Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko cyagize uruhare mu guhashya inzara yatumaga abaturage bo bice bimwe na bimwe by’u Rwanda basuhukira mu tundi turere no mu bihugu bidukikije.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu mu Karere ka Musanze burashima uruhare rukomeye urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha (RYVCPO) bagira mu kurwanya ibyaha.
Abaturage bo mu Kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze barasaba akarere ko bishyurwa imitungo yabo mbere y’uko umuhanda uva kuri Mont Nyiramagumba kugeza ku Musanze ukorwa.
Ubuyobozi bukuru bwa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru burasaba abagenzacyaha n’abashinjacyaha bo muri iyo ntara kunoza imikoranire hagati yabo mu gutegura amadosiye, kugira ngo babashe gutanga ubutabera bwifuzwa ku baturage.
Imirimo yo kuvugurura Stade Ubworohererane y’Akarere ka Musanze yaratangiye kubaka ubwiherero, gutunganya amarembo no gufata amazi yose yinjiraga mu kibuga ni yo mirimo izakorwa mu cyiciro cya mbere izatwara miliyoni hafi 50.
Imihanda ya kaburimbo yo mu Mujyi wa Musanze, bemerewe na Perezida Paul Kagame, ifite uburebure bwa kilometero 15 igiye gukorwa mu cyiciro cya mbere, ikindi gice kingana n’ibirometero 10 kizakorwa mu cyiciro cya kabiri.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze, ku wa Kabiri tariki 21 Mata 2015 rwatesheje agaciro ubujurire bwa Bahame Hassan wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu na Kayitesi Judith wari umujyanama mu by’amategeko bwasabaga ko barekurwa bakaburana bari hanze.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Oda Gasinzigwa avuga ko uburenganzira n’imibereho myiza y’umwana bigomba kwitabwaho by’umwihariko mu mu bikorwa byo kugarura amahoro no gusana igihugu kivuye mu ntambara kuko ari we uhutazwa cyane kurusha abandi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga ko hari intambwe yatewe mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bishimangirwa n’ubwitabire bw’abaturage kandi n’uko inkunga yo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yiyongereye igera ku miliyoni hafi 31 ivuye kuri miliyoni 18 zakusanyijwe umwaka ushize.
Nyuma y’uko ubuyobozi n’inzego zishinzwe umutekano zihagurukiye abasore bamburaga abaturage no ku manywa y’ihangu biyise “Abanyarirenga “muri Nyarubande, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, ubu abaturage baratangaza ko bafite umutekano usesuye.
Imiryango 102 ituye mu birwa byo Kiyaga cya Ruhondo igiye kwimurwa kugira ngo ibashe kwegerezwa ibikorwaremezo by’ibanze, bityo n’ikiyaga kibashe kubungabungwa kuko iyo bahinze isuri imanukana ubutaka bukajya mu kiyaga.
Abarokotse Jenoside bo mu Karere ka Musanze barasaba ubuyobozi kubafasha gushyingura mu cyubahiro imibiri isaga 800 y’Abatutsi biciwe ku Rukiko rw’Ubujurire rwa Ruhengeri bakundaga kwita Cour d’Appel mu w’1994 ndetse hanashyirwe ikimenyetso kigaragaraza ubwicanyi bwahabereye.
Nyuma y’uko amazi atwaye umugore kuri uyu 12 Mata 2015, imvura yaguye mu bice by’ibirunga yatumye amazi amanuka ari menshi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 13 Mata 2015 inzu eshanu zirarengerwa.
Umuyobozi wa Brigade ya 305 ikorera mu Karere ka Musanze n’igice cya Burera, Brig. Gen. Hodari Johnson arakangurira Abanyarwanda gufatira urugero rwiza rw’ubumwe n’ubwiyunge ku ngabo z’igihugu aho abari bahanganye babaye abavandimwe bakaba batahiriza umugozi umwe.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, avuga ko abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bagihari ariko nta shingiro bafite kuko Umuryango Mpuzamahanga na Kambanda Jean wayoboraga guverinoma yiyise “Iy’abatabazi” bemeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu rukiko.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ruhengeri bumurika indirimbo y’amashusho ikubiyemo amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri ibyo bitaro, kuri uyu wa 09 Mata 2015, bwatangaje ko buzakora ibishoboka byose kugira ngo ayo mateka atazibagirana.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze bamaze gusobanukirwa n’akamaro k’uburezi bw’abana babo, aho bakorera abandi baturage bifite kugira ngo babashe kwishyurira abana amafaranga y’ishuri ibihumbi 25 ku gihembwe mu mashuri y’incuke.
Senateri Uyisenga Charles avuga ko ibikorwa byo gukorana n’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda byagaragaye mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Cyuve bitoneka abarokotse Jenoside bagifite ibikomere yabasigiye.
Umugore witwa Mukabucyana Penina amaze imyaka itanu atabana n’uwari umugabo we w’isezerano witwa Ntakiyimana Ezechia, wamutaye ajya gushaka undi mugore kubera ko nyirabukwe atishimiye ko yabyaye abakobwa gusa kandi we yarashakaga abyara umuhungu.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda muri gahunda yayo y’umurimo unoze yashyizeho abajyanama mu by’ubucuruzi bafasha by’umwihariko abagore n’urubyiruko mu gutegura imishinga yo gusaba inguzanyo mu bigo by’imari. Ngo ibi bizafasha gukangurira Abanyarwanda gukora ubucuruzi byunganire Leta guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze busaba abagore baharitswe kwirinda amakimbirane bakemera gusangira umugabo mu ituze, ariko abakobwa batarashaka bakabuzwa guharikwa abagore bagenzi babo.
Umusaza w’imyaka 60, umwe bahoze mu mutwe wa FDLR ukuze kurusha abandi basezerewe ku wa 31Werurwe 2015 mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, afite ikibazo cy’uko azabaho mu masaziro ye nyuma y’igihe kinini yataye ntacyo akora ngo ateganyirije ejo hazaza.
Abahoze mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda ikorera mu Burasizuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) basoje ingando zaberaga mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo mu Karere ka Musanze basabwe kutitinya bagafatana urunana n’abandi Banyarwanda mu kubaka igihugu cyabo.
Umuyobozi w’Ishuri rikuru rya Polisi riri mu Karere ka Musanze, CP Félix Namuhoranye atangaza ko ishuri rya Polisi ry’ubugenzacyaha (CID School) rizafasha abagenzacyaha kwiyungura ubumenyi bagakora amadosiye anoze yo gushyikiriza ubushinjacyaha.
Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) buratangaza ko bufite gahunda yo kuzaganira n’abahagarariye ibitangazamakuru, ababishinze n’ababikoramo kugira ngo bungurane ibitekerezo ku guteza imbere itangazamakuru ry’umwuga.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko udushya mu burezi tuzagira uruhare mu kuzamura ireme ry’uburezi dushakira igisubizo bimwe mu bibazo byari bikigaragara mu myigishirize hirya no hino mu gihugu.
Minisitiri Wungirije ushinzwe umutekano w’imbere n’impunzi mu gihugu cya Zambiya, Lt. Col. Panji Kaunda atangaza ko impunzi z’Abanyarwanda ziba muri icyo gihugu ntiziramuka zanze gutahuka mu Rwanda ntizinasabe ibyangombwa byo kuba mu gihugu (passport) zizacyurwa mu Rwanda ku ngufu.
Ikigo cya East Africa Exchange (EAX), tariki 25 Werurwe 2015, cyatanze imashini ebyiri zisukura umusaruro zikanawumisha kugira ngo utangirika utaragezwa ku isoko.
Bamwe mu banditsi bakuru bitabiriye amahugurwa ku gutunganya inkuru kuva tariki 23-25 Werurwe 2015 mu Karere ka Musanze, batangaza ko itangazamakuru ryo mu Rwanda rimaze gutera imbere bitewe n’uko abarikora bafite ubumenyi, uretse ko ubushobozi bw’ibitangazamakuru bukiri bukeya.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC), Peacemaker Mbungiramihigo arakangurira abayobozi b’ibitangazamakuru n’abanditsi bakuru kugira ubushishozi mu gihe batunganya inkuru zigenewe abasomyi babo, kugira ngo babagezeho amakuru y’ukuri kandi yujuje ibisabwa byose.