rwanda elections 2013
kigalitoday

Bugesera: PL irasaba Abanyarwanda kumenya uburenganzira bwabo no kudasigara inyuma

Yanditswe ku itariki ya: 3-09-2013 - Saa: 10:46'
Ibitekerezo ( )

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL), ubwo ryiyamamarizaga mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera ryasabye Abanyarwanda muri rusange kurushaho kumenya uburenganzira bwabo no kurangwa n’umuco wo kudasigara inyuma.

Ibi babisabwe na perezida w’ishyaka PL, Protais Mitari, ku gicamunsi cyo kuwa 2/9/2013 ubwo bari muri gahunda yo gushaka amajwi mu matora ateganyijwe tariki ya 16 Nzeri ngo rizabone imyanya myinshi mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite.

Yagize ati “ cyane cyane Abanyabugesera turabasaba kugendana n’iterambere akarere kabo karimo kugeraho badasigara inyuma”.

Bamwe mu bayobozi ba PL beretswe abatuye Bugesera.
Bamwe mu bayobozi ba PL beretswe abatuye Bugesera.

Perezida w’ishyaka PL Protais Mitali yabwiye abitabiriye ibikorwa byo kwamamaza ko igihe kigeze ngo abahagarariye iryo shyaka biyongere mu nteko ishinga amategeko kuko umusaruro abahoze mu nteko ishinga amategeko yacyuye igihe bagaragaje ushimishije, akaba ashima ababafashije kubona iyo myanya, anabasaba kongera kuzatora iryo shyaka.

Ishyaka PL ryanagaragaje zimwe muri gahunda ryazo nko kuzakomeza guharanira ko Umunyarwanda aba ishingiro ry’imiyoborere n’ibikorwa byose, agira uruhare mu kwishyiriraho ubuyobozi, binyuze mu matora .

PL izaharanira ko hajyaho inzego z’ubuyobozi bw’igihugu zifite inshingano zinoze, hirindwa igongana mu mikorere.

Byari ibyishimo ku barwanashyaka ba PL.
Byari ibyishimo ku barwanashyaka ba PL.

PL kandi izaharanira ko hajyaho gahunda ituma Umunyarwanda yiyumvamo « Ubunyarwanda », ibyo bigatuma abana kandi agakorana n’abandi neza, baharanira kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu muri rusange .

PL izaharanira igihe cyose ko amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside biranduka burundu, hakimakazwa ubutabera n’uburenganzira bwa muntu.

Bamwe mu bumvise ubwo butumwa basabye abiyamamaza ko nibaramuka batowe bazihutira gukora ubuvugizi mu bikorwa by’iterambere cyane cyane nk’umuhanda wa Kaburimbo uhuza akarere ka Bugesera n’utundi turere tw’igihugu nk’uko Musemakweri Leonce abivuga.

Abarwanashyaka ba PL bari benshi.
Abarwanashyaka ba PL bari benshi.

Ati “ndasaba ko basadukorera uyu muhanda uva i Nyamata ugakomeza ku Ruhuha ukagera mu karere ka Nyanza mu ntara y’amajyepfo kuko udufatiye runini mu buhahirane n’abandi”.

PL yasabye Abanyarwanda guhundaza amajwi ku bakandida-depite ba PL, mu matora agiye kuba, bakabona ingufu zituma bashyira mu bikorwa gahunda ya politiki PL yatangiye kugeza ku Banyarwanda.

Egide Kayiranga



Andi makuru - Amatora y’abadepite 2013

- “Umubare wa 98% w’abatoye abadepite, ni ukuri nta bikabyo birimo” - Prof. Mbanda

- ICGLR yashimye imigendekere y’igikorwa cy’amatora y’abadepite muri rusange

- Uko gutora abadepite ba 2013 byatandukanye na 2008

- Ruhango: Barasaba ko gutora abagore byakorwa nk’uko bigenda mu matora rusange

- Bugesera: Abagabo bake bari mu nteko itora abagore ngo bibatera ishema

- Nyanza: Abagore barasaba bagenzi babo batoye kuzabibuka babavuganira

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo
Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.