Abana biga mu mashuri yisumbuye barihirwa n’Imbuto Foundation basuye ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC-South) tariki ya 07/12/2014, mu rwego rwo kubereka agaciro n’impamvu Leta y’u Rwanda ishyira ingufu mu kwigisha amasomo y’ubumenyingiro.
Minisitiri w‘ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Gerardine Mukeshimana aratangaza ko ikigo cy’Abashinwa gikorera mu kigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi (RAB) ishami rya Rubona kigiye kongererwa imyaka ibiri yo gukorana n’Abanyarwanda, kugira ngo ikoranabuhanga batangije ritazazima bamaze kwigendera.
Bamwe mu baturage bo mu kagali ka Nyumba mu murenge wa Gishamvu mu karere ka Huye bemeza ko igiti cyitiriwe amahoro bateye mu mwaka wa 2007 mu gihe cy’imanza za Gacaca cyababibyemo ubumwe n’ubwiyunge mu miryango.
Mukamparaye Anastasie w’imyaka 52 y’amavuko yiyemerera ko yari agiye kurogesha musaza we amuziza kumwima umunani mu masambu ababyeyi babasigiye.
Abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye barihirwa amafaranga y’ishuri n’Imbuto Foundation bateraniye mu ihuriro bagenewe n’umuterankunga wabo Imbuto Foundation muri ibi biruhuko, mu ihuriro riri kubera muri rwunge rw’amashuri yubumbuye rwa Butare GSOB.
Nyuma yo gushinja bagenzi be kumwandikira sms z’iterabwoba, umunyeshuri wo muri G.S. Gatagara yatahuwe ko ari we wabwiyandikiraga maze ahanishwa igifungo cy’imyaka ibiri.
Ubwo yagendereraga akarere ka Huye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr. Alvera Mukabaramba, yavuze ko yishimiye uburyo mu Karere ka Huye basaranganya ingengo y’imari baba bahawe mu gufasha abatishoboye.
Uruganda “Huye Mountain Coffee” rutunganya Kawa rwagabiye abahinzi baruzanira Kawa, inka, ibikoresho ndetse n’agahimbazamusyi k’amafaranga, mu rwego rwo gusangiza abahinzi ba kawa ku nyungu babonye mu ikawa babaguriye bakayitunganya hanyuma bakayijyana ku isoko mpuzamahanga.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Nyumba mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye buratangaza ko bwasanze gukorana n’inzego z’abagore mu gukusanya imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bitanga umusaruro.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruhashya buratangaza ko babashije kurwanya ubujura bw’inka babikesha guhoza ijisho ku bakekwaho kuba ari bo biba. Ni nyuma y’uko mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Huye hagiye haboneka ubujura bw’inka bukabije mu minsi yashize.
Mu bari barashakanye batandukana muri iki gihe, hagenda habonekamo abo bivugwa ko bafashijwe na bagenzi babo kwiga, hanyuma bamara kubona akazi bagasaba ubutane.
Icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge i Huye cyagaragayemo ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge bifatika, ari naho haherewe hifuzwa ko ibikorwa nk’ibyo bitajya bikorwa mu gihe cy’icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge gusa.
N’ubwo abanyehuye bishimira ko hari byinshi byiza bagezwaho na serivisi z’ubutabera, baracyafite imbogamizi yo kuba hari bamwe batemerewe kuburanira mu rukiko rw’ibanze rwo mu karere batuyemo, ahubwo bakajya kuburanira mu rwo mu Karere ka Gisagara.
Bosco Habumugisha wo mu Mudugudu wa Rutare, Akagari ka Buvumu, mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye, aherutse gutanga imbabazi ku bangije imitungo y’ababyeyi be mu gihe cya jenoside. Izo mbabazi yatanze ku batazimusabye ni iz’amafaranga asaga ibihumbi 700 bagombaga kumwishyura.
Guhera mu mpera z’uku kwezi za Ugushyingo 2014, ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro IPRC-South riri mu karere ka Huye rizatangira guhugura abantu mu myuga itandukanye mu gihe cy’amezi atatu kandi nta mafaranga bazatanga.
Alexandre Kayumba, umufundi wubaka muri sitade Huye, kuri uyu wa gatatu tariki ya 12/11/2014 yari yivuganywe na mugenzi we bakorana mu mirimo y’ubwubatsi muri sitade Huye bita Remy, bapfa ibibazo byo kudahembwa.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugène aratangaza ko iyo umuturage yishe mugenzi we nawe aba yiyishe, bityo akabasaba kubana mu mahoro.
Mu rwego rwo gushyigikira gahunda yo kugaburira abana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) kugira ngo babashe gufatira amafunguro ya saa sita ku ishuri, ku bigo by’amashuri by’i Huye 35 byose birebwa n’iyi gahunda hakozwe umuganda wo guhinga imyaka izaherwaho mu kugaburira aba banyeshuri bagarutse ku (…)
Théodore Habimana, umuyobozi ushinzwe amahugurwa mu kigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), avuga ko abize iby’ubuhinzi ubworozi n’amashyamba (EAV) mu mashuri yisumbuye, bagomba gukomereza amasomo yabo muri IPRC kugira ngo bongere ubumenyi mu myuga baba bize, bityo babashe gufasha Abaturarwanda.
Umusaza Anastase Sebujangwe umaze hafi imyaka 40 akora umwuga w’ubucuzi avuga ko n’ubwo hari abawusuzugura wamugejeje kuri byinshi, ndetse n’urubyiruko yagiye yigisha ruri gutera imbere.
Abaturage bo mu Karere ka Huye bahawe inka muri gahunda ya Girinka bakabasha kuzifata neza, hanyuma na zo zikabakura mu bukene, bishimira cyane aho bamaze kugera babikesha izo nka.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye baratangaza ko kuzigama bidasaba ko umuntu aba yarenzwe. Abavuga gutya babihera ku ko babasha kwizigamira muri Koperative Umurenge Sacco yo mu murenge batuyemo nyamara urebye batagira amafaranga menshi.
Abanyehuye bakora umwuga w’ubucuzi binubira abagura ibyuma bitagifite umumaro bakunze kwita injyamani bakabijyana mu gihugu cya Uganda, kuko ngo batuma babura bimwe mu bikoresho ubundi bifashisha mu mwuga wabo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA) kivuga ko gihangayikishijwe n’iyangizwa ry’ibidukikije ndetse n’umwanda ukigaragara hamwe na hamwe haba ku misozi n’ahantu hahurira abantu benshi.
Ikusanyirizo ry’amata ry’i Rusatira “Agira gitereka” ry’abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Huye, rigurisha amata riba ryakusanyije, ariko rikanagenera abana barangwa n’imirire mibi amata yo kunywa.
Abanyeshuri babiri b’abakobwa biga mu mwaka wa gatandatu mu rwunge rw’amashuri rwa Gatagara, i Huye, bakurikiranyweho icyaha cyo gutera mugenzi wabo bigana ubwoba bamwandikira ubutumwa bugufi kuri telefone bamubwira ko bazamwica, kandi ko batazatuma akora ibizamini bya Leta.
Binyujijwe kuri Rotary Club ya Butare, Ibitaro bya Kaminuza by’i Helsinki mu gihugu cya Finland, hamwe na Rotary Club y’i Helsinki City West, bageneye ibikoresho ibitaro bikuru bya Kaminuza by’i Butare (CHUB).
Abasheshe akanguhe bo mu karere ka Huye bagaya umuco wo kwicana no gukimbirana bikomeye usigaye ugaragara mu ngo zimwe na zimwe zo mu Rwanda, bakanagaya urubyiruko rwokamwe n’ubusambanyi no kunywa ibiyobyabwenge.
Mu gihe mu gihugu cy’u Rwanda hariho gahunda yo gushishikariza abantu guhinga imirima yose mu rwego rwo kurwanya inzara no kwihaza mu biribwa, mu karere ka Huye haracyaboneka ibishanga biri ku buso butari butoya bidahinze.
Kuba akarere ka Huye gakwiye ibindi bitaro, uretse ibya Kabutare na byo bikwiye kuvugururwa, byagaragajwe n’abagize komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage mu mutwe wa sena, ubwo bagendereraga ibi bitaro tariki 09/10/2014.