Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buvuga ko mu kurwanya gutekinika mu ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo, 2016-2017 uzasiga imirenge yose ifite interineti.
Abize amashuri ya kaminuza barasabwa gutinyuka kwihangira umurimo, kuko hari amahirwe bashyiriweho abunganira kubona uko batangira umurimo bifuza kwinjiramo.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Ndaro muri Ngororero baravugwaho kuba nyirabayazana bo gutuma abagabo bata ingo zabo kubera kubahohotera.
Abagize koperative ikora ubworozi bw’amafi mu Karere ka Ngororero bavuga ko umusaruro w’amafi wagabanutse bitewe no kubura ibiryo byayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’abafatanyabikorwa bako bagiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzaba uhiga iyindi mu karere, uzatuzwamo abantu 100.
Nshunguyinka Annanie w’i Nyange muri Ngororero yahanze umuhanda wa miliyoni eshanu, uhuza utugari tubiri, agamije kugira igikorwa gifitiye akamaro abaturage asiga.
Minisitiri wo gukumira ibiza no gucyura impunzi avuga ko muri 2016 mu Rwanda, ibiza bimaze guhitana abantu 166, binangiza imitungo ifite agaciro ka miliyari 27RWf.
Hatangizwa icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yashimiye abatuye Ngororero ko bafite amanota ya mbere mu bumwe n’ubwiyunge.
Abahinzi bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bahangayikishijwe n’imbuto y’ibishyimbo yahenze, yikuba kabiri, kandi ari igihe cy’ihinga.
Abatuye akarere ka Ngororero baravuga ko bafite ubwoba bwo kutazeza neza, kuko batinze kubona imbuto, bagatinda guhinga.
Abunzi bo mu Karere ka Ngororero batangaza ko amahugurwa bahabwa ku mategeko atandukanye abafasha gukemura ibibazo by’abaturage badahuzagurika.
Ubugenzuzi bwakozwe mu Karere ka Ngororero bugaragaza ko abana 2992 bataye ishuli batararisubiramo kugeza ubu kandi bakoreshwa imirimo ivunanye.
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba Caritas Mukandasira afatamyije n’inzego z’umutekano, baraburira abatuye akarere ka Ngororero ko abafite ibitekerezo by’amacakubiri n’ubutagondwa batazahabwa umwanya.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, yanenze Akarere ka Ngororero kuba karasubiye inyuma mu mihigo ya 2015-2016, ibintu yafashe nk’ubugwari.
Abakozi bane mu Karere ka Ngororero batawe muri yombi n’inzego za Polisi bakurikiranyweho gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Kuva mu gihembwe cy’ihinga 2016 C, mu Karere ka Ngororero baribanda ku gihingwa cya Soya bagitegerejeho gufasha kurandura imirire mibi.
Akarere ka Ngororero katangiye gahunda yo guhuza abakora imyuga imwe mu muganda kugira ngo bizamure agaciro k’ibikorwa bikorerwa mu muganda.
Inkeragutabara zo mu Karere ka Ngororero zeguriwe gukwirakwiza inyongeramusaruro mu karere ka Ngororero, mu rwego rwo kunoza uburyo abahinzi babona imbuto, ifumbire n’imiti y’ibihingwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ndayambaje Godfrois, avuga ko akarere kagiye gukorana na KVCS mu kwinjiza imisoro ikomoka kuri za kariyeri.
Abakozi b’ibitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero bashyizeho isanduku igamije kugoboka abakene babigana mu kubafasha kurya, kwambara, kwivuza n’isuku.
Umuryango utabara imbabare (Croix Rwanda) ufite intego yo kwigira kugirango ushobore gukomeza kugoboka abatishoboye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Jabo Paul, avuga ko batangiye gahunda yo kugenzurana hagati y’imirenge mu kunoza igenamigambi.
Umutahira w’Intore mu Karere ka Ngororero, Mukantabana Odette, aragaya abanyeshuri basoza Itorero ntibitabire urugerero, anasaba abarwitabiriye guhashya ubwo bugwari muri barumuna babo.
Mu nama y’inteko rusange y’umuryango FPR Inkotanyi mu Murenge wa Ngororero muri Ngororero, abanyamuryango biyemeje kwihutisha ubuvugizi ku bibazo by’abaturage.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yihanangirije Abanyangororero bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside n’abadashaka kurangiza imanza za Gacaca.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanda, Innocent Mbanjimbere na Nyiramahano Chantal w’Akagari ka Bugarura bahagaritswe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka imbere y’imbaga y’abaturage babashinje kubahohotera.
Bamwe baturage bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko babangamiwe n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze babakumira kubaza ibibazo igihe abayobozi bakuru babagendereye.
Abakoze amatsinda adakora mu Karere ka Ngororero bagiye bakingirwa ikibaba n’abayobozi batari inyangamugayo, bituma inguzanyo zatanzwe muri VIUP zitishyurwa neza.
Minisiteri ishinzwe Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) yizeje abasenyewe n’ibiza mu Karere ka Ngororero ko bazahabwa ubufasha bwihuse bwo kubakirwa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Fransis Kaboneka yakoreye urugendo mu karere ka Ngororero, rugamije kubizeza ko nabo Perezida Kagame azabasura vuba.