikishijwe n’abajura biba ibyapa byabo, kandi bituma babona abakiriya
Abanyamuryango ba koperative Umubano ikoresha ikusanyirizo ry’amata mu murenge wa Nyange bavuga ko kubura amata bitumye imashini zimara imyaka 3 zidakora.
Abakunzi b’imikino cyane isiganwa ry’amagare bo mu karere ka Ngororero, baravuga ko bategereje kongera kureba umukino rukumbi babasha kwirebera imbonankubone.
Umuyobozi w’ibitaro bya Muhororo mu Ngororero avuga ko hari abaturage batakigana amavuriro bagifatwa n’indwara abakivuza barembye kubera kutagira Mitiweli.
Kuwa 13 Ugushyingo, imiryango itandukanye n’amatorero bikorera muri Ngororero batangije umushinga witwa SUN ugamije kurwanya imirire mibi muri aka karere.
Abarokotse Jenoside n’abafite ababo biciwe muri Kiliziya ya Nyange muri Ngororero bishimiye ko noneho imirimo yo kuhubaka urwibutso yatangijwe.
Abakurikiranira hafi ibirebana n’ubuzima bw’umwana n’umubyeyi bavuga ko mu Ngororero ababyara abana batatu akenshi baba ari abakene.
Abashinzwe isuku mu karere ka Ngororero barasaba abaturage kugira isuku ahantu hose nk’uko bayigaragaza iyo uri ku muharuro w’ingo zabo.
Abagore bo mu karere ka Ngororero bavuga ko umugore wo mu cyaro atagisuzugurwa kubera leta yabahaye agaciro nabo bakiteza imbere.
Abaturage bo mu turere twa Ngororero-Muhanga na Karongi barasabwa kwitwararika ku bikorwa byangiza inkombe za Nyabarongo mu kwirinda ibura ry’amashanyarazi.
Ukuriye polisi mu karere ka Ngororero avuga ko Polisi itazihanganira akajagari kakigaragara mu batwara abagenzi.
Abakoresha umuhanda Muhanga -Ngororero -Rubavu bavuga ko impanuka bahura nazo ziterwa no kuvugira kuri telefoni no kwiruka cyane.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barasabwa guhunika ibiribwa bitegura guhangana n’ibura ry’umusaruro igihe hashobora kuba ibiza bitewe n’ikirere.
Nyuma y’igihe kinini mu Ngororero bahiga gukuraho amabati ya Asbestos (Fibrociment) ntibigerweho, ubu noneho ngo 2016, uzasiga yaraciwe burundu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bugiye gukosora ibitagenda mu mitangire ya serivisi kugira ngo abaturage bakomeze kurushaho kugirira abayobozi icyizere.
Matyazo: Abanyamuryango ba koperative y’abahinzi yitwa KOHAMA bavuga ko baciye indwara z’imirire mibi binyujijwe mu buhinzi bw’urutoki, imboga n’imbuto.
Abakozi ba Leta mu karere ka Ngororero, biyemeje gutanga 1% by’umushahara buri kwezi, agenewe gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Ihuriro ry’amakoperative y’ababoshyi bo mu karere ka Ngororero ryashinze ishuli ryigisha ubukorikori ku rubyiruko n’abakuze babyifuza, mu rwego rwo kuzamura ishoramari ry’akarere.
Abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA batuye mu karere ka Ngororero bavuga ko ingingo y’i 101 igomba guhinduka ngo batore uwabagejejeho imiti igabanya ubukana, byabaviramo ingaruka zo kwicwa n’agahinda bagatakaza abasirikare (anticorps) bo mu mubiri wabo.
Abatuye mu murenge wa Kageyo batangaza ko Perezida Kagame ari umusare umenyereye umusomyo bisobanura ko amenyereye akazi ko guteza imbere Abanyarwanda, bakavuga ko badakeneye undi uza kwigira ku kuyobora igihugu atazi aho kivuye.
Bamwe mu Banyarwanda basubiye mu buzima buswanzwe nyuma yo gutahuka bava mu mashyamba ya Congo, barasaba bagenzi babo basigayeyo bakava mu bujiji bagataha mu gihugu cyabo.
Mu gihe Nyirambarushimana Thérèse wo mu Karere ka Ngororero yari amaze imyaka 9 avuga ko yarenganyijwe n’abaturage bamutwariye imitungo, abanyamategeko n’ubuyobozi mu Karere ka Ngororero basanze iki gihe cyose yamaze asiragira mu nkiko cyaraturutse ku kutemera ibyemezo by’inkiko no kutubahiriza inama yagiriwe mu (...)
Abantu bakoze mu kubaka umuhanda w’igitaka Ngororero-Rutsiro barenga 361 bo mu mirenge itandukanye y’akarere ka Ngororero, bamaze iminsi bazindukira ku cyicaro cy’akarere aho basaba ubuyobozi kubishyuriza amafaranga yabo bambuwe hakaba hashize imyaka ine.
Umugore witwa Mukahigiro Laurence wo mu Murenge wa Ndaro, Akagari ka Kabageshi mu Karere ka Ngrorero avuga ko afite inyota yo kumenyekana ku rwego mpuzamahanga binyuze mu bihangano bye bwite yihariye akor a yifashishije indodo kandi mu buryo bwihari kuko biba bitandukanye n’iby’abandi.