Umuhanzi Danny Vumbi atangaza ko yishimira ko zimwe mu ndirimbo yandikira abahanzi batandukanye bo mu Rwanda zikundwa bigatuma n’abandi bahanzi bamwitabaza.
Umutesi Aisha niwe wambitswe ikamba rya Nyampinga w’Akarere ka Ruhango nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye, tariki ya 30 Ukwakira 2016.
Bamwe mu bahanzi batabashije kwitabira umuganda udasanzwe w’abahanzi wabereye i Nyanza, batangaza ko kuba batarawitabiriye bahombye byinshi.
Uwase Annick yegukanye ikamba rya Nyampinga w’ishuri ryisumbuye ry’imyuga rya IPRC Kigali TSS riherereye mu mujyi wa Kigali.
Itsinda rya Sauti Sol niryo ryegukanye intsinzi ku mwanya w’itsinda rihiga ayandi muri Afurika mu bihembo bya MTV AMAs 2016.
Abahanzi Charly na Nina batangaza ko Meddy atanga icyizere gikomeye cy’iterambere ry’umuziki nyarwanda nyuma yo kujya mu bahatanira ibihembo bya MTV AMAs.
Umuhanzikazi Grace Abayizera uzwi nka Young Grace agiye gusubukura guhanga imideli no kwigisha urubyiruko rubyifuza kudoda.
Studio Ingenzi yatangije gahunda y’ibitaramo ku bahanzi bakorana nayo mu rwego rwo kubafasha kurushaho kumenyekana no kwiyegereza abakunzi babo.
Mu Rwanda hagiye kubera iserukiramuco Mpuzamahanga rya Sinema rizahuriramo ibihugu by’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi, rizatangirwamo amahugurwa ku bakinnyi ba Filime Nyarwanda.
Abahanzi b’Abanyakenya bagize itsinda rya Sauti Sol batangaza ko nubwo baririmbiye Perezida Barack Obama bajyaga bamwoherereza indirimbo ntazumve.
Dorcas Dienda, wiyamamariza kuba Miss RD Congo, akomeje kwibasirwa n’Abanyekongo nyuma yo gutangaza ko abazungu barusha ubwenge abirabura.
Miss Kwizera Peace, igisonga cya mbere cya Nyampinga 2016, agiye kumurika igitabo yanditse gikangurira abana gusoma no gukunda umurimo bakiri bato.
Itsinda rya Urban Boys ryegukanye Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya gatandatu rihabwa miliyoni 24Frw z’ibihembo.
Abahanzi Nyarwanda bazaririmba mu Iserukiramuco rya Muzika Kigali Up bishimiye kuzaririmbana n’ibyamamare mpuzamahanga bizaryitabira kuri iyi nshuro yaryo ya gatandatu.
Bamwe mu basizi bo mu Rwanda basanga ubusizi buramutse bushyizwemo imbaraga nk’izishyirwa mu bundi buhanzi na bwo bwatera imbere.
Umukino wagaragaje ivanguramoko “Apartheid” muri Afurika y’Epfo ni wo wababaje benshi mu bitabiriye Ubumuntu Arts Festival kuri uyu wa 15 Nyakanga 2016.
Hateguwe igitaramo muri Kigali cyo kwibuka ibyamamare mu muziki Michael Jackson na Papa Wemba kubera ibikorwa byabaranze.
Umutare Gaby ntiyemeranya na Young Grace watangaje ko uburanga bwe buhebuje aribwo bwamuteye kumushyira mu mashusho y’indirimbo ye “Ataha he”.
Umuhanzi Maurix aratangaza ko nyuma yo kugaragara mu mashusho y’indirimbo “Tera imbuto y’urukundo” arenganura umuntu mu rurukiko, bamwe mu bakunzi be batangiye kumwiyambaza ngo abunganire mu manza.
Serivisi mbi, avuga ko zirimo gutunganyirizwa nabi indirimbo no kuzitindana, zatumye umuhanzi Lil G ashinga iye studio.
Umuhanzi Kavutse Olivier na Amanda Fung bakoze urubuga rw’ibijyanye n’ubukwe bwabo buzaba kuwa gatandatu utaha tariki 9 Nyakanga 2016.
Indirimbo Papa Wemba, umuhanzi wafatwaga nk’Umwami wa Lumba, yasize akoranye na Diamond bise “Chacun pour soi” yagiye hanze kuri uyu wa 24 Kamena 2016.
Judith Heard arasaba abakobwa binjira mu mwuga wo kumurika imideli kwitondera ababagana, kuko hari abababeshya kubateza imbere nyamara bishakira ibindi.
Senderi International Hit aherutse gutangariza abafana be ko yabonye umugabo w’ibigango umugira inama akanamurinda ariko aya makuru akomeje kuba urujijo.
Butera Knowless ari mubyishimo byo kwaguka kwa muzika kuko ari we muhanzi nyarwanda rukumbi ku rutonde rw’abahatanira ibihembo muri Nijeriya.
Umunyambanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC), Lt. Col. Rugambwa Patrice, yashimiye Abanyamwulire muri Rwamagana ubutwari bwabaranze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba kubukomeza kugira ngo batsinde ingaruka zayo.
Muri Nyampinga w’u Rwanda 2017 hazashyirwa imbaraga mu by’i Rwanda kurusha iby’amahanga nk’uko bitangazwa na Dr Jacques Nzabonimpa ushinzwe Umuco mu Nteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco (RALC).
Patrick Nyamitari ababazwa n’uko abahanzi Nyarwanda badasoma ngo bongere ubumenyi, kuri we agasanga bituma muzika Nyarwanda itagera ku rwego mpuzamahanga.
Nyuma y’uko irushanwa rya “Salax Awards” ryirengeje umwaka ritabaye, abayobozi baryo baratangaza ko barimo kunoza uburyo buzatuma ritongera kudindira nk’uko byagenze umwaka ushize wa 2015.