Jeannette Ntakirutimana w’imyaka 20 na Françoise Kabanyana w’imyaka 21 y’amavuko bafatiwe mu murenge wa Sake mu karere ka Ngoma tariki 21/04/2013 bafite ibiro 14 by’urumogi bagiye kubishakira isoko.
Gatarayiha Aloys w’imyaka 41 y’amavuko, ukomoka mu kagali ka Kinanira, umurenge wa Remera mu karere ka Ngoma, afungizwe azira inoti 50 z’amafaranga 2000 z’amahimbano yari agiye kwishyura inzoga ku kabari k’umuntu bakunda kwita Pati gaherereye ahitwa mu Ivundika.
Imfubyi 11 za Jenoside zaragijwe Radio izuba ikorera mu karere ka Ngoma zirayishimira ko itazitereranye kuva zajya mu maboko yayo kugeza ubu.
Urwibutso rwa Jenosiderwa Kibungo rugiye kubakwa bijyanye n’igihe mu rwego rwo guha icyubahiro abahashyinguwe bazize Jenosideno kubungabunga amateka ya Jenosidemu gihe kirekire.
Ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo cya Jenocide, imibili 5142 yakuwe mu nzibutso zitari zimeze neza mu mirenge ya Mugesera,Zaza,Karembo na Gashanda yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Zaza.
Abanyeshuri bibumbiye mu muryango w’abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside (AERG) bo mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE) n’ubuyobozi bw’iri shuri basaniye uwacitse ku icumu utuye i Rukumberi inzu banoroza abandi icumi babaha amatungo.
Minisitiri ushinzwe umuco n’itangazamakuru muri imwe muri Leta zigize Sudani Ragab Elbash n’itsinda ry’abanyamakuru bo muri Sudani tariki 04/04/2013 basuye Radio Izuba bagamije kureba imikorere y’amaradio y’abaturage mu Rwanda n’icyo Sudani yakwigira kuri iyo mikorere.
Stade ya Cyasemakamba iri mu karere ka Ngoma yari yarashaje, iri kubakwa ku buryo bugezweho. Nubwo iyi stade iri kubakwa ngo ntizaba ari iy’umupira w’amaguru ahubwo izaba ari stade y’imyidagaduro (petit stade).
Mu gihe abantu benshi bavuga ko Abanyakibungo bagendera ku rutaro, bamwe mu bahaba n’abahakomoka bemera ko ibyo bintu byigeze kubaho mu gihe abandi bavuga ko hari aho bakigendera ku rutaro na n’ubu.
Nyirandegeya Cecille w’imyaka igera ku 100 wari utuye mu mudugudu wa Cyanyonga kagali ka Mutendeli umurenge wa Mutendeli yasanzwe munzu yarapfuye amaze iminsi itatu abaturanyi batabizi.
Gufunga utubari na za Bare hakiri kare, gukaza amarondo no kuyakora neza ni zimwe mu ngamba zafashwe mu karere ka Ngoma mu rwego rwo kurushaho gukaza umutekano mu gihe cy’icyunamo cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umugabo Emanuel wihaye izina ry’ingwe ngo atere abantu ubwoba abambure, aherutse gufatwa na Polisi iramufunga bitewe nuko abaturage bagaragaje ko yambura abantu ariko habuze umuntu n’umwe umushinja.
Umushoferi witwa Nshimiyimana Alexis wari utwaye imodoka yo mu bwoko bw’ivatiri ya Carina, yagonze umusore mu mujyi wa Kibungo ahita ata imodoka aratoroka mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 /03/2013 ahagana saa kumi n’ebyiri.
Umwarimu umwe wigisha ku kigo cy’amashuri GS Kirwa mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma afungiye kuri station ya Polisi ya Kibungo, abandi bagabo ikenda nabo bari gushakishwa nyuma yuko kuri iki kigo abanyeshuri icumi batwariye inda zitateguwe.
Abaturage baherutse kugerwaho na gahunda ya Leta yo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu byaro baratangaza ko aho baboneye umuriro bashiduka bugiye kubakeraho bakiri mu tubari kubera kutamenya ko bwije bitewe n’umuriro w’amashanyarazi babonye.
Ishuri rikuru ry’ ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) riratangaza ko ritazahwema gushyigikira ikigega agaciro development fund no gushyigikira gahunda za leta ziterambere, nyuma y’uko batanze amafaranga ya mbere muri iki kigega ingana na miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abunzi bari guhabwa amahugurwa mu mushinga wo kwegereza abaturage ubutabera batangaje ko hari byinshi bakoraga basanze bigomba guhinduka mu rwego rwo gutanga ubutabera bwunga nyabwo.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba madamu Uwamariya Odette arashima iterambere abagore bo mu karere ka Ngoma bamaze kwigezaho binyuze mu kwihangira imirimo no gutinyuka ibikorwa n’imishinga ibyara inyungu, akabasaba gukomeza umurava no gufata ingamba zo gukemura ibikibabangamiye mu rugengo rw’iterambere.
Abikorera bo mu karere ka Ngoma basabye ko inyubako iri mu mujyi wa Ngoma rwagati izwi ku izina rya (ONATRACOM) na gereza ya Kibungo byakimurwa, bikubakwamo inyubako z’ubucuruzi.
Abagore bagera kuri 40 bacikirije amashuri bagashaka abagabo ubu basubiye mu ishuri bigiramo imyuga inyuranye bakishyura igiceri cya 20 y’u Rwanda ku isaha, umunsi wose bishyura igiceri cy’ijana kandi barishimira ko nabo noneho ngo bagiye kugira agaciro bagira icyo binjiza mu rugo.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe rya siporo mu mashuri mu Rwanda buratangaza ko siporo mu mashuri igiye kuba itegeko kandi ko no kwitabira amarushanwa nabyo ari itegeko hagamijwe kutavutsa abanyeshuri urubuga bagaragarizaho impano zabo mu mikino.
Igabanuka ry’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu mashuri yo mu karere ka Ngoma, ryagizwemo uruhare n’insanganyamatsiko abanyeshuri biga mu mashuri bari bihaye ubwo hatangizwaga imikino mu mashuri mu 2012.
Abanyamuryango bagera 100 b’ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) bo mu karere ka Ngoma bahuguwe ku mikorere ya RSSB basabye ko amahugurwa nkayo yagera ku banyamuryango bose kuko benshi batazi imikorere ya RSSB kandi bayibamo.
Abanyamuryango ba koperative “Dukore” y’ababana na Vurusi itera SIDA mu murenge wa Karembo mu karere ka Ngoma bavuga ko bashaka kuzenguruka hirya no hino batanga ubutumwa buhumuriza abagize ibyago byo kwandura SIDA ,ngo biteze imbere.
Rwasibo Eric uyobora akagali ka Rubago mu murenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma yahembwe igare kubera ko abaturage bagaragaje ko abayobora neza.
Nyuma yuko abaturage baturiye ikiyaga cya Birira mu murenge wa Rukumberi bari batewe ubwoba n’ingona yabicaga umusubizo, abarobyi barayivuganye tariki 12/02/2013.
Polisi yataye muri yombi abantu batandatu mu Turere twa Kayonza na Ngoma two mu Ntara y’Iburasirazuba ibasanganye ibiyobyabwenge birimo kanyanga n’urumogi.
Ubwo hizihizwaga umunsi wo kurwanya SIDA mu rwego rw’akarere ka Ngoma, tariki 06/02/2013, ibiyobyabwenge byashyizwe mu majwi mu ituma ubwandu bushya bwiyongera.
Itsinda ry’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama, tariki 05/02/2013, basuye akarere ka Ngoma mu rwego rwo gusobanukirwa imikorere y’inama njyanama y’akarere ndetse n’uruhare ikorana buhanga ryagize mu kugirango akarere kagere ku iterambere.
Mukanyuzahayo Vestine utuye mu murenge wa Murama wiyemerera ko abana na virus itera SIDA yemeza ko yari asigaranye abasirikare b’umubiri batatu hanyuma nyuma yo kunywa amata y’ihene (amahenehene) ubu akaba ageze ku basirikare 1019.