Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA), Karake Théogene aratangaza ko amasezerano y’ubufatanye bagiranye n’Ishuri ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy) azabafasha mu guhanahana abarimu igihe kaminuza bagiye gushinga izaba yatangiye.
Bamurange Jeanine ukomoka mu Kagari ka Rukoma mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 04/02/2015 abaturage bamusanze hagati mu ngo ahitwa ku Kibuye, mu Kagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza atazi iyo ari ameze nk’uwapfuye.
Abasore bo mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze bahamya ko hari abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 14 na 18 bishoye mu ngeso z’uburaya bahabwa amafaranga ari hagati ya 200 na 500 kugira ngo babasambanye.
Abakobwa bo mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze bari mu cyiciro cy’urubyiruko bavuga ko batakoresha agakingirizo kuko ari icyaha, ndetse ngo bagira impungenge ko bashobora kugakoresha kakabaheramo bakaba bapfa.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, James Musoni atangaza ko icyererekezo 20-20 u Rwanda rwifuza kugeraho rutakigera Leta ifatanyije gusa n’abikorera, ngo uruhare rw’amatorero ni ngombwa, akaba ashimira umusanzu utangwa n’itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR), Diyoseze ya Shyira.
Lt. Gen. Karl Eikenberry wacyuye igihe mu ngabo za Leta zunze Ubumwe z’Amerika (USA) aratangaza ko ibyo u Rwanda rwagezeho mu gihe gito gishize bikwiye kubera urugero ibihugu biri mu nzira y’Amajyambere muri Afurika ndetse no ku isi yose.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé atangaza ko ibyo avugwaho ko akorana na FDLR ari ibirego bikomeye ariko inzego zibishinzwe ziri mu iperereza ngo ni zo zikazashyira ukuri ahagaragara.
Bamwe mu bafite aho bahuriye n’imyidagaduro mu mujyi wa Musanze bavuga ko bari guharanira kuzamura ibijyanye no “Kumurika Imideri” muri uwo mujyi mu rwego kwereka abantu ko bishoboka mu Rwanda kandi ko ababikora batezwa imbere nabyo.
Umuyobozi w’Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy), Col. Jill Rutaremara aratangaza ko amasezerano y’ubufatanye hagati ya RPA n’umuryango Save the Children International (SCI) yitezweho kunganira iryo ishuri mu kurushaho kugera ku nshingano zaryo zo kubaka ubushobozi mu bijyanye no kubungabunga uburenganzira (…)
Mu mashuri abanza 90 ari mu Karere ka Musanze, agera kuri 21 nta munyeshuri n’umwe wabonye ibarurwa imwemerera kujya kwiga mu mashuri yisumbuye acumbikira abanyeshuri, azwi nk’amashuri y’icyitegererezo.
Habamenshi Anastase w’imyaka 28 ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali yatawe muri yombi na bagenzi be b’abamotari bo mu Mujyi wa Musanze bamufatana igipfunyika cy’ibiro 30 by’urumogi.
Abantu batanu bari basigaye kumvwa mu rubanza ruburanishwamo abantu 16 bakekwa ho gukorana n’umutwe wa FDLR bahawe umwanya wo kwiregurwa mu rubanza rubera mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, kuwa kabiri tariki 20/01/2015.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze rwahamije Munyaneza Theogene na Siborurema ibyaha bibiri bari bakurikiranyweho byo gusambanya no kwica umukobwa witwaga Nikuze Xaverina, rukatira Munyaneza igihano cy’igifungo cya burundu na ho Siborurema ahabwa igihano cy’igifungo cy’ imyaka 22.
Semana Gisubizo Yves, umunyeshuri wabaye uwa mbere mu ntara y’Amajyaruguru akaza ku wa kane mu gihugu cyose mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza yashyikirijwe ibihembo byo kumushimira.
Abikorera by’umwihariko abacuruzi bo mu Mujyi wa Musanze bakoresha amafaranga yo kugurizanya bitanga inyungu bizwi nka “Bank Lambert”, bagira ikibazo cyo kubura ubwishyu kubera inyungu z’umurengera bagahitamo guhunga kugira ngo badafungwa.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR), Mukantabana Séraphine aratangaza ko igihugu cy’u Rwanda kiteguye kandi gifite ubushobozi bwo kwakira impunzi igihe cyose baramuka batashye mu kivunge.
Umuyobozi wa Wisdom School, ishuri ryaje ku mwanya wa kabiri nyuma ya Kigali Parents School mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, yemeza ko imitsindire y’umwana ituruka ku bantu batandukanye barimo umwana, umubyeyi, umwarimu n’ishuri ubwaryo.
Abasore babiri bakurikiranweho icyaha cyo gusambanya ku ngufu no kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 14 witwa Nikuze Xaverina, kuri uyu wa kabiri tariki 13/01/2015 baburanishirijwe aho bakoreye icyaha, ubushinjacyaha bubasabira igifungo cya burundu.
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro, INES-Ruhengeri (Institute of Applied sciences) butangaza ko bwashatse ibikoresho bihagije n’abarimu bagomba gutegura abanyeshuri bakarangiza bafite ubumenyi n’ubushobozi bukenewe ku isoko ry’umurimo kugira ngo bagire umusanzu batanga mu gukemura ibibazo by’igihugu.
Santere ya “Ndabanyurahe” iri mu Kagari ka Kanyamwumba mu Murenge wa Nyange ho mu Karere ka Musanze, uyinyuramo ugana mu Murenge wa Kinigi uhana imbibi na Pariki y’Ibirunga.
Abasore babiri bo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze bafungiye kuri Stasiyo ya Muhoza mu Karere ka Musanze bakurikiranweho kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 14 nyuma yo kumvikana amafaranga 500 yo kugira ngo basambane bakayabura akagenda atabaza batinya ko bimenyekana bamwicisha amabuye.
Abana bari mu kigero cy’imyaka hagati 9 na 15 bakina umukino wa Tennis mu Mujyi wa Musanze batangaza ko bakunda uwo mukino kandi bawuha agaciro kuko ari umukino umukuru w’igihugu akina.
Abahinzi basanzwe bamenyereye indwara zimwe na zimwe zikunda gufata ibirayi bakaba bazi n’uko bazirwanya ariko batangaza hari indi ndwara nshya yadutse mu birayi kugeza ubu bataramenya neza.
Karegeya Appolinaire ni umuhinzi mworozi wo mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Nyange umaze imyaka isaga 20 ahinga ibirayi. Yemeza ko ubuhinzi bukozwe neza, abahinzi nabo baba abakire nk’uko nawe amaze kugera kuri urwo rwego.
Ubwo kuri uyu wa 01/01/2015, abatuye Akarere ka Musanze bihizaga umunsi w’ubunani batangarije Kigali Today ko umwaka urangiye neza kuko ibyo bari biyemeje kugeraho bimwe babigezeho ariko ngo urugendo rw’iterambere ruracyakomeza hakaba hari ibindi bifuza kugeraho muri uyu mwaka wa 2015.
Nyuma y’urubanza rw’abantu 14 bashinjwa gukorana na FDLR, mu karere ka Musanze hatangiye urundi rubanza rw’abantu 16 nabo bashinjwa gukorana na FDLR no kwinjiza imbunda mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.
Abanyamusanze banywa igipende bavuga ko bakunda kukinywa kuko ngo kibafata mu nda nk’abafashe amafunguro ya saa sita kandi gihendutse ugereranyije ibindi binyobwa, bityo bikabafasha gucunga amafaranga make binjiza bakuye mu biraka bakagira icyo basagurira imiryango yabo.
Abakozi 250 bakorera kampani NBC (Now Business Center) yubaka inyubako y’ishuri ry’ubukerarugendo mu Murenge wa Gataraga, Akarere ka Musanze batangaza bamaze amezi atatu badahembwa bikaba bigiye gutuma barya iminsi mikuru isoza umwaka nabi nta mafaranga yo kwifata neza.
Abahoze mu mutwe wa FDLR n’indi mitwe irwanya Leta y’u Rwanda 51 barangije ingando yo mu cyiciro cya 52 mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo, kuri uyu wa Kabiri tariki 23/12/2014, batangaza ko iyo mitwe ikomeje kuyobya uburari amahanga igaragaraza ko yashyize intwaro hasi.
Abaturage bo mu Kagari ka Gashinga mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze bibumbiye muri ishyirahamwe “Turwanye bwaki mu ngo zacu” bakusanyirije amafaranga bagura toni n’ibiro 20 by’umuceri wo kuzifata neza mu minsi mikuru isoza umwaka.