Guhenda kw’ibirayi byatumye n’ababihinga ku bwinshi batakibirya

Abaturage bo muri Bisate mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze baravuga ko batakirya ibirayi kubera uburyo bisigaye bihenze.

Muri aka gace ubu ikilo cy’ibirayi byitwa Kinigi kiragura 180Frw, mu gihe ubusanzwe batarenzaga 120Frw ku kiro, kuko ari hamwe mu hera ibirayi byinshi kandi byiza mu karere ka Musanze.

Ubuyobozi busobanura ko iyo ibirayi ari bice bituma igiciro kizamuka kuko biba bishakwa na benshi.
Ubuyobozi busobanura ko iyo ibirayi ari bice bituma igiciro kizamuka kuko biba bishakwa na benshi.

Abaturage bavuga ko kwiyongera kw’igiciro cy’ibirayi birimo kubagiraho ingaruka kuko batakibona ibyo barya bibahagije n’imiryango yabo.

Vunabandi Laurent wo mu mudugudu wa Bisate, yabwiye Kigalitoday ko kuba ibirayi bigeze ku 180Frw ku kiro ari ikibazo kuko batagishobora kugura ibibahagije.

Agira ati “Mbere twahahiraga ku mafaranga 120 se cyangwa 100, ubwo se 180 wahahiramo umuryango wawe ibiro bingahe? Turimo kubura ibyo turya, kubera nkatwe twejeje kuko ibyo twateye byajunjamye, none wabonahe ibindi biryo.”

Abaturage bo muri Bisate mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze baravuga ko batakirya ibirayi kubera uburyo bisigaye bihenze.
Abaturage bo muri Bisate mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze baravuga ko batakirya ibirayi kubera uburyo bisigaye bihenze.

Ndatimana Alphonse nawe utuye muri aka gace avuga ko ikibazo cy’ibirayi kibahangayikishije kubera ko byarumbye muri uyu mwaka.

Ati “Nk’ubu ngubu ubukungu bwacu inahangaha n’ibirayi, none ushobora gusanga nk’abantu barya ibirayi ari 10%, nawe urebe kugirango uhahe ikiro cya 180 kandi waramenyereye 100 n’ikibazo gikomeye.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kinigi Nsengimana Aimable, asobanura ko kuba ikiro cy’ibirayi kigeze ku 180Frw muri Bisate birimo guterwa n’uko bitaraboneka kandi bikaba bisanzwe ko igihe byabuze igiciro kizamuka kuko biba bikenewe na benshi.

Nubwo abatuye muri Bisate bavuga ko batakirya ibirayi kubera ko byahenze ku buryo ikiro cy'ibyitwa Kinigi bakigura ku mafaranga 180, ubusanzwe batarenza 120Frw.
Nubwo abatuye muri Bisate bavuga ko batakirya ibirayi kubera ko byahenze ku buryo ikiro cy’ibyitwa Kinigi bakigura ku mafaranga 180, ubusanzwe batarenza 120Frw.

Ati “Byaba ari ugukabya tuveze ko bidasanzwe kuko ntabwo ari ubwa mbere ikiro kigeze ku 180 na 200. Ni ukuvuga ngo hari igihe dushobora kweza ibirayi ariko no mutundi duce byeze, birumvikana ko igiciro kitazamuka cyane.”

Aba baturage bavuga ko imbuto bahawe arizo zatumye barumbya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka