Nyuma yuko baboneye akamaro k’amata y’ihene n’abayonyeho bagatanga ubuhamya bw’uko yabakuye kure bagiye gupfa kubera intungamubiri nyinshi agira, byatumye ayo mata ahenda.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cy’imiyoborere myiza , tariki 22/01/2013, abaturage bo mu karere ka Ngoma bibukijwe ko bafite uruhare runini mu kwimakaza imiyoborere myiza.
Guhabwa service mbi umuntu agaceceka no kudaharanira uburenganzira bwe no kudatanga amakuru ku babishinzwe kugira ngo utanze service mbi akurikiranwe, ni kimwe mu bituma hari ahantu hakirangwa serivisi mbi mu Rwanda.
Abarundi icyenda n’Abanyarwanda babili bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Ngoma iri mu karere ka Ngoma, bakekwaho gutwara urumogi na forode z’amasashe n’amamesa.
Mu gihe kuri iki gihe umwuga w’ubuhanzi ugenda uteza imbere abawukora neza, bamwe batangiye gushora imari yabo mu kurushaho gufasha abahanzi mu kunoza umuziki wabo.
Inama y’umutekano y’umurenge wa Kazo yabaye tariki 14/01/2013yafashe icyemezo cyo gusubiza iwabo abarundi barindwi badafite ibyangombwa babaga muri uwo murenge gusubira iwabo.
Abanyamuryango barenga ijana ba koperative “Imbaraga” ihinga ibigori mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma barasaba kurenganurwa bakagarurirwa indangamuntu zabo nyuma y’amezi ane zifungiranwe mu biro bya koperative kubera ubujura bw’ifumbire bakekwagaho.
Iradukunda Naumie w’imyaka 18 utuye mu murenge wa Kibungo, akagali ka Mahango umudugudu wa Rebero yayahuje umuti wa Tioda ku wa mbere tariki 07/01/2013. Uyu munyeshuri yaguye mu rugo iwabo atarajya ku ishuri.
Nyuma yo kuvugurura ubuhinzi bwabo babifashijwemo n’ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB), abahinzi bo muri koperative IMBARUTSO bo mu murenge wa Karembo barishimira ibishyimbo bya mushingiriro (MAC 44) kuko umusaruro wikubye hafi kane.
Abatuye umujyi wa Ngoma bavuga ko nta cyumweru gishira hatagaragaye umurwayi wo mu mutwe mushya, igitangaza kandi abo barwayi bashya ngo baba basa naho bafashwe vuba.
Mu rubanza rwaburanishirijwe mu murenge wa Gashanda mu karere ka Ngoma, tariki 03/01/2013, umusore w’imyaka 20 y’amavuko uherutse gufata nyina ku ngufu yasabiwe igifungo cy’imyaka irindwi n’ubushinjacyaha .
Musayidire Etienne w’imyaka 27utuye mu karere ka Ngoma, umurenge wa Kazo, akagali ka Kinyonzo afunzwe akurikiranweho gusinda agafunga umuhanda uva Mutendeli ugana i Kibungo kandi afite imyambi ishyirwa mu muheto.
Mu gihe hari benshi mu rubyiruko rufatirwa mu mijyi nk’inzererezi ruvuga ko rwaje gusha akazi, ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buributsa urubyiruko ko imirimo itaba mu mijyi gusa.
Ubuyobozi bwo mu karere ka Ngoma buributsa urubyiruko ko imirimo itaba mu mijyi gusa, mu gihe urubyiruko rwinshi rugenda rugana imijyi ruvuga ko rugiye gushaka imirimo.
Umugabo Emmanuel uzwi ku izina ry’ingwe (izina yihaye) wo mu mujyi wa Kibungo ahitwa Rond-point ari mu maboko ya Polisi akekwaho kwambura abantu akanabaka amaterefone nyuma yo kwiyita ingwe.
Imikwabu yo gufata inzererezi mu mujyi wa Ngoma iragenda igabanya ibyaha by’ubujura bw’ibikoresho byo mungo bwari bwibasiye uyu mujyi; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise.
Umwana w’imyaka 20 utuye mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi azira gufata ku ngufu nyina umubyara tariki 21/12/2012. Uwo mwana witwa Habamenshi yemera icyaha yakoze akanagisabira imbazi avuga ko yabitewe no gusinda.
Ikigo cy’igihugu gitanga amazi n’amashanyarazi (EWSA) ishami rya Ngoma ritangaza ko ryibasiwe n’ubujura bw’insinga bugenda bwiyongera uko amezi ashira.
Inama y’ umutekano yaguye y’akarere ka Ngoma yemeje ko amarondo ashyirwamo ingufu, mu rwego rwo guhashya ibikorwa by’ubujura n’urugomo bishobora kwiyongera byihishe inyuma yo kwizihiza iminsi mikuru ya noheli n’ubunani.
Bamwe mu barwaza barwarije kubitaro bikuru bya Kibungo n’abakozi b’ibitaro bari bakererewe akazi kuri uyu wa Kane 20/12/2012 bahejejwe hanze y’ ibitaro amasaha abili kubera gukererwa amasaha yagenwe n’ibitaro.
Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bakoreye itorero mu karere ka Kirehe bafashije abana bane b’imfubyi zibana hamwe no kubakira umukecuru utishoboye.
Mu gihe Leta y’u Rwanda ikangurira Abanyarwanda kurushaho kunoza imitangire ya service mu kazi kabo, imodoka za express zikorera mu karere ka Ngoma ziranegwa ko umuco wo gutanga service zitanoze umaze kuzibamo karande.
Mufti w’u Rwanda, Gahutu Abdulkalim, ubwo yasuraga Abayisilamu bo mu karere ka Ngoma tariki 09/12/2012 yashimye ko Abayisilamukazi baharanira kwiteza imbere bibumbira mu mashyirahamwe akora ibintu bitandukanye.
Mu mikino ya ½ cy’irangiza yabereye mu karere ka Ngoma mu ntara y’Iburasirazuba, APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda mu rwego rw’abagabo, nizo zabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma mu irushanwa rigamije kurwanya Malariya ryeteguwe n’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ku bufatanye n’Imbuto (…)
Ibitaro bikuru bya Kibungo biratangaza ko abaturage bazanwa muri ibi bitaro bagize impanuka cyangwa abandi baza abarembye badafite mitiweli byatumye bihomba amafaranga miliyoni hafi 9.
Kabananiye Staton na Barukinaho Saidath bakomoka mu murenge wa Kazo, bahawe igihembo n’ubuyobozi bw’akarere ko bakorana neza n’umurenge SACCO wa Kazo mu karere ka Ngoma.
Imashini ebyiri zikora umuhanda za kompanyi NPD/COTRACO yakoraga umuhanda mu karere ka Ngoma zafashwe n’inkongi y’umuriro tariki 13/11/2012 mu mujyi wa Kibungo zirashya zirakongoka.
Hari imishinga cyangwa amatorero afasha abatishoboye kwiga imyuga ngo bikure mu bukene ariko hari ikibazo ku barangiza kwiga bakabura ibikoresho bityo ntibagire icyo bunguka.
Ubwo hasozwaga ukwezi k’umuryango tariki 08/11/2012, ikigo cy’ igihugu cy’ubuhinzi (RAB) cyatanze imbuto y’imboga ku miryango 1000 yo mu murenge wa Rurenge mu karere ka NGoma.
Abaturage batuye imirenge ya Kazo na Mutenderi bahisemo kwitirira ikizamini gisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc-commun) inzara iri kuvugwa hirya no hino mu karere ka Ngoma, aho yahawe amazina nka gashogoro na Tronc-commun.