Umuhanzikazi Phiona Mbabazi yatangaje ko nta rukundo rwigeze ruba hagati ye na Mico, ahubwo ko babikoze bashaka kuvugwa cyane.
Miss Rwanda, Elsa Iradukunda atangaza ko irushanwa ryo koga yatangije rizatuma uwo mukino ugera ku rundi rwego kuburyo n’abawukina basohokera u Rwanda.
Mu rwego rwo gushishikariza abakobwa gukora siporo cyane cyane iyo koga, Miss Rwanda, Iradukunda Elsa agiye gutangiza irushanwa ngarukamwaka ryo koga.
Laura Musanase, ukina yitwa Nikuze muri filime Nyarwanda yitwa “City Maid”, avuga ko asigaye ahura na bamwe mu bakunzi b’iyo filime bakarira kubera ibyo akina muri iyo filime.
Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka irenga ine ataba mu Rwanda, yageze i Kigali yakirwa n’abantu batandukanye bigaragara ko bari bamukumbuye.
Abagize itsinda ry’abaririmbyi rya "Dream Boys" batangaza ko nyuma yo kwegukana irushanwa rya Primus Guma Guma Superstar 2017 bari mu bikorwa bitandukanye byo kwagura umuziki wabo.
Akon, umuririmbyi wo muri Amerika (USA) ufite inkomoko muri Senegal agiye kuza mu Rwanda kwitabira “Youth Connekt Africa Summit" izaba tariki 19 -21 Nyakanga 2017.
Urubyiruko rukunda Mutamuliza Annonciata uzwi nka Kamaliza, rwateguye igitaramo cyo kumwibuka no gufasha umuryango we kizabera muri Serena Hotel i Kigali tariki 12 Kanama 2017.
Abantu ibihumbi n’ibihumbi bari bitabiriye igitaramo cya Rwanda Fiesta cyabereye i Nyamata mu Bugesera abenshi muri bo byagaragaraga ko bajyanwe no kureba umuririmbyi Diamond.
Umuhanzikazi Young Grace yatangaje ko agiye gushinga Televiziyo ye azita Young Grace TV, ikaba izatangira muri uyu mwaka wa 2017.
Ama G The Black atangaza ko nyuma yo gutandukana n’umugore we nta rungu afite kuko ngo asigaye arimarwa n’inkoko ze na tereviziyo.
Kuri ubu umuryango wa Tom Close na Niyonshuti Ange Tricia uri mu byishimo nyuma yo kwibaruka undi mwana.
Ubwo irushanwa ryo kuririmba rya Primus Guma Guma Guma Superstar 7 (PGGSS7) ryasozwaga habayeho gutungurana ugereranyije n’ibyo bamwe bari biteze.
Umuririmbyi Yvan Buravan yigaramye iby’urukundo bivugwa ko yaba afitanye n’umukobwa witwa Hoza Idol, avuga ko uwo mukobwa bataziranye.
Abitabira Rwanda Day igiye kubera mu Bubiligi barataramirwa n’abahanzi batandukanye barimo abo mu Rwanda n’abandi baba muri icyo gihugu.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda afite gahunda yo gukomeza kuvuza abantu barwaye “Ishaza” mu jisho kuko ngo hakiri benshi bakeneye kuvurwa.
James Cameron wanditse akanayobora filime “Titanic” yasohotse mu 1997, yajyanwe mu nkiko azira kuba yaribye igitekerezo cyo gukora iyo filime yakunzwe.
Umuhanzi Diamond Platinumz yatangiye gucururiza indirimbo abahanzi bo mu Rwanda ahereye ku muhanzi DJ Pius.
Abaririmbyi Charly na Nina batangaza ko iyo bafite akazi kenshi kuryama babyibagirwa ku buryo ngo bashobora kuryama amasaha ane cyangwa ari munsi yayo.
Dusabejambo Clementine, niwe Munyarwanda wenyine ugaragara ku rutonde rw’abahatanira ibihembo bya filime byitwa AMAA (The Africa Movie Academy Awards).
Muyoboke Alex ahakana yivuye inyuma amakuru avuga ko yaba agiye gutandukana na Charly na Nina agahamya ko ari ibinyoma byambaye ubusa.
Abahanzi b’abaririmbyi bavuga ko batari basobanukirwa n’imikorere ya sosiyete yashyizweho yitwa RSAU (Society of Authors) izajya yishyuza abacuranga indirimbo zabo.
Umuhanzi Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close yahimbye indirimbo yise “Igikomere” ivuga ku bikomere abantu bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi.
Umuhanzi Teta Diana yashyize hanze amashusho y’indirimbo "Birangwa" (Video), indirimbo yahimbiye se umubyara witabye Imana Teta akiri muto.
Guhitamo abazahatanira ibihembo bya sinema nyafurika byitwa AMAA (The Africa Movie Academy Awards) bigiye kubera mu Rwanda muri Gicurasi.
Umunyarwenya Kayitankore Njoli uzwi nka Kanyombya atangaza ko nyuma yo kubatizwa, ubu yitegura gukina filime azakinamo ari Yesu.
Abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2017 (PGGSS7) basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, banatanga sheki y’ibihumbi 500RWf.
Umuhanzi Danny Vumbi afatanyije na Bruce Melody bashyize hanze indirimbo yitwa “Twibuke twubaka” ijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Nyampinga w’u Rwanda 2017, Elsa Iradukunda yafatanyije na Ndayisaba Fabrice Foundation mu rugendo rwo kwibuka abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Umuraperi Navio wo muri Uganda atangaza ko yifuza gukorana indirimbo n’abaririmbyi bo mu Rwanda mbere yo gusubira iwabo ku buryo ngo hari nabo batangiye kuganira.