Ngoma: Impanuka y’ikamyo eshatu za scania yasize babili kwa muganga

Imodoka eshatu zo mu bwoko bwa scania zagonganiye mu mudugudu wa Rubimba ahitwa rond-point mu murenge wa Kibungo ebyiri zerekezaga muri Tanzania indi imwe iva muri icyo gihugu babili barakomereka bahita bajyanwa kwa muganga.

Iyi mpanuka yabaye mu masaha ya saa 13h00 tariki 07/03/2014 nta muntu yahitanye uretse abantu babiri bakomeretse bidakabije nabo bahise bajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibungo ndetse n’ imodoka ebyiri zononekaye bikabije.

Ababonye iyi mpanuka iba bavuga ko scania yavaga Tanzania yerekeza Kigali yazamutse n’umuvuduko mwinshi ikubita ku ikamyo imwe ya scania yamanukaga iyigonga ipine, irakomeza ihita ikubitana nindi byari bikurikiranye ihita iyigonga.

Iyi scania niyo yabanje kugongwa ipine mbere yuko izindi zigongana.
Iyi scania niyo yabanje kugongwa ipine mbere yuko izindi zigongana.

Umushoferi wari utwaye scania yagonzwe bwa kabili ngo yabonye iyo modoka igenda nabi nyuma yo kugonga iyari imbere ye maze ahitamo kuyerekeza iruhande rw’umuhanda agonga igiti ari nako ya modoka yahamusanze ikamugonga.

Nyuma yo kugongana kw’aya makamyo imwe muri zo yafashwe n’inkongi y’umuriro arko iza guhita izimya hifashishije za kizimya mwoto nto zakuwe kuri station ya essence ihegereye nkuko tubikesha bamwe mu baturage bari aho biba.

Hari n’ababona iyo kamyo yagonze izindi yasaga naho umushoferi wayo yari asinziriye kuko ngo yagonze kuburyo budasobanutse kandi hari ahantu harambitse nta koni ryari rihari.

Umushoferi yabonye imodoka imaze kugonga iya mbere ahitamo kuyigongesha igiti ahunga iyashakaga kumugonga.
Umushoferi yabonye imodoka imaze kugonga iya mbere ahitamo kuyigongesha igiti ahunga iyashakaga kumugonga.

Gusa hari n’abavuga ko ubuto bw’umuhanda wa kaburimbo nabwo buteye ikibazo kitoroshye cyane cyane iyo imodoka nini zihahuriye zikabisikana ngo usanga ziba zegeranye cyane kuburyo bisaba ko zitonda cyane ngo zitagongana.

Abaturiye ahabereye impanuka basaba ko uyu muhanda wakagurwa kuko batewe impungenge n’uburyo ari muto cyane ko n’abantu baba bagenda mu muhanda zenda kubagonga iyo zihuye mu muhanda kuko ziba zawumazeyo.

Uyu muhanda wabereyemo impanuka ( Kirehe-cyunuzi -Ngoma) ukunda kuberamo impanuka cyane cyane z’amakamyo ya scania aho agwa cyangwa akagongana n’izindi.

Iyi mpanuka yatumye umuhanda usa n'ufunze kuburyo byabangamiraga izindi zahanyuraga.
Iyi mpanuka yatumye umuhanda usa n’ufunze kuburyo byabangamiraga izindi zahanyuraga.

Jean Claude Gakwaya

Ibitekerezo   ( 1 )

Tubashimiye uburyo mutwitaho mutugezaho amakuru yo hirya no hino.tukaba twabasabagako kandi cyane cyane mwakomeza mutugezaho utwo dushya ariko namavidewo yatwo

MUSONERA JAEN BAPTISTE yanditse ku itariki ya: 10-03-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka