Kirenga Chris, ishimwe Ange, Kayitare Jean Michel Toussaint na Ingabire Tricia ni bo banyeshuri bazahagararira abandi bo mu Turere twa Nyanza na Huye mu marushanwa ku rwego rw’Akarere k’ibiyaga bigari ku bijyanye no kuvugira mu ruhame (public speaking).
Mu minsi yashize, ahitwa i Cyarwa ho mu murenge wa Tumba mu karere ka Huye, haguye amahindu adasanzwe atobora amazu yangiza n’imyaka myinshi ku gasozi, ku buryo bamwe mu baturage bo muri aka gace basigaye iheruheru.
Nyuma y’igihe kinini havugwa ko abatuye i Sovu mu murenge wa Huye, akarere ka Huye, bazimurwa kugira ngo haboneke ahazubakwa inganda, miriyoni zisaga magana atanu zo kubishyura zarabonetse.
Amafaranga yari agenewe kuvugurura sitade Huye si ko yabonetse yose, ku buryo imirimo y’icyiciro cya mbere iri gukorwa izasiga ikibuga cyo gukiniraho n’aho kwicara bareba umupira gusa.
Abarimu bo ku ishuri Ste Mary’s High School Kiruhura bavuga ko batishimira guhatirwa kujya muri Koperative Umwarimu Sacco, ahubwo ko bakwiye kurekerwa uburenganzira bwo guhitamo kujya muri iyi koperative bitewe n’ibyiza bayibonamo.
Ubwo komisiyo y’abadepite ishinzwe uburezi, ikoranabuhanga, umuco n’urubyiruko yasuraga amashuri yo mu Karere ka Huye y’icyitegererezo mu kwigisha siyanse, ku itatiki ya 13/2/2014, yasanze mu mbogamizi aya mashuri afite harimo ibitabo bikeya no kutagira ibikenewe byose muri laboratwari.
Bamwe mu bahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Kigoma, bavuga ko nyir’uruganda rutunganya ikawa, Bufcoffee, yabasabye kwegeranya amafaranga ibihumbi bitanu buri wese kugira ngo azabashe kuboroza ingurube, nyamara ngo hashize imyaka itatu atarubahiriza isezerano kandi we yarakiriye amafaranga.
Uwitwa Mukankurikiyimfura Merena utuye mu mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Karambi ho mu Murenge wa Kigoma, mu Karere ka Huye, ashimira Nyakubahwa Paul Kagame ko yamukuye muri Nyakatsi.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya ubu bakaba baracumbikiwe i Ruhashya ho mu Karere ka Huye, ari naho bazubakirwa, bishimira ko ubuyobozi n’abaturage basanze babagaragarije umutima wa kivandimwe.
Hashize imyaka igera kuri itanu uruganda rwahoze rukora ibibiriti ruzwi ku izina rya SORWAL rufunzwe kubera kutabasha kwishyura imisoro rwasabwaga.
Nsabiyaremye Jean de Dieu, umuyobozi w’umudugudu wa Rwerinka, Akagari ka Bwinza ho mu Murenge wa Kinazi, mu Karere ka Huye, yiyemeje guha imbabazi abamwangirije imitungo mu gihe cya Jenoside barenga ijana kandi batazimusabye.
Urubyiruko rwo mu karere ka Huye rwasobanuriwe ko uru rumuri rw’icyizere bashikirijwe ari urubashishikariza kuva mu mwijima w’amacakubiri babibwemo bakibagirwa Ubunyarwanda bubahuza bagaha intebe amoko abatanya.
Ahagana ku isaha ya saa cyenda z’ijoro mu gitondo cy’itariki ya 24/1/2014, ikamyo y’ibeni yagonze inzu ahitwa i Tumba hafi y’aho itagisi zitwa abajya Tumba zikatira, maze inkuta z’inzu zigwira umwana w’umusore wari uyiryamyemo arapfa.
Abanyeshuri n’abarezi bo mu kigo cyigisha imyuga cy’i Huye, IPRC-South, basobanuriwe icyo gahunda "Ndi Umunyarwanda"igamije, banabwirwa ko atari iyo guhatira Abantu gusaba imbabazi cyangwa kuzitanga, ubwo iyi gahunda yatangizwaga muri iki kigo kuri uyu wa Gatanu tariki 17/1/2014.
Ikamyo yari ihetse imizigo iyikuye Mombasa iyijyana ku ruganda rwa sima ruherereye mu Bugarama, yagwiriye umunyegare wari utwaye ibicuruzwa mu mujyi wa Butare ahita yitaba Imana.
Nyuma yo gufunga amwe mu mazu y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Butare kugira ngo azasimbuzwe amashyashya yubatse ku buryo bwa etaji, ntibyoroheye bamwe mu bayakoreragamo kubona ahandi hantu ho gukorera imirimo yabo y’ubucuruzi.
Alphonse Ntirushwamaboko utuye mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, ku gicamunsi cyo ku itariki ya 9/1/2014 yagerageje kwiyahuza aside yakuye mu mabuye y’iradiyo kuko ngo yananiwe kureka inzoga.
Mu gishanga cya Nyirakiyanzi ho mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma, Akarere ka Huye, hatoraguwe umurambo w’uwitwaga Nzabarinda Celestin wari uzwi ku izina rya Gapenzi. Igice cyo hejuru cy’umubiri we cyari gitabye mu misitwe y’intabire y’umuceri.
Imirimo yo kubaka Sitade Huye igeze kure. Abahagarariye sosiyete yitwa EEG, ari na yo iri kubaka iyi sitade, bavuga ko nta kibuza, ukwezi kwa Mata kuzashira irangiye neza, ishobora no gukinirwamo.
Nsabimana w’imyaka 25 yatemye umukecuru w’imyaka 60 witwaga Spéciose Nyirahuku, amukuraho umutwe, ngo amuziza kumuroga no kumurogera abe.
Umukobwa witwa Uwitonze Tereza w’imyaka 19 yibarutse abana batatu ku itariki ya 7/12/2013. Kuva icyo gihe kugeza uyu munsi, ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare ari naho yabyariye ntiburamusezerera kuko butizeye uko aba bana bazabaho.
Nyuma y’igihe kitari gitoya ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwizeza gare abagatuyemo n’abakagendamo, noneho iri kubakwa na KVSS, ibitewemo inkunga n’inkeragutabara (reserve force) izaba ishobora kwifashishwa mu kwezi kwa 3/2014.
Nyuma y’imyaka hafi 20 uwitwa Roza Burizihiza abana n’agahinda ku mutima katumaga yumva atabona uwitwa Umuhutu wese imbere ye kubera ukuntu bamwe muri bo bamuhemukiye mu gihe cya Jenoside, ubu noneho yiyunze n’abaturanyi be, kandi ibi byahinduye benshi.
Nyuma y’imyaka irindwi umuryango AMI ukorana n’abaturage bo mu Mirenge yose igize Akarere ka Huye, muri gahunda yo guhuriza hamwe abahemutse ndetse n’abahemukiwe mu gihe cya Jenoside, uyu muryango ngo ugiye kugabanya aho wakoreraga. Impamvu ni ukuba umuterankunga w’uyu mushinga yarahagaritse inkunga.
Mu rwego rwo kurwanya inzoga z’inkorano zituma abantu basinda cyane bagata ubwenge bikabaviramo ibikorwa by’urugomo, polisi y’i Huye, ifatanyije n’ingabo z’igihugu zihakorera, tariki 24/12/2013 yamennye bene izi nzoga zingana na litiro 2800.
Ngo hari ababona umuntu ucecetse bidasanzwe bakamwita umufilozofe, babona uwambaye uko yishakiye bakamwita umufilozofe, ariko ngo ntabwo aribyo kuko ubundi umufilozofe ngo ari umuntu uba afite ibitekerezo biri ku rwego rwo hejuru kandi uba akwiye kumvwa kuko amurikira sosiyeti nk’uko Dr. Nzeyimana Isaïe w’umuhanga muri (…)
Minisitiri w’umutekano w’igihugu Fazil Harerimana arahamagarira abikorera n’uturere kurushaho kugirana ubufatanye mu bikorwa by’iterambere, ariko agashimangira ko ubwo bufatanye bugomba no kuba hagati y’abikorera ubwabo.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza RGB, Rwanda Governance Board, bwagaragaje ko Abaturarwanda bishimira ko hari intambwe igaragara yatewe mu kubagezaho serivisi nziza ariko hakaba hari ibikwiye gushyirwamo imbaraga kurushaho kuko bitaragerwaho ku buryo buhagije.
Abatuye ndetse n’abagenda mu mujyi wa Huye baratangaza ko amatara rusange ari muri uyu mujyi no mu nkengero zawo ari igisubizo ku bibazo by’ubujura bwakorwaga nijoro bakaba basaba ko yakomeza akagezwa kure kuko agarukira hafi.
Bahujwe n’umuryango AMI, abacitse ku icumu n’abari barafungiwe icyaha cya Jenoside bo mu Kagari ka Shyembe, Umurenge wa Maraba, Akarere ka Huye, bemeranyijwe kwishyura imitungo yangijwe ku buryo bw’imibyizi yo guhinga kuko ngo bibafitiye akamaro cyane.