Umuryango imbuto Foundation n’abafatanyabikorwa bawo mu bijyanye n’uburezi batangije amahugurwa agenewe abarezi bo ku mugabane w’Africa mu bijyanye no gufasha abanyeshuri gushaka buruse mu mashuri yo hanze.
Perezida Paul Kagame avuga ko ingabo z’u Rwanda zidatorezwa kugira ngo zishoze intambara, ahubwo ngo zitorezwa kurinda igihugu kugira ngo hatagira uwagishozaho intambara.
Madamu Jeannette Kagame yasabye ko hashakwa uburyo imitungo y’abakecuru n’abasaza bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabungabungwa.
Umuryango ‘Imbuto Foundation’ hamwe n’Inama y’Igihugu y’Abana (NCC), basaba ababyeyi gutinyuka kubwira abana hakiri kare uko ibice by’ibanga by’imibiri yabo bikora.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS), yiyemeje gukura inzererezi mu mihanda bitarenze imyaka ibiri.
Kigali Today yabagereye i Bugesera,ahamaze iminsi hatangiye imirimo yo kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera, umwe mu mishinga minini u Rwanda rufite.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Nsanzumuhire Emmanuel n’abamwungirije bose beguriye icyarimwe, bakaba bakurikiye inkundura y’abayobozi b’uturere bamaze igihe begura.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside(CNLG), Dr Jean Damascene Bizimana avuga ko abarokotse Jenoside barenga ibihumbi icyenda bakuweho imyanya ndagabitsina.
Karerangabo Stanislas wo mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera afunzwe nyuma yo gutema inka ebyiri z’umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Zimwe mu mpunzi z’Abarundi zari zimaze ibyumweru bitatu zihungiye mu Rwanda, zahise zisurubira i Burundi igitaraganya zitahamaze kabiri.
Imwe mu nyubako za La Palisse y’i Gashora mu Karere ka Bugesera yakubiswe n’inkuba ku mugoroba wo kuri uyu wa kane, ihita ishya irakongoka.
Bamwe mu bana bakurwa mu muhanda bagasubizwa mu miryango yabo bongera gusubira mu muhanda kuko ngo ibyo bahunze mu miryango bongera kubisangamo.
Madame Jeannette Kagame arasaba ababyeyi guha abana babo umurage wo kubarihira amashuri, kuko ariwo murage w’ingenzi baba bahaye abana babo.
Kalisa Parfait wo mu Karere ka Bugesera yiyemeje kurengera ibidukikije afata amapine ashaje y’imodoka akayakoramo intebe zo kwicaraho mu ruganiriro.
Ikipe ya Bugesera FC itsinze Rayon Sports igitego 1-0 bituma Rayon Sports ibura amahirwe yo gusatira mukerab wayo APR FC.
Umuryango w’umusaza Sebarinda Leonard utuye i Ntarama mu Karere ka Bugesera, uri mu byishimo nyuma yo kubona umwana wabo wari warabuze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bakekaga ko yamuhitanye.
Igisonga cya gatatu muri Miss Rwanda 2017, Miss Kalimpinya Queen akomeje gushyira mu bikorwa umushinga yahize, ashyiraho itsinda ryigisha urubyiruko ubuzima bw’imyororokere.
Abakristu bo muri Paruwasi ya Ruhuha mu Bugesera bafite akanyamuneza kuko batazongera gusengera hanze nyuma yo gutaha Kiliziya basengeramo bisanzuye.
Abantu ibihumbi n’ibihumbi bari bitabiriye igitaramo cya Rwanda Fiesta cyabereye i Nyamata mu Bugesera abenshi muri bo byagaragaraga ko bajyanwe no kureba umuririmbyi Diamond.
Perezida w’inteko ishinga amategeko, Mukabarisa Donatille arashimira ingabo z’igihugu zakomeje gufasha abturage mu iterambere, nyuma yo kurokora abatari bake muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ababyeyi bo mu Karere ka Bugesera baravuga ko nta mashuri y’incuke ahagije bafite bigatuma babura aho bajyana abana babo.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) gitangaza ko kuba Ingabo z’u Rwanda (RDF) zitabira gutanga amaraso yo gufasha abarwayi bizatuma atazongera kubura.
Abakozi 120 bakoze ku nyubako nshya y’ibiro by’Akarere ka Bugesera, barishyuza amafaranga yabo angana na milliyoni 47RWf bamaze imyaka isaga itatu badahembwa.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’Abashinwa Kigali Leather Ltd rwa mbere mu Rwanda rukora inkweto mu mpu butangaza ko rwatangiye kubura impu.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itangaza ko igiye kujya ifatira ibihano ba rwiyemezamirimo batishyura abakozi baba bakoresheje.
Mu gitondo cya kuri iki cyumweru imwe nzu za Hotel La Palisse iherereye mu Mudugudu wa Buhoro mu Kagari ka Biryogo mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Abakozi n’abayobozi ba Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) bibutse abari abakozi b’iyo banki babarirwa muri 33 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abantu batanu bo mu Bugesera bari mu maboko ya Polisi bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside kubera amagambo babwiye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.