Mu gihe hasigaye iminsi mike icyiciro cya mbere cyo kuvoma gaz methane mu Kivu kigatanga umusaruro, Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba, Kabahizi Célestin, arasaba Abanya-Karongi kutazakoresha umurirmo utangwa na gaz bacana amatara gusa.
KARONGI: Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yateye inkunga ya miliyoni 1,6 impfubyi za Jenoside
Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga irahugura abakora muri service z’ubuzima mu Ntara y’Uburengerazuba ngo babashe gutanga serivisi nziza ku bantu bafite ubumuga, cyane cyane ku gikorwa cyo kwipimisha ku bushake agakoko gatera SIDA (VCT).
Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba, Célestin Kabahizi, aratangaza ko ibura ry’umuriro rya hato na hato ryabangamiraga akazi muri iyo Ntara, rigiye kubonerwa igisubizo kirambye, nk’uko byagarutsweho mu nama y’umutekano yaguye y’Intara y’i Burengerazuba, kuwa Gatatu tariki 28/11/2012.
abayobozi n’abikorera batuye mu murenge wa Murambi wo mu karere ka Karongi, biyemeje kuwuhindurira isura y’ubukene wari usanzwe uzwiho, bakawuteza imbere, nk’uko babyemereye mu mwiherero w’umunsi umwe wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Utugari twose tugize akarere ka Karongi twizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe maze imiryango itishoboye ihabwa inka n’ihene mu birori byabaye tariki 25/11/2012.
Urubanza ubushinjacyaha buregamo abayobozi batanu b’intara y’uburengerazuba bashinjwa gutanga amasoko ya Leta mu buryo budasobanutse rwimuriwe tariki 4/12/2012. Urukiko rwavuze ko rugikeneye umwanya wo kurwiga neza kandi abaregwa bose uko ari batanu ntago bari bahari.
Hagati mu cyumweru gishize imvura n’umuyaga byagushije igiti cya rutura ku gisenye cy’inzu ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Uburengerazuba bwakoreragamo mu karere ka Karongi hangirika ibikoresho byo mu biro.
Abikorera biganjemo abacuruzi bo mu karere ka Nyamasheke bakoreye urugendoshuli mu ka karere ka Karongi birebera iterambere abikorera bagejeje ku mujyi wa Karongi kubera kwibumbira mu makoperative.
Mu mukino wa 1/4 cy’amarushanwa yo kwitegura isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ushinzwe wabaye tariki 10/11/2012 ikipe y’umupira w’amaguru y’abakobwa y’akarere ka Rutsiro yatsinze iya Karongi ibitego 4-3.
Umugabo witwa Nyawera Céléstin w’imyaka 57 y’amavuko ari mu maboko ya police kuri station ya Karongi ashinjwa kwica umugore n’abana babili b’abahungu ba mukuru we.
Umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi kuri uyu wa kane wahawe ishimwe n’akarere ka Karongi kubera ko uri ku isonga mu bwisungane bwo kwivuza (mutuelle) mu kwaka wa 2012-2013, aho ugeze ku 100%.
Mu Karere ka Karongi kuwa gatandatu tariki 03/11/2012 habereye amarushanwa asoza imyiteguro y’isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze uvutse. Umunsi waranzwe n’amarushanwa anyuranye arimo siporo zitandukanye, indirimbo, imbyino n’imvigugo.
Abantu hafi 10 baguwe gitumo n’ubuyobozi barimo kunywa inzoga mu masaha y’akazi tariki 01/11/2012 mu kagari ka Nyarusazi ho mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi.
Niyihaba Thomas wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugabano ubu ni we Munyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi.
Umurenge wa Bwishyura wo mu karere ka Karongi wafashe icymezo cyo gutema ibiti bishaje byabaga ku muhanda no kubiteza cyamunara, kugira ngo birinde impanuka zashoboraga kubiturukaho muri iki gihe imvura igwa ari nyinshi.
Abacuruzi barakangurirwa kudafungiza utwuma dufata impapuro mu gihe bari gufunga ambalaje zirimo ibiribwa, kuko bishobora guteza impanuka bikaba byanahitana ubuzima bw’abantu.
Rwabukwandi Orcella Marie Christelle w’imyaka 10 y’amavuko yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo koga mu Kivu mu karere ka Karongi tariki 14/10/2012.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi, Protais Ndindabahizi, yegujwe azize kugaragaraho imyitwarire idakwiye umuyobozi, arwana n’umuturage ayobora mu kabari.
Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga mu Itorero ry’igihugu arahamagarira urubyiruko rw’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi guharanira kutagira ubwenge bwo mu ishuli gusa ahubwo bugaherekezwa n’ubutore.
Amazu arenga 25 yasenyutse ndetse n’abana 12 bakurizamo kugira ihahamuka biturutse ku mvura irimo inkuba n’umuyaga yaguye mu mpera z’icyumweru gishize mu kagari ka Nyarusazi, umurenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi.
Nyuma y’uko uburobyi mu kiyaga cya Kivu busubukuwe, igiciro cy’isambaza ku kiro cyavuye ku mafaranga 1500 kijya ku mafaranga 1250. Nyuma y’amasaha make uburobyi busubukuwe tariki 02/10/2012, umurobyi wa mbere yahise aroba ibiro 120.
Nyuma y’amezi abiri uburobyi mu kiyaga cya Kivu buhagaritswe kubera amafi yari amaze kuba make, tariki 02/10/2012, i Kivu cyongeye gufungurwa ku mugaragaro.
Abasheshe akanguhe bo mu karere ka Karongi ngo bafite icyizere ko Leta izashyira mu bikorwa icyifuzo cyabo cy’uko amafaranga y’izabukuru (pension) yagenwa hakurikijwe ibihe tugezemo kubera ko n’ubuzima busigaye buhenze.
Visi Perezida w’Inteko Ishingamategeko umutwe w’Abadepite, Kankera Marie Josée, asanga umuganda utagira uruhare gusa mu kubaka igihugu, ahubwo ari n’umuyoboro wo gusabana kw’Abanyarwanda.
Akarere ka Karongi gafite umwihariko utaboneka mu tundi turere tw’Intara y’Uurengerazuba, wo kuba mu tugari twose uko ari 88 harimo byibuze koperative imwe y’urubyiruko.
Abashora imari mu bikorwa bashobora kugera ku ntego yabo ari uko biyemeje kugera ku ntego bakabifatira ibyemezo, nk’uko babikanguriwe n’Urugaga rw’Abikorera (PSF), ubwo hatangizwaga y’amarushanwa y’imishinga ku rwego rw’akarere, kuwa kane tariki 20/09/2012.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro amarushanwa y’imishinga ku bikorera mu turere kuri uyu wa kane tariki 20/09/2012, umuyobozi w’akarere ka Karongi yashimye urugaga rw’abikorera (PSF) kubera uruhare rukomeye rukomeje kugira mu guteza imbere abikorera muri Karongi.
Abayobozi b’akarere ka Karongi, ab’umurenge wa Rugabano n’ingabo z’u Rwanda bifatanyije bubakira inzu umusaza utishoboye witwa Murikamahiri Athanase wari utuye mu kabande ahantu yahoraga ahura n’ibibazo by’ibiza.
Itorero Délivrance mu karere ka Karongi ryakoreye ubuvugizi abayoboke baryo basaga 400 muri Banki ya Kigali kugira ngo babashe guhabwa inguzanyo yo kwikenura.