Diamond Platinumz atangaza ko agiye gufasha abaririmbyi bo mu Rwanda gucuruza indirimbo zabo binyuze ku rubuga rwa interineti yatangije rwitwa wasafi.com.
Miss Umuhoza Simbi Fanique yatangiye gushyira mu bikorwa umushinga we wo gufasha abafite ubumuga, atangiza shampiyona yabo y’umupira w’amaguru.
Umuryango w’umuhanzi Kizito Buzizi wanditse ibaruwa ihagarika indirimbo ye “Rukundo Bambe” itsinda rya Trezzor riherutse gusubiramo kuko bayisubiyemo ngo nta ruhusa babasabye.
Umuhanzi Senderi ubwo yari ari mu Stade i Nyamirambo yaguriye abanyeshuri bari bahari ibisugiti na shikareti barishima babyinana nawe biratinda.
Umuhanzi Ntarindwa Diogene wamenyekanye nka Atome cyangwa Gasumuni yabuze se umubyara witabye Imana azize uburwayi.
Alice Nyiramajyambere uboha imyenda, ibishora, amasogisi n’ibyo kwiyorosa akoresheje ubudodo, yabitangiye afite imyaka itandatu none abanyamahanga basigaye bamugana akabambika.
Umunyarwenya Arthur Nkusi uzwi nka Rutura, yateguye igitaramo yise “Seka Live” akaba ateganya ko kizaba iserukiramuco ry’urwenya mu myaka itaha.
Mu gikorwa cyo kumurika imideli kizwi nka Kigali Fashion Week kigiye kongera kubera mu Rwanda hazamurikwamo imideli itandukanye ariko hanamurikwemo imodoka.
Umuhanzi Said Braza, aherutse kwivugira ko yaretse ibiyobyabwenge, yongeye kubifatirwamo, nyuma yo kuva Iwawa kugira ngo afashwe kubireka, ari nawe wisabiye kujyanwayo.
Iserukiramuco rya Filime rya Mashariki African Film Festival (MAAFF) rigiye kongera kubera mu Rwanda guhera ku itariki ya 25 kugera 31 Werurwe 2017.
Umuhanzi wo mu Rwanda, Ngarukiye Daniel atangaza ko Abanyaburayi baha agaciro umuhanzi w’Umunyafurika iyo yerekana gakondo mu bihangano bye.
Nyampinga w’Umuco mu Rwanda, Mutoni Jane yegukanye umwanya w’igisonga cya mbere mu marushanwa y’ubwiza ya Nyampinga w’Umuco ku isi yabereye muri Afurika y’epfo.
Abahanzi 56 bo mu Rwanda baririmba mu njyana zitandukanye bagiye gukora indirimbo zihamagarira abantu gusigasira ururimi rw’Ikinyarwanda.
Abaharanira iterambere ry’abahanzi mu Rwanda bavuga ko ntaho byabaye ko umuhanzi agomba guha amafaranga Radio ngo ibone gucuranga ibihangano bye.
Marchal Ujeku uvuka ku kirwa cya Nkombo yahisemo kuririmba mu rurimi rwaho kugira ngo n’abahavuka bahihakana babone ko ari ahantu nk’ahandi.
Nisengwe Nadia umubyeyi wa Karangwa Natacha, umwana ufite impano y’ubusizi, asanga ari inshingano z’umubyeyi gushyigikira umwana mu mpano afite.
Muri iki gihe abantu batandukanye biganjemo ibyamamare bakunze kwambara amadarubindi arinda izuba (sunglasses/fumées) ariko hari bamwe batazi inkomoko yayo.
Ntihabose Ismael wari umuyobozi w’agateganyo w’Inama Nkuru y’Abahanzi (Rwanda Art Council) yongeye kugirirwa icyizere atorerwa kuyiyobora imyaka itanu.
Ubuyobozi bwa Chorale de Kigali butangaza ko hari byinshi byiza bari gutegura, bahishiye abazitabira igitaramo cyayo kizaba tariki 18 Ukuboza 2016.
Umuhanzi wo mu Rwanda Cecile Kayirebwa na Jef Neve w’Umubiligi biteguye guha abari bwitabire igitaramo cyabo umuziki uyunguruye uhuza imico yombi.
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye igiye kongera gutora Nyampinga uhiga abandi mu bwiza no mu buhanga nyuma y’imyaka itatu idakora icyo gikorwa.
Igitaramo cyo kumurika album “Adam & Eva” ya Urban Boys cyagombaga kubera mu Mujyi wa Huye muri Hotel Credo kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza 2016 cyasubitswe.
Edouin Sabuhoro ufasha abahoze ari ba Rushimusi gusubira mu buzima busanzwe, avuga ko yabitewe n’ubukene yakuriyemo bituma yiyemeza gufasha abandi.
Umuririmbyi Tom Close atangaza ko indirimbo yise “Ferrari” yashyize hanze, ayiririmba agira inama abakundana kutagendera ku mafaranga cyangwa ubutunzi.
Mastola, ukora akazi ko gutunganya umuziki avuga ko afite inzozi zo guhindura imikorere y’umuziki wo mu Rwanda ukagera ku rundi rwego.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly avuga ko adatewe ubwoba n’abakobwa bazitabira irushanwa rya Nyampinga w’Isi (Miss World),u Rwanda ruzitabira ku nshuro ya mbere.
Umuryango wa Knowless na Ishimwe Clement wamaze kwibaruka umwana wabo w’imfura w’umukobwa ku wa kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2016.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyateguye ibirori byo gushimira umuryango w’Abanyamerika umaze gusura Ingagi zo mu birunga inshuro 100.
Umuraperi Danny Nanone atangaza ko umukobwa yifuza wazamubera umutima w’urugo ari umukobwa w’umutima aho kuba asa n’inzobe cyangwa igikara gusa.
Bobo Bonfils atangaza ko agiye kumurika umuzingo w’indirimbo ze (Album) ku buntu mu rwego rwo gutura igitambo ashimira Imana.