Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Huye bafite impungenge ko inka zabo zizabapfana zizize indwara y’igifuruto bitewe n’uko inkingo ziyikingira zashize, mu gihe hirya no hino mu gihugu havugwa icyorezo cy’igifuruto muri iki gihe kandi uburyo bwiza bwo kuyirinda bukaba ari urukingo.
Abagize Centre igiti cy’ubugingo babazwa no kuba abanyamuryango b’amakoperative baha inka muri gahunda yo kubafasha kwiteza imbere batazifata neza bitewe no kuzisiganira.
Abakoze imwe mu mirimo ijyanye n’iyubakwa ry’imihanda mishya yo mu Mujyi wa Huye baratangaza ko nyuma y’ubuvugizi bakorewe ubu bari guhabwa ibirarane by’imishahara yabo.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare burasaba abafite ubuzima n’ubushobozi kutirengagiza abarwaye kuko ntawe uzi icyo ahazaza hamuzigamiye.
Umuryango wa Baziriwabo Aléxis wo mu Karere ka Huye mu Murenge wa Rwaniro, Akagari ka Cyibiraro, Umudugudu wa Nyarunyinya, umaze umwaka n’amezi atatu mu bitaro, ariko bibaza aho bazataha n’uko bazabaho nibataha. Impamvu ni uko uretse kuba ntacyo bafite cyo kuzabatunga, n’abo bari baturanye bose bimutse.
Mu Kagari ka Rango B mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, ku wa kabiri tariki ya 04/03/2015 hatoraguwe umurambo w’umugore uri mu kigero cy’imyaka 30 mu musarani washaje.
Bamwe mu barwarije mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) binubira ko bahabwa gahunda yo kuvuza (rendez-vous) ariko baza bagasabwa kuzagaruka ikindi gihe.
Mu rwego rwo kurengera ibidukikije ndese no kubyaza umusaruro imyanda, mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Karere ka Huye, IPRC-South, batangiye kubyaza ibisigazwa by’ibarizo imbaho (panneaux) zo kwifashishwa hakorwa ibikoresho bisanzwe n’ubundi bikorwa mu mbaho.
Inyubako zizakorerwamo n’ikigo Isange Rehabilitation Center cyagenewe kuvurirwamo abantu basabitswe n’ibiyobyabwenge zimaze kuzura. Iki kigo cyubatswe mu Mujyi wa Butare i Ngoma hafi y’ahari ivuriro rya Polisi.
Mu Mudugudu wa Cyayove, Akagari ka Mwurire, Umurenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye aho bakunda kwita “ku mukobwa mwiza”, mu masaha ya saa kumi z’umugoroba wo ku cyumweru tariki ya 25/01/2015 habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa coaster ifite ibiyiranga RAC 551 H, abari bayirimo barakomereka, batanu bakaba baraye mu (…)
Abayobozi mu Karere ka Huye baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’inzoga z’inkorano zifatwa nk’ibiyobyabwenge zikomeje kugaragara hirya no hino, kandi abazikora bakarushaho kugenda biyongera.
Byakunze kugaragara ko mu bizamini bya Leta abana biga mu mashuri abanza mu bigo byigenga batsinda kurusha abiga mu mashuri ya Leta. Abayobozi b’ibigo bavuga ko ahanini bituruka ku kuba abiga mu bigo byigenga bagira igihe gihagije cyo kuba bari ku ishuri bakanabasha gusubiramo amasomo.
Abaturage bo mu karere ka Huye biyemeje kwegeranya umusanzu w’ibiribwa n’uw’amafaranga kugira ngo bafahe abana batabasha gufatira amafunguro ya sa sita ku ishuri, nyuma yo kubona ko hari abana abana biga mu myaka icyenda na 12 y’uburezi bwibanze byagoraga.
Sitasiyo ya polisi ikorera mu Murenge wa Ngoma mu Mujyi wa Butare mu Karere ka Huye yakoze umukwabu wo gufata abagurishiriza terefone zakoreshejwe (occasion) ahitwa mu Rwabayanga mu rwego rwo kugabanya ubujura bwa za terefone bugenda bwiyongera.
Abenga inzoga z’ibiyobyabwenge bamwe bita nyirantare abandi bakazita ibikwangari bavuga ko babiterwa n’uko iyo benze iz’ibitoki baziburira icyashara kuko ngo abakiriya babo bikundira izi za nyirantare.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Huye batekereza ko urubyiruko rukwiye kujya rwigishwa kuboneza urubyaro.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali aributsa urubyiruko ko ubutore butagaragarira mu magambo ahubwo bugaragazwa n’ibikorwa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Huye, Védaste Nshimiyimana aratangaza ko uyu mwaka wa 2015 uzarangira byinshi mu bikorwa byo kuvugurura umujyi wa Butare birangiye.
Nyuma y’imyaka igera kuri 14 umuryango Variopinto w’Abatariyani ufasha ahari muri Segiteri ya Tumba, ubu hakaba ari mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, ubu noneho komini baturukamo ya Limbiante yiyemeje kugirana umubano n’Akarere ka Huye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye buvuga ko bushobora kuzemerera abaturage kororera amafi mu rugomero rw’amazi rwo mu gishanga cya Cyiri.
Nyuma y’uko Abanyehuye basezeranyijwe ko gare bari kubakirwa na KVSS izatahwa muri Mata 2014 ariko ntibishoboke, ubu noneho ngo izatangira kwifashishwa mu mpera z’ukwezi gutaha kwa Gashyantare.
Abarokotse Jenoside batishoboye bo mu karere ka Huye bari kubakirwa kuri ubu bazataha mu mazu yubakishije amatafari ahiye. Ibi ntibyari bisanzwe kuko abagiye bubakirwa mu minsi yashize bafite amazu y’amatafari ya rukarakara.
Viviane Mukampore, umuhinzi wabigize umwuga wo mu karere ka Huye, aratangaza ko ubuhinzi bushobora gutunga umuntu aramutse abugize umwuga.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bya gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12ybe) byo mu Karere ka Huye bavuga ko hari abanyeshuri bangiza ibikorwaremezo byo ku mashuri bigaho, batumwa ababyeyi kugira ngo bazabirihe bagahitamo guta ishuri. Icyo gihe igikurikiraho ngo ni ukujya kwingingira umunyeshuri kugaruka.
Ku biro bya Polisi ya Murambi mu murenge wa Murambi mu karere ka Rulindo, hafungiye umusore w’imyaka 32, wo mu murenge wa Masoro, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya ku gahato umwana wo mu muryango we ku ijoro rya Noheri tariki 24/12/2014.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugène Kayiranga Muzuka, aratangaza ko aka karere kafashe ingamba z’uko abarimu bazajya bakarabya abana baje ku ishuri basa nabi, nyuma y’aho inama y’umushyikirano iherutse yemereje ko isuku ikwiye kwitabwaho.
Abana bo mu Murenge wa Huye bafite ikibazo cy’imirire mibi, ni ukuvuga abari mu ibara ry’umuhondo n’iritukura, bahawe Noheri bagaburirwa ibiryo birimo intungamubiri zose umubiri ukenera, ababyeyi babo bagirwa inama kuko bagomba kwitwara kugira ngo abana babo bagire ubuzima bwiza.
Abaturage bo mu Karere ka Huye bagaragarijwe amafoto yafashwe n’urubyiruko rwo mu Karere ka Huye rwiga mu mashuri yisumbuye no muri kaminuza ndetse n’urutiga afite ubutumwa butandukanye buganisha ku mahoro, rubishishikarijwe n’umuryango Never Again Rwanda binyuze mu marushanwa.
Hakizimana Soter Céléstin, umunyarwanda uba mu gihugu cya Niger aratangaza ko akurikije uko u Rwanda rumaze gutera imbere asanga nta mpamvu yatuma umunyarwanda akomeza kwitwa impunzi.
Minisitiri w’umuco na Siporo, Joseph Habineza yifatanyije na Club Ibisumizi kuri uyu wa 13/12/2014 batangiza ubukerarugendo na siporo ku musozi wa Huye mu rwego rwo kumenyekanisha amateka y’aho hantu nyaburanga.