Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi, Marie Sonange Kayisire, arasaba abayobozi kuba urugero rw’abo bayobora kuko ari byo byafasha guhindura imyumvire y’abaturage, bakarushaho kwiteza imbere no kugira ubuzima bwiza.
Imibiri 10 y’abana barohamye muri Nyabarongo ku wa 17 Nyakanga 2023, bashyinguwe mu cyubahiro, nyuma y’iminsi ibiri bashakishwa.
Imibiri 10 y’abana bari bamaze iminsi itatu barohamye mu mugezi wa Nyabarongo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, yabonetse yose, ikaba ishyingurwa mu cyubahiro, kuri uyu wa 19 Nyakanga 2023, nyuma yo kurohorwa bamaze kwitaba Imana.
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko amadosiye menshi y’abantu bakurikiranwaho ibyaha mu Rwanda, baba bataragize amahirwe yo kwiga kugeza mu mashuri yisumbuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abana babarirwa babarirwa mu 10, bari mu bwato bwavaga mu Murenge wa Mushishiro bwerekeza m’uwa Ndaro mu Karere ka Ngororero, barohamye mu mugezi wa Nyabarongo.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku bidukikije (APEFA), burasaba abaturage bahawe amatungo magufi mu Turere twa Ruhango, Nyanza, Gisagara na Kamonyi aho uwo mushinga ukorera, kwihutira kuyagarura mu miryango yabo, kuko bayahawe ngo abateze imbere atari ayo kugurisha.
Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga ibidukikije (REMA), kibinyujije mu mushinga Green Amayaga wo gutera amashyamba no gusubiranya urusobe rw’ibinyabuzima mu gice cy’Amayaga, cyatangije amarushanwa y’umupira w’amaguru arimo gukorerwamo ubukangurambaga bugamije gushishikariza abagenerwabikorwa b’umushinga, gufata neza ibikorwa (…)
Abayobozi b’Intara y’Amajyepfo baravuga ko bazakomeza kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, kandi bazagera ku ntego bifashishije ubukangurambaga bwatangijwe na Polisi y’Igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko kugira ngo abaturage n’abayobozi bajyane mu rugamba rwo kwibohora ingoyi y’ubukene, hagamijwe iterambere, bisaba kwemera kugendera ku mpanuro Umukuru w’Igihugu Paul Kagame atanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero burasaba abaturage gukomeza kugira ubumwe, mu rwego rwo gukomeza urugamba rwo kwibohora mu iterambere n’imibanire myiza, kuko ubwo bumwe ari inkingi ya mwamba izabafasha kurinda ibyamaze kugerwaho.
Umugabo witwa Masabo Kayisinga wo mu Murenge wa Mushishiro muri Muhanga, yaguye mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, mu nzu y’uwari uherutse kumucumbikira, bigakekwa ko yari arwaye avuye kwa muganga i Kabgayi.
Abaturage b’Akarere ka Ngororero barishimira kwizihiza isabukuru ya 29 yo Kwibohora, bataha ibyumba by’amashuri y’incuke, n’ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyange, banenga uwari padiri mukuru wa Paruwasi ya Nyange, Seromba Athanase n’abakirisitu yayobora bijanditse.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngororero yemeje ingengo y’imari nshya isaga Miliyari 33Frw, izakoreshwa hibandwa ku bikorwa byo gusana ibyangijwe n’ibiza, no guteza imbere ubuhinzi nk’umwuga utunze benshi mu baturage b’ako karere.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, aranenga uburyo Intara y’Amajyepfo igaragaza ko ifite inka zisaga ibihumbi 400, ariko zikaba zitanga gusa umukamo ubarirwa muri litiro z’amata ibihumbi 200 ku mwaka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, baravuga ko iyo babonye ababasura bakabafata mu mugongo bibongerera icyizere cyo kubaho, kandi ko kuba hari ababazirikana mu bihe bikomeye byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari ukubashyigikira.
Abafatanyabikorwa mu mishinga yo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu Karere ka Ruhango, barasaba abaturage gufata neza ibiti batererwa by’amashyamba n’iby’imbuto ziribwa, kugira ngo bagire uruhare mu kurwanya ingaruka ziterwa no kwangiza ibidukikije.
Abanyeshuri n’abarezi b’ishuri ryigenga ryitwa Les Poussins basuye banaremera abaherutse kwibasirwa n’ibiza bo mu Murenge wa Rugerero, mu Karere ka Rubavu, Intara y’Iburengerazuba.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kiratangaza ko kigiye gufatanya n’ikigo gihugura ku buhinzi bubungabunga ibidukikije cya Caritas ya Diyosezi ya Kabgayi, mu guteza imbere ubuhinzi butangiza ibidukikije (CEFOPPAK).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na mugenzi we wa Zambia Hakainde Hichilema, bagaragaje ukuntu ikoranabuhanga ryakemuye ikibazo cy’ingorabahizi, cyo kohererezanya amafaranga mu myaka yo hambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko ubushake bwa Politiki z’Ibihugu bya Afurika ari ingenzi mu kunoza no gushyira mu bikorwa amasezerano y’isoko rusange rya Afurika.
Abagize Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD), n’abagize imiryango yita ku bafite ubumuga mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe rwa Kabgayi, banaremera imiryango ibiri y’abafite ubumuga barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babaha inka.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yasshimiye Musenyeri Smaragde Mbonyintege wayoboye Diyosezi ya Kabgayi, anasaba Musenyeri mushya w’iyo Diyosezi, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, kugera ikirenge mu cy’uwo asimbuye ku buyobozi bwa Diyosezi ya Kabgayi.
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi ucyuye igihe, Musenyeri Simaragde Mbonyintege, yashimiye Perezida Kagame kuba yaramubaye hafi mu bikorwa bya Diyosezi, mu myaka 17 ishize ari umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi.
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango (JADF) n’ubuyobozi bw’Akarere, baravuga ko biyemeje gushyira hamwe bakareba uko umuturage yungukira mu bikorwa bihuriweho n’izo nzego, hagamijwe gukemura ibibazo byugarije imibereho myiza y’abaturage.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rwaburanishije imiryango isaga 200, ku kirego cyo kutagira ibyangombwa by’irangamimerere byatwikiwe mu biro by’izahoze ari Komini Mushubati, Buringa na Nyakabanda mu ntambara y’abacengezi mu myaka ya 1997-1998.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye bagabiye inka ebyiri imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye, mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango basanga mu gihe cyo kwibuka, hakwiye no kugarukwa ku mazina amwe y’abari bayoboye Jenoside kugira ngo hakomeze kugaragazwa ukuri kwayo.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwahamije uwitwa Rusumbabahizi wo mu Karere ka Ruhango, icyaha yo kwica umugore we n’umwana yari atwite, rumukatira igifungo cya burundu.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kamonyi barasaba ko igihe giteganyijwe cyo kumurika no gucuruza ibyo bakora cyakongerwa, kugira ngo ibyo baba bazanye babone umwanya wo kubicuruza no gukomeza guha amakuru ababagana.