rwanda elections 2013
kigalitoday

Bugesera: Abagabo bake bari mu nteko itora abagore ngo bibatera ishema

Yanditswe ku itariki ya: 18-09-2013 - Saa: 10:09'
Ibitekerezo ( 1 )

Abagabo bake bo mu karere ka Bugesera bari muri njyanama zitabira ibikorwa byo gutora abagore bazahagararira bagenzi babo mu nteko ishinga amategeko ngo baterwa ishemo n’icyo gikorwa.

Nkurunziza Runanira Gaspard avuga ko bimutera ishema kuba ari mu bagabo bake bitabira amatora y’abagore kuko ari uburenganzira bw’abo nabo bakaba bagomba kubashyigikira.

Yagize ati “nitabiriye ibikorwa byabo byo kwiyamamaza, nagiye ndeba abashoboye abafite ubumenyi kandi bigaragara ko yashobora kuvugira abamutumye, uwo natoye namutoye kuko mbona ko abishoboye”.

Nkurunziza Runanira Gaspard, umwe mu bagabo bake bagize inteko itora abagore mu karere ka Bugesera.
Nkurunziza Runanira Gaspard, umwe mu bagabo bake bagize inteko itora abagore mu karere ka Bugesera.

Uyu mugabo avuga ko uwo yatoye kandi atamutoreye ko ari umugore ahubwo yabonye ko afite ubushake n’ubushobozi bwo kuzavugira abagore n’Abanyarwanda muri rusange kandi bafite ibitekerezo byubaka.

Ati “Erega bose turabazi kuko batuye aha kandi bashyizwe ku rwego rwo kwiyamamariza ubudepite kuko babonye ko bashoboye kandi batazahagararira abagore n’Abanyabugesera gusa kuko ariho batorewe”.

Abajijwe niba nta pfunwe afite kuba ari abagabo babiri mu bagore bagera kuri 200 maze uwitwa Ntaganda Gonzarve asubiza ko ahubwo bimuha ishema kuko yatoranyijwe mu bagabo benshi ngo aze abahagararire.

Ntaganda Gonzarve nawe uri mu nteko y'abatora abagore mu karere ka Bugesera.
Ntaganda Gonzarve nawe uri mu nteko y’abatora abagore mu karere ka Bugesera.

Yabisobanuye muri aya magambo: “nk’uko nabo bajya badushyigikira mu bikorwa byinshi bitandukanye nta mpamvu nanjye ntabashyigikira, ni uburinganire n’ubwuzuzanye nabo bafite ibitekerezo byinshi tugomba kubashyigikira”.

Aba bagabo basaba abo bagore ko nibatorwa bazaba intumwa za rubanda, bakaba basabwa kwegera abaturage kugirango babashe kubateza imbere.

Egide Kayiranga



Andi makuru - Amatora y’abadepite 2013

- “Umubare wa 98% w’abatoye abadepite, ni ukuri nta bikabyo birimo” - Prof. Mbanda

- ICGLR yashimye imigendekere y’igikorwa cy’amatora y’abadepite muri rusange

- Uko gutora abadepite ba 2013 byatandukanye na 2008

- Ruhango: Barasaba ko gutora abagore byakorwa nk’uko bigenda mu matora rusange

- Nyanza: Abagore barasaba bagenzi babo batoye kuzabibuka babavuganira

- Bugesera: Gutinda kuzuza 2/3 byatumye amatora y’abagore atangira atinze

Ibitekerezo

nibyo muri abagabo b’ukuri kandi mugomba gushyigikira abagore banyu n’abana banyu.

icyo gusana nisabira abagore bagomba kugaragaza impinduka mu nteko aho kugenda bagashyushya intebe zaho.

kabanda yanditse ku itariki ya: 18-09-2013
Ohereza igitekerezo
Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.