Ngororero: 28 batorotse TIG barafashwe bajyanwa mu kigo ngorora muco

Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 194 bahawe igihano cy’imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu kamaro ariko bakayitoroka ariko bakongera gufatwa, boherejwe mu kigo ngororamuco cya Ngororero aho bari guhabwa uburere mboneragihugu.

Iki gikorwa cyakozwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buhatanyije n’inzego z’umutekano, abo butangaza ko 28 mu batorotse TIG aribo bamaze gutabwa muri yo bagahita bshyirwa muri iki kigo.

82 batorotse TIG mu karere ka Ngororero.
82 batorotse TIG mu karere ka Ngororero.

Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, avuga ko inama y’umutekano yemeje ko abantu bose batorotse TIG bagomba gushakishwa bagasubizwa muri icyo gihano. Avuga kandi ko abazakomeza kwinangira bashobora no kuzakurikiranwa agasubizwa muri gereza.

Abafashwe barimo kwigishirizwa muri Ngororero Transit Center.
Abafashwe barimo kwigishirizwa muri Ngororero Transit Center.

Ruboneza avuga ko amategeko ateganya ko umuntu utorotse TIG agafatwa abanza kugirwa inama n’ubuyobozi bw’umurenge atuyemo kugira ngo akomeze igihano. Iyo nyiri kugirwa inama akomeje kwinangira, ngo inama y’umutekano ishobora kwemeza kumusubiza muri gereza.

Muri rusange mu karere ka Ngororero abatorotse imirimo nsimburagifungo bose hamwe ni 82, aho umuyobozi w’akarere avuga ko bagiye bimukira mu turere dutandukanye ariko ngo ku bufatanye n’inzego zitandukanye bakaba barimo gushakishwa ngo bakomeze ibihano bahawe cyangwa basubizwe muri gereza.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka