Mu karere ka Bugesera amatora y’abazahagararira abagore mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, yatangiye saa tanu kubera ko abagize inteko itora batari buzuye 2/3 nk’uko amategeko abiteganya.
Uku gutinda kw’abagombaga kwitabira amatora ngo ntikwabangamiye amatora keretse abashakaga kubanza gutora hanyuma bakajya mu mirimo yabo; nk’uko bitangazwa na Kanyarugerero Antoine wari ukuriye ibiro by’itora byo mu kagari ka Nyamata Ville.
Kanyarugerero Antoine wari ukuriye ibiro by’itora byo mu kagari ka Nyamata Ville.
Yagize ati “Impamvu yo gutinda njye sinayimenya ariko nkeka ko yaba iterwa nuko abagore benshi baramukira mu mirimo yo murugo noneho bigatuma batinda”.
Kanyarugerero avuga ko bose atari kimwe kuko hari abagiye bazinduka hanyuma bigatuma bakerereza abandi, abo bazindutse ngo bakaba bashakaga kubanza gutora hanyuma bakikomereza akandi kazi nyuma.
Bamwe mu batoraga bari ku murongo abandi bicaye bahana umwanya.
Amatora y’abazahagararira abagore mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite yabaye tariki 17/09/2013 atandukanye n’ayabaye ku munsi ubanza kuko ay’uyu munsi yitabiriwe n’abahagarariye abagore mu midugudu hakiyongeraho inama njyanama y’akagari.
Indorerezi zitabiriye ayo matora.
Uwatoraga yinjiraga mu cyumba maze akerekana ikarita y’itora maze bakareba ko ari no kuri lisite, nta kashe ndetse nta n’ikimenyetso bamushyiragaho ku ntoki nk’uko byakorwaga ku munsi wabanje.
ARIKO AMATORA YABAYE BUGESERA YONYINE CYANGWA NIBO BAHANGA BAZI KWANDIKA? KO NTAHANDI MBONA COMMENTS NUKO NAZO BAFITE? ARIKO NIBYO HARI RADIO YAHAHOZE YITWA NYAMATA-MATIN NIBA IGIKORA, UBWO NIYO YOHEREZA IZI MESSAGES KUKO AMATIKU YO NI IBINTU BYAHO RWOSE.BURI WESE ABA YIGIZE RUMENYI.UBU KANDI WASANGA ABA BAGORE BATAJYA BASOMA NGO BAREBE IBIBAVUGWAHO?ESE KO IBI ARIBYO MWANDITSE KU RUBUGA NKURU MU TUBARE NO MU NGO MURAVUGA IBINGANA IKI? YEWEEEE MBA NDOGA RWABUGIRI NIMUGIRE MUHINDUKE AYA MAGAMBO ARASHAJE HASIGAYE UMWANYA WO GUKORA.