Musanze: Abagore babiri bakuze bafatanywe inzoga zitemewe bazambariyeho

Umugore w’imyaka 46 n’undi w’imyaka 37 bo mu karere ka Rubavu, tariki 31/03/2014 batawe muri yombi na polisi ikorera mu Karere ka Musanze ibafatanye utuduzeni 20 tw’inzoga yitwa Blue Skys itemewe mu Rwanda bagerageza kuyijyana kuyicururiza mu mujyi wa Rubavu.

Abo bagore babwiye Kigali Today ko ubusanzwe batekaga amafirite mu Mujyi wa Goma ariko kuva batangira gukora imihanda ngo barabirukanye babura icyo bakora batangira gukora iyo magendu y’inzoga zitemewe kugira abana babashe kurya.

Amarira agwa, umwe muri abo bagore yavuze ko afite abana barindwi, ngo yarebye asanga abana be batabasha kurya aza kurangura izo nzoga akaba yari kunguka amafaranga ibihumbi bine abana bakabasha kurya.

Izi ni nzoga bari bambariyeho imyenda.
Izi ni nzoga bari bambariyeho imyenda.

Bafashwe na polisi bakenyeye izo nzoga ziba mu dushashi imbere y’imyenda ndetse no mu myanya ndangagitsina bari bashyizemo; nk’uko abapolisi babidutangarije.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Spt. Hitayezu Emmanuel yabwiye Kigali Today ko abantu bafatanwe inzoga zitari ku rutonde rw’ibiyobyabwenge ariko zitemewe gucururizwa mu Rwanda bagirwa inama kugira ngo babireke ariko ngo bacibwa amande ava ku bihumbi 50 kuzamura bitewe n’ingano y’inzoga yafatanwe.

Yongeraho ko abagore ari ishingiro ry’umuryango, kuba abagore bijandika mu bikorwa nk’ibi bigayitse kandi birahindukira bikabagiraho ingaruka kuko abana babo babinywa barangiza nabo ubwabo bakaba babakubita.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

nimubahane ariko muce inkoni izamba ntakudi barikubigenza

bineza yanditse ku itariki ya: 2-04-2014  →  Musubize

YOOOOOOOOOOOOO IMANA IBOROHEREZE ERE UBUZIMA BUZATURISHA NAKATARIBWA MWABANTU MWE IBAZE INYUNGU YA 4000 MUBANA BARINDWI IMANA IBOROHEREZE UBUZIMA NI DANGER

NANA yanditse ku itariki ya: 2-04-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka