Ubuyobozi bwa Police n’ubw’akarere ka Karongi burasaba abafatanyabikorwa b’akarere kubahiriza gahunda yo gutanga ku gihe raporo z’umutekano kuko kutabikora bigaragaza ko abantu batazi agaciro k’umutekano.
Mu karere ka Karongi batangiye gusiza ikibanza cy’ahazubakwa inzu y’urubyiruko y’ibyumba 25 izubakwa mu byiciro, icya mbere kikazatwara miliyoni 120FRW ku nkunga ya World Vision.
Mu karere ka Karongi bizihije umunsi w’Intwari baremera abatishoboye kuko ngo nta butwari butagira ibikorwa. Ku rwego rw’akarere ibirori byabereye mu murenge wa Murambi hanabereye ikindi gikorwa cyo gutangiza ibikorwa byo kurwanya SIDA.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi bo mu mudugudu wa Kivomo akagari ka Gitarama, umurenge wa Bwishyura mu karere Karongi baravuga ko ubuyobozi bwabatereranye, ntibwabafashe gutunganya aho ababo bari barajugunywe none ubu ngo hasigaye hakinirwa umupira n’insoresore zo mu gasantire ka Gitarama.
Umubitsi n’umucungamari ba SACCO y’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bacumbikiwe kuri station ya Polisi y’akarere ka Karongi, nyuma yo kwiguriza amafaranga ya SACCO nta burengenzira. Kesiyeri we afunze azira kubakingira ikibaba.
Umuyobozi w’Ishuli ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command and Staff College), Brigadier General Mupenzi Jean Jacques, yabwiye Abanyakarongi ko inshingano z’ingabo z’u Rwanda zitagarukira gusa ku kurinda ubusugire bw’igihugu ahubwo zifite n’uruhare mu iterambere ryacyo.
Intumwa za RDF Command and Staff College (Ishuli Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama) zirashima intambwe akarere ka Karongi kamaze gutera mu nzego zitandukanye harimo ikoranabuhanga, uburezi, ubuzima, ibikorwaremezo, ubukungu n’ibindi.
Abanyeshuli 12 n’abarimu bane baturutse mu ishuli ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command Staff College) bari mu karere ka Karongi mu ruzinduko rugamije kureba aho akarere kageze mu iterambere.
Nyuma y’igihe kirekire itegerejwe, plage mpimbano ya Nyakariba biteganyijwe ko izatahwa ku mugaragaro hagati y’itariki 8-9 Gashyantare 2013. Ibirori byo kuyitaha bizabera rimwe n’igikorwa cyo gutangiza ubukerarugendo na sports mu Kivu.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi buratangaza ko buzizihiza Umunsi w’Intwari tariki ya 01 Gashyantare bamurika ibikorwa bamaze kugeraho mu mihigo ya 2012-2013.
Ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi burasaba abaturage kwikubita agashyi bakitabira umuganda ari benshi kuko bamaze kudohoka bigaragara.
Nyuma y’inama y’umunsi umwe yabereye mu mujyi wa Kibuye tariki 22/01/2013 hagati y’ubuyobozi bw’akarere n’ubwa Mount Kenya University, impande zombi zemeranyijwe ko mu byumweru bitatu iyi kaminuza izatangira gutanga amasomo atandukanye mu mujyi wa Kibuye.
Ubwo yari mu karere ka Karongi kuri uyu wa 22/01/2013, mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza n’Itorero ryo ku Rugerero, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuahanga, Nsengimana Jean Philbert, yatangaje ko kuyobora ari ibya buri wese kubera ko Abanyarwanda bose batahiriza umugozi umwe.
Kuri uyu wa kabili tariki 22/01/2013, mu karere ka Karongi biteguye kwakira Ministre w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Philbert, ugomba gutangiza Itorero ryo ku rugerero.
Abashinzwe gushyira mu bikorwa umushinga wo kuvoma gaz methane mu Kivu (Kivu Watt) mu karere ka Karongi baratangaza ko gaz itakibashije kuboneka mu ntangiriro za 2013 nk’uko byari byitezwe.
Mu masaha yo ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 18/01/2013, inkumi iri munsi y’imyaka 25 yanyweye inzoga aho bita mu kajagari mu murenge wa Bwishyura hakunze kuba abakobwa bigurisha, ubundi si uguteza akavuyo mu muhanda biratinda.
Ubuyobozi bw’ikigo cya Leta Kigisha imyuga n’ikoranabuhanga IPRC West, ishami rya Karongi buratangaza ko ikigo gifite intego yo gufatanya n’akarere kuzazamura umujyi wa Kibuye mu nzego zitandukanye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) gifite gahunda yo gutangiza ubukerarugendo na siporo mu Kivu, hagamijwe gukurura ba mukerarugendo benshi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwatangiye kugenzura niba nta bantu bakorera ibikorwa bitandukanye ku nkengero z’i Kivu ahatemewe bigatuma icyo kiyaga cyangirika.
Mu mudugudu wa Nyagasambu, akagali ka Rugobagoba, umurenge wa Ruganda mu karere Karongi, nta mashanyarazi ahabarizwa, ariko hari umusore wabashije kwikorera salon de coiffure ikoresha ingufu za batiri y’imodoka.
Mu karere ka Karongi kuri uyu wa mbere tariki 07/01/2013, habaye impinduka mu buyobozi bw’ibanze ku rwego rw’imirenge aho abanyamabanga Nshingwabikorwa batatu basimburanye ku mirimo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko hari gahunda yo kubaka uruganda rutunganya icyayi mu murenge wa Rugabano, umwe mu mirenge imaze gutera imbere mu buhinzi bw’icyayi.
Abayobozi b’akarere n’aba gisirikare mu karere ka Karongi basabye abayobozi ku rwego rw’ibanze n’ibindi byiciro bitandukanye by’abaturage kujya bihutira gutanga amakuru, igihe babonye abantu badasanzwe bazwi mu tugari n’imidugudu.
Umusore witwa Kazungu Robert arangije amashuli yisumbuye muri ETO Kibuye ubu isigaye yitwa (IPRC West-Karongi Campus) amaze iminsi mike avumbuye uburyo bwo kuzimya amatara akoresheje telefone igendanwa.
Hashize igihe kitagera ku kwezi indi ICT Telecenter ifunguye imiryango mu mujyi wa Kibuye nyuma y’izindi ebyiri zari zihasanzwe. Imwe y’umuntu wikorera iri mu mujyi hagati, indi iri mu nkengero z’umujyi ikaba ari iya RDB.
Ku bitaro bikuru bya Kibuye mu karere ka Karongi harwariye abagabo babili bo mu murenge wa Bwishyura batewe ibyuma saa sita n’igice z’ijoro tariki 01/01/2013 bivuye ku mvururu zatewe nuko umwe muri bo yinjiye umugore w’undi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko ubufatanye hagati y’ubuyobozi bw’ibanze n’abihaye Imana ari ikimenyetso cyiza cy’ubwuzuzanye bukenewe mu Rwanda.
Amatsinda ane y’abantu bagize inama y’umutekano itaguye mu karere ka Karongi, basuye imirenge ine (Murundi, Murambi, Gashari na Ruganda), bakorana inama n’abayobozi b’ibanze, babasaba kudaha icyuho ibihuha bivuga ko muri Karongi haba harinjiye abacengezi ba FDLR.
Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ingufu n’Amazi, Isumbingabo Emma Françoise, yasabye abanyeshuli barangije Itorero mu karere ka Karongi gukomeza kurangwa n’ubutore ku rugerero kuko ari nayo ntego nyamukuru y’Itorero.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi Kayumba Bernard arasaba urubyiruko kutazapfusha ubusa amahirwe rwagize yo gukurira mu bihe u Rwanda rufite ubuyobozi bwiza.